RFL
Kigali

TIGO yagejeje iminara y'itumanaho i Nyaruteja mu Karere ka Gisagara, inagaburira abanyeshuri 100-AMAFOTO

Yanditswe na: Seleman Nizeyimana
Taliki:16/10/2014 7:40
4


Muri gahunda yayo yo kugenda ikwirakwiza iminara yayo y’itumanaho hirya no hino mu gihugu ahari hakigaragara ibibazo by’itumanaho, Sosiyete y’itumanaho ya TIGO Rwanda kuri uyu wa Gatatu tariki ya 15/10/2014 yatashye ku mugaragaro umunara wayo mushya uherereye i Nyaruteja, mu Murenge wa Nyanza ho mu Karere ka Gisagara mu Ntara y’Amajyepfo.



Abakozi batandukanye ba TIGO barangajwe imbere n’umuyobozi mukuru wungirije w’iki kigo, Kagame Chantal bakaba bari berekeje muri aka karere aho bakiriwe n’umuyobozi w’Akarere ka Gisagara hamwe na bamwe mu bo bafatanyije kuyobora maze bifatanya na Tigo muri uyu muhango.

TIGO

Abakozi ba TIGO bari bitabiriye uyu muhango

Aha umukozi wa Tigo yasobanuraga uburyo batekereje kuzana uyu munara muri aka karere

Nk’uko byasobanuwe na Madame Chantal Kagame, Gisagara ni hamwe mu hantu bari bamaze iminsi batekerezaho cyane nk’ubuyobozi bwa TIGO, nyuma y’aho abaturage bo muri aka Karere no mu nkengero zaho bakomeje kugaragaza ko itumanaho rya Tigo ritaboroheye na busa kuko nta munara wari uhari.

TIGO

Umuyobozi w'akarere ka Gisagara, Karekezi Leandre yifatanije na Tigo gutaha ku mugaragaro uyu munara

Nk’uko kandi uyu muyobozi yakomeje abitangaza, uretse Gisagara aho batangirije igikorwa, kuri ubu harabarurwa iminara mishya ya Tigo itandukanye hirya no hino mu bice bitandukanye by’igihugu ahari hari ikibazo nk’iki, bakazakomeza iyi gahunda yo kugenda bayitaha ku mugaragaro muri iyi minsi kuko hafi ya yose imirimo yo kuyubaka yarangiye.

TIGO

Uyu munara uzafasha abaturage bo mu Karere ka Gisagara no mu nkengero zaho ndetse bigere no ku misozi yo hakurya i Burundi nabo bazabasha gukoresha uyu munara mu itumanaho

Uretse kuba muri aka karere ka Gisagara batashye uyu munara, TIGO yanaboneyeho gusura ishuri ry’isumbuye rya Ecole Secondaire Higiro rituriye uyu munara maze bagezaho inkuru nziza abanyeshuri biga muri iri shuro, abarezi n’ubuyozi bwabo ko babegereje ibikorwa by’iterambere baboneraho kubashishikariza gukoresha itumanaho hamwe n’ikoranabuhanga muri rusange nk’imwe mu nkingi ziganisha kandi zikihutisha iterambere.

tigo

Aba banyeshuri bishimiye cyane ibyiza TIGO yabazaniye

nask

Chantal Kagame umuyobozi mukuru wungirije muri TIGO/Rwanda yasabye aba banyeshuri n'abaturage muri rusange bo mu Karere ka Gisagara kugendana n'iterambere bakoresha itumanaho n'ikoranabuhanga bigezweho mu koroshya ubuzima

jas

Ku ruhande rw'umuyobozi w'Akarere Karekezi Leandre nawe yashimiye cyane TIGO ku bwo kuba batekereje abaturage ba Gisagara bakabegereza umunara ugiye kubafasha gukomeza kwinjira mu itumanaho n'ikoranabuhanga nka kimwe mu nkingi z'iterambere ryihuse

TIGO

TIGO

Bafashe amafoto y'urwibutso

TIGO yanaboneyeho gufasha abana basaga 100 muri iki kigo batishoboye, babemerera kubarihira amafunguro ya saa sita bafatira ku ishuri mu gihe kingana n’umwaka wose.Uretse iyo mpano bahaye abana batishoboye, umunyeshuri wese muri iki kigo yahawe ikaramu n’agakapu ka TIGo ndetse banabaha imipira yo gukina.

Nizeyimana Selemani






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • 9 years ago
    LIHANNA
  • bikorimama eric9 years ago
    bakoze natwe bazatuzanire muringoma
  • jojo9 years ago
    Tigo murine aba 1.kubwibikorwa byanyu byindashyikirwa
  • jojo9 years ago
    Tigo murine aba 1.kubwibikorwa byanyu byindashyikirwa





Inyarwanda BACKGROUND