RFL
Kigali

Kenya: Birababaje! Umugore yarohamye ubwo yifotozanyaga n’umukunzi we ku rugomero rwa Chepkiit

Yanditswe na: Uwera Ange
Taliki:9/09/2020 21:34
0


Umugore w’imyaka 31 y’amavuko wo mu gihugu cya Kenya yanyereye birangira anarohamye mu gihe yifotozanyaga n’umukunzi we.



Nkuko amakuru abitangaza, itsinda ry’abatwara abikorera ku giti cyabo hamwe n’itsinda ry’abatabazi ryaturutse mu Ntara za Nandi na Uasin Gishu boherejwe mu butumwa bwo gushakisha umubiri w’uyu mugore kuko wari waburiwe irengero.

Victor Kiptoo musaza wa nyakwigendera yagize ati: “Twabonye amakipe yombi akoresha uburyo bumwe bwo gushakisha umunsi ku wundi kugeza ku cyumweru ariko bicyemeze, mu minsi irenga itanu bamaze bashakisha nta musaruro barimo batanga”. Akomeza avuga ko bikwiye ko bahindura uburyo bakoreshaga kuko amazi nayo akaze.

Umuturage utuye i Kipsaos mu magepfo ya Keiyo, mu Ntara ya Elgeyo-Marakwet aho ibi byabereye yavuze ko, aba bombi (uyu mugore warohamye ndetse n’umukunzi we) bari baje gutembera aho hantu, mu gihe yifotozaga nibwo yanyereye agwa mu mazi ahita amutembana.

Umuryango wa nyakwigendera washinje ishami rishinzwe ubutabazi mu Ntara ya Nandi, kugira ubunebwe bakavuga ko n’ubwo batabaje iyi mpanuka icyimara kuba ariko abaje gutanga ubutabazi bahageze bakerewe. Bakomeza kandi bavuga ko na polisi byayitwaye iminsi itatu kugira ngo igere aho iyi mpanuka yari yabereye n’ubwo bwose bari babimenyeshejwe ku wa mbere tariki 31 Kanama bitarenze umun si umwe impanuka ibaye.

Luka Kiptoo se wa nyakwigendera yatangaje ko ikiguzi cya buri gihe cyo kuva Elgeyo-Marakwet kugera Nandi cyibagora kukibona.

Ati: “Tugomba kugenda buri munsi kuva Keiyo y’Amagepfo kugera Nandi mu gihe dufite  ibyiringiro  byo kugarura umurambo w’umwana wanjye”. Ariko, uko bwije n’uko bukeye, ibyo byiringiro bisa n’ibishira.


Urugomero rwa Chepkiit

Abantu baturiye aho hari urugomero rwabereyeho impanuka basabye guverinoma y’Intara ya Nandi gufunga urugomero rwa Chepkiit kugeza imvura yongeye kugwa.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND