RFL
Kigali

Mimi ukundana na Meddy ahamya ko amukundiye barushinga

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:30/08/2019 10:07
2


Mimi Mehfira ni umukobwa ukomoka muri Ethiopia akaba ari umukunzi wa Ngabo Medard (Meddy) umuhanzi w’ikimenya bose ku butaka bw’u Rwanda ndetse akaba ikirangirire mu bice bimwe na bimwe by’isi.



Mimi unaheruka mu Rwanda mu Ukuboza 2018, magingo aya yemera ko mu gihe Meddy ubwe yaba abishaka bahita babana nk’umugore n’umugabo kuko ngo we amukunda cyane.

Ibi yabihamije mu bisubizo yabazwaga n’abamukurikira ku rukuta rwe rwa Instagram aho yatanze umwanya akavuga ko umuntu wese ubyifuza yamubaza ikibazo ashaka akamusubiza.

Umwe mu babajije ibibazo yateye ati “Ese uzabamubera umugore”?, Mimi ati “Cyane”.


Mimi asubiza ikibazo cyo kubana na Meddy

Undi aramubaza ati “Ese ni ibihe bintu bibiri by’ingenzi ukunda kuri Ngabo”?, Mimi ati “Ubunyangamugayo no kwiyubaha ndetse ikiyongeraho nuko atuma mwenyura muri roho nkumva ndaryohewe”.

Muri iki kiganiro kandi, Mimi yabajijwe kwerekana uwo Ngabo avuga ahita abereka ifoto koko ari kumwe na Meddy.

Abajijwe niba yaratangiye kumenya ikinyarwanda, Mimi yavuze ko kuri ubu hari amagambo amwe na mwe yagiye amenya ariko ko magingo aya ashaka kukiga ku rwego rwo hejuru kandi ko anafite umwarimu ubimufashamo.


Mimi ahamya ko yatangiye kwiga Ikinyarwanda 

Urukundo rwa Meddy na Mimi Mehfira rwatangiye kujya ahabona mu mpera z’umwaka wa 2017. Mu ntangiro z’umwaka wa 2018 nabwo bizihizanyije iminsi mikuru ya Noheri n’ubunani ubona ko buri umwe ntacyo ashaka guhisha rubanda.

Byaje gusakara kandi ubwo bombi bajyaga mu biruhuko muri Mexique bihumira ku mirari kuwa 7 Kanama 2018, ubwo uyu mukobwa yifurizaga Meddy isabukuru akavuga ko yamwihebeye n’umutima wose.

Icyo gihe uyu mukobwa yashyize kuri Instagram ifoto ari kumwe na Meddy, ayiherecyeza amagambo y’Ikinyarwanda abwira mugenzi we ati “Mutima wanjye, ndagukunda”, arangije ashyiraho utumenyetso tw’umutima akenshi usanga tuvuga ko umuntu akunda undi birenze.

Mu minsi micye yakurikiye ubwo Mimi yizihizaga isabukuru y’amavuko, Meddy yavuye muri Tanzania ajya muri Amerika kwizihiza isabukuru y’umukunzi we.

Mu magambo yasakaje abinyujije ku rubuga rwa Instagram, Meddy yerekanye amashusho ari kumwe n’izindi nshuti zabo bari mu birori byo kwishimira isabukuru y’umukunzi we.

Yari aherutse no kumusomera mu ruhame mu gitaramo yakoreye muri Canada, icyo gihe uyu musore ari kuririmba indirimbo ye yise Ntawamusimbura, Mimi yanagaragaye mu mashusho yayo.

Yaririmbaga iyi ndirimbo umukunzi we yamwiyegamije mu gituza, ari nako ubona ibinezaneza mu maso yabo. Mbere y’uko amurekura yamusomye ku gahanga no ku ijosi.

Magingo aya rero bikaba byarushijeho kuba byiza hagati y’aba bombi kuko n’umukobwa yatangiye kwemerera rubanda ko nta kindi gisigaye uretse kwibanira burundu.


Meddy na Mimi nta kibazo bafitanye mu rukundo

Kuri ubu Meddy ari mu Rwanda aho akajije imyiteguro y’igitaramo azahuriramo na Ne-Yo, Umunyamerika w’umubyinnyi w’umwanditsi w’indirimbo, umukinnyi wa filimi ubifatanya no gutunganya indirimbo; Shaffer Chimere Smith wahisemo kwitwa Ne-Yo [Gogo].

Ne-Yo azaririmbira i Kigali mu gitaramo azahuriramo n’umuhanzi w’umunyarwanda Meddy [Ari Kigali yanasuye Kigali Arena] kizaba nyuma y’umuhango wo Kwita Izina abana b’ingagi bavutse muri uyu mwaka, uzaba ku wa 06 Nzeli 2019. Nyuma tariki ya 7 Kanama 2019 ni bwo hazaba igitaramo nyirizina, Kigali Arena ni yo izakira ibi bihangange mu muziki.


Meddy ubwo yari ku rubyiniro rw'igitaramo cya "East African Party 2019" i Kigali

Kwinjira muri iki gitaramo mu myanya y’icyubahiro yisumbuyeho (VVIP Ticket) ni 50, 000 Frw. Mu myanya y’icyubahiro (VIP Ticket) ni 25,000 Frw. Mu myanya isanzwe (Ordinary Tickets) ni 10,000 Frw; ku munyeshuri (Students’ ticket) ni 3,000 Frw.


Tags:




TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Nshimiyimana J damascene5 years ago
    Urukundo rwabo nirwongere kd twakwishimira babanye meddy ndakwemera
  • NDAYISHIMIYE Marcel5 years ago
    Mumbarize Meddy akora akanu ko kuzamura abana ryari babyiyumvamo ? uwomukobwa na meddy ndabashigikiye! bazarushinga ryari?





Inyarwanda BACKGROUND