RFL
Kigali

UEFA Champions League: Juventus ya Cristiano Ronaldo na Barcelona ya Messi zatomboranye

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:1/10/2020 19:44
4


Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki ya 01 Ukwakira 2020, habaye Tombola y'amatsinda ya UEFA Champions League, aho bigaragara ko umukino uzaba witezwe na benshi ari uzahuza FC Barcelona ya Messi na Juventus ya Cristiano Ronaldo.



Ni tombola yabereye i Geneve mu Busuwisi, yari yitabiriwe n'abahagarariye amakipe yabonye itike yo kuzakina iri rushanwa uyu mwaka.

Nubwo buri tsinda rigira ibyaryo, gusa hari amatsinda bigaragara ko hazakomeza umugabo hagasiba undi, ariko umukino uzaba uhanzwe amaso n'abatuye Isi ni uzahuza Juventus ya Cristiano na Barcelona ya Messi bongeye guhura nyuma y'igihe kirekire.

Cristiano na Messi baherukaga guhura mu mwaka ushize, hakaba hari haciyemo igihe kirekire badahura bahanganye.

Hari andi matsinda akomeye bizagorana kumenya uzazamuka n'uzasigara, harimo nk'itsinda rya A ririmo Bayern Munich yo mu Budage, Atletico Madrid yo muri Espagne, Salzburg yo muri Autriche na  Lokomotiv Moscow yo mu Burusiya, Itsinda rya H ririmo  Paris St-Germain yo mu Bufaransa, Manchester United yo mu Bwongereza, RB Leipzig yo mu Budage na Istanbul Basaksehir yo muri Turikiya ndetse n'itsinda rya G ririmo  Juventus, Barcelona, Dynamo Kyiv na Ferencvaros.

DORE UKO AMAKIPE YATOMBORANYE:

Group A: Bayern Munich, Atletico Madrid, Salzburg, Lokomotiv Moscow

Group B: Real Madrid, Shakhtar Donetsk, Inter Milan, Borussia Monchengladbach

Group C: Porto, Manchester City, Olympiakos, Marseille

Group D: Liverpool, Ajax, Atalanta, Midtjylland

Group E: Sevilla, Chelsea, FK Krasnodar, Rennes

Group F: Zenit St Petersburg, Borussia Dortmund, Lazio, Bruges

Group G: Juventus, Barcelona, Dynamo Kyiv, Ferencvaros

Group H: Paris St-Germain, Manchester United, RB Leipzig, Istanbul Basaksehir

Imikino ya mbere mu matsinda izatangira gukinwa tariki ya 20 Ukwakira 2020, mu gihe umukino wa nyuma uzaba tariki ya 29 Gicurasi 2020 ubere ku kibuga cya Ataturk Stadium giherereye Istanbul muri Turikiya.

Cristiano na Messi bagiye kongera guhura bahanganye

PSG na Manchester United uzaba ari umukino ukomeye cyane

Bayern na Atletico bizaba ari ishiraniro





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Augustine misigaro3 years ago
    Ndabona amatsinda atoroshye yose kbx gusa ndaha amahirwe real uyumwaka
  • Uwimana fransina3 years ago
    juvantas izansinda brsrn 2 .1
  • Uwimana fransina3 years ago
    MAN YOU BORYA KUNGANYA
  • SADIO MANE3 years ago
    BIZABA BIRYOSHYE PEE!





Inyarwanda BACKGROUND