RFL
Kigali

Sobanukirwa n'uburyo bwo guhahira kuri internet bwa Kaymu.rw

Yanditswe na: Editor
Taliki:2/02/2015 18:13
5


Urubuga rwa internet rwa Kaymu.rw ni urubuga rukora ubucuruzi bw’ibintu by’amoko yose hakoreshejwe ikoranabuhanga. Ubu buryo bworohereza abaguzi n’abacuruzi batandukanye bifuza gukora batavunitse cyane.



Kuri Kaymu rero kugeza ubu kumvisha abanyarwanda akamaro ko guhaha ukoresheje internet biracyagoranye dore ko benshi batumva uko bikorwa n’inyungu ibirimo. Nyamara iyo urebye uko ikoreshwa usanga ifite inyungu nyinshi.

Zimwe mu nyungu zo guhahira kuri internet ni ukwirinda gutakaza umwanya ujya guhaha, dore ko ukorera ibintu byose aho wiyicariye kandi ukaba ubasha kuba wabona ibintu biri mu maduka atandukanye by’amoko atandukanye mu mwanya muto, wiyicariye utarinze kunanirwa no gufata umwanya ngo ujye kuzenguruka mu maduka atandukanye.

Ese ubundi bikorwa bite?

Iyo uhahira kuri Kaymu, ujya kuri internet waba ukoresheje mudasobwa cyangwa telefoni igendanwa maze ukandikamo kaymu.rw, ugahita ubona bimwe mu bicuruzwa biba bigaragaraho cyangwa ukaba wanareba ahanditse Browse by Category aho ubona amoko yose y’ibicuruzwa byabo. Iyo ugize icyo ushima ugikandaho kikaba kinini(zoom) ukacyitegereza neza ndetse hakaba handitse n’amakuru arambuye kuri cyo nk’igiciro, ingano yacyo, ibara, ubwoko n’ibindi byinshi. Icyo gihe ubona ahanditse Buy from Seller ukahakanda ukiyandikisha ukuzuza ibisabwa byose birimo e-mail yawe uzajya uhabwaho amakuru y’uko uhaha, aho utuye cyangwa se aho ushaka ko bagusanga ndetse n’uburyo bwo kwishyura burimo Cash cyangwa se kwishyura hakoreshejwe tlefoni(Mobile Money, Tigo Cash, Airtel Money). Iyo umaze kuzuza ibyo uhita ubona ubutumwa kuri e-mail bukubwira ko umaze guhaha. Iyo ushaka kwishyura Cash, uburyo bukoreshwa n’abatuye mu mujyi wa Kigali gusa, abakozi ba Kaymu bahita baguhamagara bakakubwira ko bakoherereje umukozi wabo ukugezaho ibyo waguze. Iyo uri mu ntara bwo ukoresha uburyo bwo kwishyura ukoresheje telefoni binasaba kwishyura mbere hanyuma nawe ukabona bene buriya butumwa.

Ni iki cyampa icyizere ko icyo nguze cyaba gifite ubuziranenge ntacyigereyeho?

Iyo umaze kuzuza ibisabwa byose twavuze haruguru, umukozi wa Kaymu ahita araguhamagara mukanozanya gahunda neza y’aho agusanga akuzaniye icyo waguze. Iyo akugezeho ureba neza icyo watumije hanyuma ugafata umwanya wo kukigenzura neza, waba ari umwenda ukigera ukareba neza ko ugukwira n’ibindi byose washima ukishyura utashima nabwo akaba yabisubizayo cyangwa mukavugana neza ibyo ushaka akaba yabikuzanira mu gihe cya vuba.

Kugira ngo ibyo uguze bikugereho bisaba ko wishyura amafaranga 1000 ku bari mu mujyi wa Kigali n’inkengero zawo(Muhanga, Kabuga, Nyamata na Rwamagana), 3000 ku b’i Rusizi na 2000 mu rundi turere. Iyo utashimye igicuruzwa bikaba ngombwa ko gisubirayo burundu niyo wishyura gusa.

Kuri Kaymu.rw wahagurira ibicuruzwa byose, by’amoko yose kandi bijyanye n’ubushobozi bwa buri muntu.  






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • 9 years ago
    I like this website,kaymu kept it up!!!!
  • kk9 years ago
    Ikibazo nuko bacuruza ibi Chinese gusa.
  • joe9 years ago
    Naho mumahanga nko muri USA ho mwatubwira iki?
  • Rajah kwizera8 years ago
    Nibyiza cyane gusa ntago barabasha kuzana ibicuruzwa bigezweho byose cg se ngo bagerageze guhura n'abacuruzi babizana hano mu Rwanda urugero ntago nari nabasha kubonamo slim convertable Laptops kandi buriya mpamya ko hari benshi tuba tuzikeneye Nakongeraho inama kandi y'uko bazajya bashyiraho (product review videos) kubicuruzwa nka LAPTOPS&SMARTPHONES KUGIRANGO TUBASHE GUSOBANUKIRWA N'IMIKORERE N'IMIKORESHEREZE Y'IGICURUZWA MBERE YO GUKORA ORDER YACYO kandi bakazikora mu Rurimi rwacu kuko n'isoko riri based ku banyarwanda wenda byaba ngombwa bakabishyira no mu cyongereza&franch kubandi batumva ikinyarwanda ikindi kandi buriya n'umuntu uherereye nka KAYONZA&NYAMATATA nawe buriya agiye yishyura amafaranga 1000 gusa kugirango agezweho igicuruzwa yaguze nabyo mbona ntagihendo kirimo gusa wenda bagaconsdaringa kuri size&portability yacyo kuko aho niho byaba bigoranye kiramutse kitabasha gutwarwa byoroshye naho ubundi bravon kabisa nange ndashaka kuzagerageza kugurira kuri kaymu rwanda ndebe ko biba succeful.
  • Marlue7 years ago
    turateganya gutangira isoko ryimyenda yiburayi muri Africa, kumyenda ya za marque zikomeye hano iburayi nka ZARA, H&M, MANGO, CHANNEL, MASSIMO DUTTI, BESHKA nizindi kugiciro cyo hasi cyane, ni imyambaro itarigeze yambarwa izahendukira buri wese kandi ya qualite nziza. kubashaka ko dukorana mwanyandikira kuri email yanjye nkabaha ubusobanuro burambuye. email yanjye ni marluellyarobasehotmailpointcom cyane cyane turifuza gukorana nabaranguza amabaro cyangwa se abacururiza kugiti cyabo bari interesee. ndakira ibitekerezo byari buwese. ))





Inyarwanda BACKGROUND