RFL
Kigali

Uko mbibona: Sadate wari inyenyeri y’aba-Rayon yakuweho amaboko, yatsinzwe urugamba namanike amaboko

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:29/05/2020 9:06
0


Ibyaranze ingoma ya Sadate Munyakazi kuva yatorerwa kuyobora Rayon Sports kugeza magingo aya bigaragaza ko uyu mugabo wari ufite imishinga myiza ariko adafite amafaranga yo kuyishyira mu bikorwa atagikunzwe muri iyi kipe ya rubanda, kuko buri ruhande rwamukuyeho amaboko akaba asigaye mu kibuga wenyine.



Ubwo yatorerwaga kuyobora iyi kipe ya rubanda mu mwaka ushize, Sadate Munyakazi, yari afite imishinga myiza igaragarira buri wese wayisobanurirwaga ko izatuma iyi kipe yigira ndetse ikanatera intambwe ikomeye nk’ikipe yubatse Sitade yayo bwa mbere mu Rwanda, rubanda bamujya inyuma baramwizera ndetse n’abavuga rikijyana bamwizeza ubufasha.

Gusa ariko nta mafaranga yari afite yo gushyira mu bikorwa iyi mishinga kuko byibura byasabaga abakunzi b’iyi kipe kuyishyigikira bakanitanga byibura mu myaka itanu. Sadate ntiyahiniye aho kuko yashatse no kwinjira mu mabanga y’iyi kipe, uko yayobowe mbere n’uburyo yabagaho.

Ibyo yakuye mu bushakashatsi bwe, byatumye ashaka guhindukirana abahoze bayobora iyi kipe kugira ngo bamusobanurire uko bakoresheje umutungo w’iyi kipe kuko yabonaga barawujyanye mu bikorwa byabo bidafitiye ikipe akamaro.

Gukora ibi Sadate ntiyari azi ko yikururiye abanzi batagira ingano, yabaye nk’ukojeje agati mu ntozi, akangura Intare zasaga nk’izihwekereye, batangira kumuhiga hasi kubura hejuru ngo bamukure ku mwanya ariho. Abari bamwijeje ubufasha batangiye kumureba ay’Ingwe, bamuhiga bukware.

Mu mabaruwa Sadate yandikiye inzego zitandukanye harimo n’iyo yandikiye Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, yagaragaje ko impamvu abagize komite y’abahoze bayobora Rayon Sports bashaka kumuhirika ku butegetsi badashaka ko agaragaza ukuri ku byaha byo kunyereza umutungo w’ikipe na ruswa batanze.

Ibimenyetso byagaragazaga ko ingoma ya Sadate itazaramba:

Nubwo Sadate Munyakazi yagiye ku buyobozi bwa Rayon Sports yishimiwe kandi anashyigikiwe na rubanda, hari bamwe mu bahoze bayobora iyi kipe batari bamushyigikiye na gato, kuko bibumbiye mu cyo bise ishyamba.

Kuva yagera ku buyobozi bw’iyi kipe, Sadate yahanganye n’abapfobyaga ibitekerezo bye, kuko atigeze abihanganira, yanavuze ijambo ryababaje bamwe muri bo ubwo yagiraga ati ”Abari mu ishyamba tuzaritwika bazahiramo”.

Akigera ku buyobozi, hadaciye igihe hari bamwe mu bayobozi bahise begura barimo Twagirayezu Thadée wari watorewe kuba Visi Perezida wa mbere, Ernest Nsangabandi wari Umunyamabanga wa Komite nkemurampaka ndetse n’abandi bagera kuri batanu yakuyeho.

Ibi byagaragaje ko ari umuyobozi utihanganira ikosa kandi muri iyi kipe bisaba kwihanganira bimwe.

Gushaka inyungu z’ikipe cyane bigatuma rimwe na rimwe ashwana na bamwe mu baterankunga bifuzaga gukomeza gukandamiza ikipe bayinyunyuza imitsi, byagaragazaga ko ubuyobozi bwe butazatera kabiri mu gihe hari abo ashaka kuvutsa umugati.

Kutagira amafaranga ahagije ngo ajye agoboka ikipe mu bibazo, nyuma yo gushwana n’abahoze bayobora iyi kipe kandi ahanini aribo batangaga amafaranga yo guhemba abakinnyi, byari kumugora kuyobora abakozi bataka inzara utegereje amafaranga ava muri rubanda gusa.

Ibigaragaza ko Sadate yatsinzwe urugamba:

Abari baramugiriye icyizere bose, kuri ubu yabaye igitutsi kuri bo, bose bamukuyeho amaboko aragaragara nk’ikibazo mu ikipe.

Rayon Sports kuri ubu imeze nk’umwana w’imfubyi cyangwa ya Nyana yiragira ikicyura, kuko ya makipe bafata nk’abacyeba yatangiye kubakuramo abakinnyi bose bashaka nk’ikipe itagira icyo ihanganira.  

Abayobozi bayoboranaga na Sadate benshi bamukuyeho amaboko, bakomeje kwegura umusubirizo, abari batahiwe ni uwari Umuvugizi Jean Paul Nkurunziza n’uwari Umunyamabanga mukuru Kelly beguye bakurikiranye.

Abafana hafi ya bose ba Rayon Sports basabye Sadate Munyakazi Kwegura bamushimira ibyiza yakoreye ikipe. Gahunda zirebana n’iterambere ry’ikipe nko kuganira n’abaterankunga byose byose biri gukorwa na Komite nshya ashizweho.

Buri wese ari gusaba Sadate kuva ku izima agafata icyemezo cyo kwegura kuko nta mwanya agifite muri Rayon Sports.


Sadate Munyakazi yakuweho icyizere na benshi muri Rayon Sports





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND