RFL
Kigali

Gisa cy’Inganzo yaba afungiwe muri 'Transit center' i Gikondo azira ibiyobyabwenge

Yanditswe na: Seleman Nizeyimana
Taliki:16/04/2015 14:34
8


Umuhanzi Gisa cy’Inganzo uzwiho kugira ijwi ryiza ariko kandi bikajyana n’amakuru menshi y’imyifatire ye idahwitse, kuri ubu yaba aherereye i Gikondo mu kigo cyakira abantu baba bakurikiranyweho imyitwarire itari myiza bakeneye kugororwa.



Amakuru agera ku nyarwanda akaba yemeza ko kuwa Mbere w’iki Cyumweru uyu musore yafatanywe ibiyobyabwenge byo mu moko abiri atandukanye harimo ikizwi cyane ku izina rya mugo(Crack).

Gisa

Gisa cy'Inganzo

Kuva kuwa Mbere tariki ya 13/04/2015, akaba yarahise acumbikirwa i Gikondo kuri ‘Transit center’, ikigo gikunze kwakira inzererezi n’abandi bantu bafite imyitwarire idahwitse muri sosiyete, cyane cyane ababaswe n’ibiyobyabwenge, aho banyuzwa muri iki kigo mu gihe cy’ibyumweru bibiri, nyuma bamwe bakoherezwa ku kirwa cy’i Wawa, ahari n’urundi rubyiruko rwahoze ari inzererezi rwigishwa imyuga, abandi bagasubira mu miryango yabo.

Izina Gisa cy’inganzo ryatangiye kwinjira mu ruhando rwa muzika ahagana mu ntangiriro za 2012. Uyu musore ukiri muto aza yigaragaza nk’umuhanzi muto ufite impano ntagereranywa yo gukora umuziki mu ijwi rifite ubuhanga bukomeye, ariko kandi agira inzitizi zikomeye zo kutazamuka ahanini kubera kutamarana kabiri n’inzu zabaga ziyemeje gukorana nawe.

Imyitwarire ye ni kimwe mubishyirwa mu majwi yo kuba atamarana kabiri nababa bagomba kumufasha, aha ari naho hatangiye guhwihwiswa ko uyu musore yaba yarabaswe n’ibiyobyabwenge agenda arushaho gukoresha uko iminsi iza. Twahirwa Theogene uzwi cyane nka Dj Theo umwe mu bafashije Gisa ubwo yaragitangira kwigaragaza binyuze muri Bridge record inzu ya mbere yasinyemo amasezerano, nawe ahamya ko ibi bitaba bitunguranye kuri Gisa kuko muri iyi minsi yumva amakuru ye menshi avuga ko yijanditse mu biyobyabwenge bikaze.

Gisa

Mu mwaka wa 2013, ubuhanga bwe bwatumye Kamichi yifashisha uyu muhanzi mu bitaramo bizenguruka igihugu bya roadshow, mu irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star

Izina rye ‘Gisa cy’Inganzo’, cyo kimwe n’abandi bahanzi Bruce Melody na Christopher ni abahanzi bazamukiye igihe kimwe ndetse banakora injyana zimwe, ubuhanga bwabo ntibwatinze kwigaragaza, itangazamakuru ribafasha cyane mu mizamukire yabo bagenda babona inzu zibafasha kuzamura impano yabo,ariko urwego aba bagenzi be babiri bamaze kugeraho mu nzira yo guteza imbere muzika yabo no kubasha kubeshwaho nayo, ihabanye cyane naho Gisa ari ubu.

Reba amashusho y'indirimbo 'Rumbiya' ya Gisa

Reba amashusho y'indirimbo 'Inkombe'


Uretse izi ndirimbo yakoze ubwo yari akiri muri Touch record, ijwi rya Gisa ryagiye ryifashishwa cyane mu nyikirizo z'indirimbo z'abandi bahanzi. Indirimbo 'Ikosora' ya Jay Polly akaba ari imwe muzumvikanamo ijwi rye yakunzwe cyane. Gisa aheruka gusohora indirimbo yise 'Uruyenzi' yakoze ubwo yari muri gahunda yo gukorana na Kina Music ariko baza kunaniranwa.

Gisa

Mu minsi mike ishize, Gisa yari yinjijwe mu bahanzi bafashwa na All Star Music Crew, ikuriwe na Nizzo, Producer Piano na Gilbert, ariko naho n'ubwo bari abasore bagenzi be ntiyahamaze kabiri

Nyuma y'iyi nkuru ya Gisa, twizere ko azasohoka muri iki kigo yagorowe neza agasubira ku murongo agatera intambwe nk’iy’abandi? Ese nyuma y’ubu buzima bwa Gisa binavugwa ko adafite umuryango umukurukiranira hafi, nk’abakunzi b’umuziki nyarwanda, kandi tuyifuriza ibyiza,tujugunye dutererane Impano Imana yaduhereye ku buntu, Gisa n’impano ye bizimire bipfe nabi kubera ubuzima bubi n’ibiyobyabwenge?

Kanda hano wumve zimwe mu ndirimbo za GISA

Hari bamwe basanga ishuri ry'umuziki ryo ku Nyondo riherutse gushyirirwaho urubyiruko rufite impano yo gukora muzika, ryaba igisubizo cyiza ku hazaza h'uyu musore wanacikirije amashuri ye.Bikaba byamufasha ndetse bikanafasha muzika nyarwanda itifuza kumuhomba!

Nizeyimana Selemani






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Rwema9 years ago
    Bazamujyane ku Iwawa wenda yaza yarabaye muzima.
  • Rwema9 years ago
    Bazamujyane ku Iwawa wenda yaza yarabaye muzima.
  • phillos gucci9 years ago
    Yoooooooo, nawe siwe nyabusa buriya ni inyatsi yifitiye imukurikiran igatuma adatera imbere,nyabuna ntihagire umuveba
  • umuntu9 years ago
    Iyo nsomye inkuru nkiyi ndababara, kuko abenshi bafite ikibazo cyo gushaka kuririmba nta mpano nabafite impano ntibazi agaciro ki ikintu baherewe ubuntu. Isi iratsetsa pe.
  • Robert9 years ago
    Bamujyane ku Nyundo, bapfe kumujugunyaho uwo mutungo, ariko c nubundi ko ubuhanga abufite, icyo akeneye ni Discipline gusa,ibindi biza buhorobuhoro,any wh najye i WAWA!!!
  • 9 years ago
    Ark wowe wiyise rwena na robert kuki mwifuriza bagenzi banyu ibibi ubwoc wowe uwakujyanayo wakwishima ,any way bamubabarire nawe siwe wasnga abayifitiye ibibazo doreko ntanumuryango yifitiye rero byamubana byinshi agahitamo gukoresha ubwo buryo kugirango aruhuke akanya gato
  • Nic9 years ago
    Imana imugirire neza yongere imwigarurire nawe ayigarukire kuko yahoze mu nzu y'Imana kuva akiri umwana kandi ibiyobyabwenge iyo byagusabitse uba ukeneye abagukurikiranira hafi ubwawe uba utakibashije. Naho umuryango wo arawufite rwose abanyamakuru bibeshye.
  • niwe clement9 years ago
    pole sana gisa ! kumujyana i wawa siwo muti my frndz kuko inzu y Imana yayikuriyemo kd nizeyeko azayisubiramo .





Inyarwanda BACKGROUND