RFL
Kigali

Rayon Sports yisubiyeho yemera guhemba abakinnyi ukwezi kwa Werurwe 2020

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:22/04/2020 11:32
0


Rayon Sports FC yisubiye ku cyemezo yari yarafashe cyo kudahemba abakozi bayo barimo n’abakinnyi ukwezi kwa Werurwe na Mata 2020, kubera icyorezo cya COVID-19 cyahagaritse ibikorwa by’imikino, mu ibaruwa yasubizaga iya kapitew’iyi kipe Eric Rutanga yari yarandikiye ubuyobozi.



Mu ntangiriro z’iki cyumweru ikipe ya Rayon Sports yandikiye abakinnyi n’abandi bakozi bayo ibamenyesha ko bahagaritse imishahara yabo y’ukwezi kwa Werurwe na Mata 2020, kubera ko batari gukora ibikubiye mu masezerano bafitanye n’iyi kipe.

Nyuma yaho Kapiteni w’iyi kipe Eric Rutanga aza gusubiza iyi baruwa agaragaza ko atemeranya na gato n’iki cyemezo.

Bidatinze Rayon Sports yaje gusubiza iyi baruwa, ariko igaragaza ko mu ibaruwa ya mbere habayemo kwibeshya ku matariki aho bari banditse tariki 15/03/2020, aho kwandika tariki 15/04/2020 ko ari ho ibaruwa yanditswe.

Muri iyi baruwa, nkuko byari byasabwe n'abakinnyi, Rayon Sports yamenyesheje Eric Rutanga na bagenzi be, ko bazahemberwa amezi yose bakoze, ni ukuvuga guhera mu kwezi kwa Gatatu (Werurwe) 2020, ariko ntibazahembwe ukwezi kwa kane kuko nta kazi kigeze gakorwamo.

Ubuyobozi bwa Rayon Sports kandi bwibukije abakinnyi ba Rayon Sports ko hajya gufatwa icyemezo cyo gukuraho imishahara muri ibi bihe batari gukora, babanje kubiganiraho ku rubuga rwa Whatsapp kandi impande zombi zikabyemeranyaho bemeranya ko bagiye kujya bafashwa mu buryo bw’imibereho kugira ngo baticwa n’inzara.

Ibikubiye mu ibaruwa isubiza abakinnyi ba Rayon Sports











TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND