RFL
Kigali

Guhagarika gutanga inguzanyo kwa BPR ntikuvugwaho rumwe

Yanditswe na: kundabose jean david
Taliki:18/03/2013 11:56
0




Mu kiganiro ikinyamakuru Izuba Rirashe, bamwe mu baturage bavuga ko kwaka inguzanyo muri iyo banki byibagiranye.

Uwizeyimana Béata ni umwarimukazi mu Murenge wa Gikondo, yatangaje ko kuva mu Kuboza 2012 inguzanyo zahagaritswe ku bakiliya ba BPR muri rusange.

Uwizeyimana aragira ati “Kugeza ubu ni ibintu tumaze kumenyera ko banki y’abaturage itagitanga inguzanyo; ababitsamo twese twibaza impamvu bikatuyobera kandi usanga ahanini izindi banki ziyatanga!”

Mugenzi we nawe uhemberwa muri banki y’abaturage akaba anavuga ko ayimazemo igihe kirekire, yatangarije iki kinyamakuru ko hashize ibyumweru bibiri agerageje gusaba inguzanyo ngo yigurire inzu bikaba byarananiranye, kandi yari kubaha ingwate y’izo asanganwe.

Uyu mukiliya yagize ati “Ni ibintu bibabaje kuba banki  yacu yajyaga iduha amafaranga neza aho badukubiraga inshuro umunani ku nguzanyo y’umushahara ndetse bakanakira ingwate,  ariko ubu ntabwo bagitanga inguzanyo. Ikibabaje ni uko batanabitumenyesheje kandi turi abanyamuryango bamaze igihe kandi dufutemo n’imigabane shingiro.”

Iyo ukomeje kuganira n’aba bakiliya ba BPR, bagaragaza impungenge bavuga ko ibyo gutanga inguzanyo kw’iyi banki bishobora kuba byarahagaze n’ubwo iyo banki itabibahaho amakuru yeruye,  bamwe bakanakurizaho kuvuga ko amafaranga ya banki ashobora kuba yarakoreshejwe nabi n’abakozi.

Ku ruhande rwa BPR, Umuyobozi ushinzwe iyamamazabucuruzi n’itangamakuru muri Banki y’Abaturage y’u Rwanda, John Magara Gahakwa yatangarije iki kinyamakuru ko ibivugwa kuri BPR  ari ibihuha bidahuye n’ukuri.

Magara aragira ati “Ntabwo BPR yahagaritse gutanga inguzanyo kuko no kugeza ubu ziratangwa. 

John Magara avuga ko muri  2012 BPR yari yarateganije miliyari 15 yo gutanga nk’inguzanyo, ariko hagatangwa izigera kuri miliyari 32, ati “Ahubwo iza mu mabanki ya mbere  yitwaye neza ku bijyanye no gutanga inguzanyo.”

Magara aragira ati “Nta kibazo dufite cy’amafaranga nk’uko bamwe babyibaza, ahubwo habayeho gusaba abaka inguzanyo ko baba bihanganye tukabanza abazatse mbere, ariko n’ubu aho tuvugira aha inguzanyo ziratangwa  nta kibazo.”

Izuba rirashe






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND