RFL
Kigali

Umuhanzi Charles Uwizihiwe akomeje gukora ku mitima ya benshi mu ndirimbo zisigasira umuco nyarwanda

Yanditswe na: Manirakiza Théogène
Taliki:22/02/2016 11:06
2


Umuhanzi nyarwanda Uwizihiwe Charles, akomeje gukora ku mitima ya benshi yifashishije indirimbo ziri mu njyana gakondo y’abanyarwanda, n’ubwo aba i Burayi akaba yararahiye kuzakomeza gutanga umusanzu we mu guteza imbere muzika y’umwimerere w’abanyarwanda.



Charles Uwizihiwe, ni umusore w’umunyarwanda uba mu gihugu cy’u Bubiligi, akaba ari umuhanzi wibanda ku njyana gakondo ishimangira ubwiza n’umwihariko w’umuco nyarwanda, akaba n’umwe mu basore bakomeje kugaragaza ko bazatanga umusanzu ukomeye mu gukomeza gusigasira muzika nyarwanda y’umwimerere.

charles

Uyu muhanzi ariko ibyo gukunda umuco no gukora ubuhanzi bujyanye nawo si ibya none, kuko mbere yo kwerekeza i Burayi yahoze mu itorero ndangamuco “Inganzo Ngari”, rimwe mu matorero akomeye kandi akundwa na benshi mu Rwanda.

Indirimbo ye nshya yamaze no gukorera amashusho, ni imwe mu zikomeje kwishimirwa no kuvugisha benshi ku bw’ubutumwa bwumvikanamo, uburyo iririmbitse n’uburyo icurangitse, ndetse n’amashusho yayo bikaba bishimangira ko uyu musore ashoboye kandi azagera kure muri muzika ye, akanateza imbere muzika gakondo.

charles

Iyi ndirimbo ye yise KIBONDO CYANJYE, irimo ubutumwa by’umwihariko bureba ababayeyi n'abana bato, ikaba yuzuyemo impanuro zitangwa n’ababyeyi ku bana babo. Icuranze mu njyana y’umwimerere yumvikanamo inanga nyarwanda, ndetse n’umudiho gakondo w’abanyarwanda.

REBA HANO INDIRIMBO "KIBONDO CYANJYE":

Iyi ndirimbo yatunganyijwe n'uwitwa Didier Touch mu buryo bw'amajwi, naho amashusho yo akaba yaratunganyijwe na Joulien BM Jizzo






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • LUKA 188 years ago
    Wow! Uyu mutype ni umuhanga kabisa
  • Munyazogeye8 years ago
    Uruhare rwe mu gusigasira umuziki nyarwanda yararugaragaje ku buryo busobanutse. Uruhare rwacu se rwo gushyigikira iyo ntego tumushimira ruri he??





Inyarwanda BACKGROUND