RFL
Kigali

Igikorwa cya Rwanda Cultural Fashion Show kigiye kongera kuba

Yanditswe na: Mutiganda wa Nkunda
Taliki:18/09/2015 16:34
0


Rwanda cultural fashion show ni igikorwa kiba buri mwaka aho abasore n’inkumi basaga mirongo ine batangiye imyiteguro yo kuzerekana imideli aho iki gikorwa kizitabirwa n’ibihugu bitatu harimo u Rwanda , u Burundi ndetse na Kenya .



Ku itariki ya 26 Nzeli nibwo abasore n’inkumi bazerekana imideli mu gikorwa cyiswe Rwanda cultural fashion show  kizabera muri hoteli Mille Collines, kikazaba kitabiriwe n’abanyamideli basaga 40 bazaba baturutse mu bihugu by’u Rwanda, Burudi na Kenya.

Umwe  mu bateguye iki gikorwa  Ntawirema Celestin mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru yatangaje byinshi kuri iki gikorwa ndetse no ku myiteguro yacyo. “Ni gikorwa kizahuza abahanzi batandukanye bakora imideli harimo abo mu Rwanda n’abo mu mahanga. Agashya ni uko ari igitaramo cyateguwe mu buryo bwa gihanga harimo uburyo bwo kwicara mumeze neza kuko iki ari gikorwa gifasha abahanzi.”

Bwana Celestin Ntawirema ubwo yasobanuraga iki gikorwa mu kiganiro n'abanyamakuru

Celestin yakomeje avuga ko iki gikorwa kizatangira saa munani aho bababa gakurisha imyenda, naho saa kumi n’imwe habeho gutangira ikikorwa cyo kumurika imyenda.

Iki gikorwa kuzaba tariki ya 26 Nzeli 2015 kikazabera muri Hotel des Mille Colline, aho kwinjira bizaba ari 10.000frw, uzishyura  25.000frw hazaba harimo n’icyo kunywa.

Abanyamakuru banyuranye bari bitabiriye iki kiganiro

Ikipe iri gutegura iki gikorwa cya Rwanda Cultural Fashion Show






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND