RFL
Kigali

Mani Martin yunamiye mu buryo bwihariye Papa Wemba

Yanditswe na: Seleman Nizeyimana
Taliki:29/04/2016 18:00
1


Nyuma y’iminsi itanu, nyakwigendera Papa Wemba, igihangage muri muzika ya Rumba atabarutse, umuhanzi Mani Martin yamaze gusubiramo indirimbo ‘Rail On’ ya Papa Wemba mu rwego rwo kumuha icyubahiro akwiye nk’umwe mu bahanzi bari ikitegererezo kuri we.



Mani Martin avuga ko azahora yibuka Papa Wemba nk’umubyeyi w’injyana ya Rumba, by’umwihariko umuhanzi waranzwe no guhuzaga injyana ya rumba n’umuziki ugezweho bikaryohera benshi , ndetse agafatwaho ikitegererezo n’abahanzi bo mu gihugu cye, mu Karere no muri Afrika yose.


Reba hano indirimbo 'Rail on' ya Papa Wemba yakunzwe mu myaka yo mu 1995, yasubiwemo(cover)na Mani Martin

Jules Shungu Wembadio Pene Kikumba wamamaye ku mazina ya Papa Wemba  yabonye izuba tariki ya 14 Kamena 1949 avukira ahitwa Lubefu, hari muri Congo mbiligi y’icyo gihe(Congo Belge), uyu mugabo yaje kwamamara ku rwego rw’isi, agafatwa nk’umubyeyi w’injyana ya rumba, gusa aherutse kutuvamo dore ko yatabarutse ku cyumweru tariki 24 Mata ubwo yagwaga ku rubyiniro mu iserukiramuco rya FEMUA mu gihugu cya Cote D’ivoire.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • samuel7 years ago
    kabisa yakoze ibintu byiza. nanjye rail on nsanzwe nyikunda cyane cyane iyo ndi kuyicurangira kuri acoustique. keep it up martin ndakwemeye noneho





Inyarwanda BACKGROUND