RFL
Kigali

CECAFA U15: Ikipe y’u Rwanda yafashe urugendo rw’i Asmara , Rwasamanzi agira icyo avuga ku makipe bari kumwe mu itsinda-AMAFOTO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:15/08/2019 10:26
0


Mu gicuku cy’uyu wa Kane tariki 15 Kanama 2019 ni bwo ikipe y’abakinnyi 20 batarengeje imyaka 15, abatoza n’abandi bafite imirimo muri iyi kipe, bafashe urugendo bagana i Asmara muri Erythrea.



Nyuma yo kugaragariza abanyamakuru abakinnyi 20 azifashisha muri iri rushanwa, Rwasamanzi Yves yafashe umwanya agira icyo agenda avuga kuri buri kipe bari kumwe mu itsinda rya gatatu (C), Muri iyi mikino ya CECAFA U15, u Rwanda ruri mu itsinda rya gatatu (C,), aho ruri kumwe na South Sudan, Uganda na Ethiopia.

“Itsinda turimo nta kinini twarivugaho. Nka Uganda wenda nshobora kugira icyo nyivugaho ku bijyanye n’abana. Ni ibintu batangiye kare cyane bakora gahunda y’abana niyo mpmavu ubona hari urwego bamaze kugeraho natwe twifuza kugeraho, baturi hejuru ariko si hejuru cyane”. Rwasamanzi


Rwasamanzi Yves aganira n'abanyamakuru kuri uyu wa Gatatu tariki 14 Kanama 2019

Yakomeje agira ati “Soudan y’amajyepfo sinayivugaho cyane na Ethiopia kuko natwe dusa nk’aho turi hejuru yabo. Si ukuvuga ko Abagande nabo badusuzugura, ni ikipe nziza turayubaha kimwe na Ethiopia ma Soudan kuko nabo iyo urebye uko bahagurukiye kuzamura umupira wabo ubona bishimishije”.

Rwasamanzi yavuze ko gahunda ihari atari ukujya gushaka umwanya mwiza ahubwo ko bashaka igikombe byanga bikunda.

U Rwanda ruzajya mu kibuga ku wa Gatandatu tariki 17 Kanama 2019 bakina na South Sudan mbere yo guhura na Ethiopia tariki 20 Kanama 2019. Amavubi azasoza imikino y’amatsinda ahura na Uganda tariki 24 Kanama 2019.

CECAFA bizera ko iyi mikino izafasha abanyamuryango (ibihugu) mu gutegura amakipe y’abatarengeje imyaka 17 azatangira gushaka itike z’igikombe cya Afurika mu mwaka wa 2020.


Ikipe y'u Rwanda yari imaze iminsi yitegura 

Ikipe y’u Rwanda yahagarutse mu Rwanda saa saba z’ijoro ry’uyu wa Kane aho byari biteganyijwe ko bagera i Asmara saa yine (10h00’) zuzuye z’igitondo cy’uyu wa Kane tariki 14 Kanama 2019.


Ubwo ikipe y'u Rwanda yari iri ku kibuga cy'indege mpuzamahanga cya Kigali kiri i Kanombe 


Dore abakinnyi 20 bagiye muri Erythrea:

Abanyezamu (2): Nshimiyimana Christian and Byiringiro James

Abugarira (7): Ishimwe Veryzion, Mbonyamahoro Selieux, Niyonkuru Fiston, Nshuti Samuel, Kagimbra Byiringiro Benon, Fumbia Charles, Ishimwe Moise

Abakina hagati (8): Iradukunda Siradji, Mwizerwa Eric, Hoziyana Kennedy, Iradukunda Pacifique, Niyogisubizo Asante Sana, Sibomana Sultan Bobo, Irakoze Jean Paul and Niyo David

Abataha izamu (3):Irahamye Eric, Uwizeyimana Celestin and Mugisha Edrick Kenny

Umutoza mukuru: Rwasamanzi Yves

Umutoza wungirije: Gatera Moussa

Umutoza w'abanyezamu: Kabalisa Calliope

Uwushinzwe umubiri w'abakinnyi: Tuyishime Jean Claude

Umuganga w'ikipe: Higiro Jean Pierre 

Uwushunzwe ibikoresho: Tuyisenge Eric

Uwushinzwe ibikorwa by'ikipe: Ntarengwa Aimable

Uyoboye itsinda: Nshimiyimana Alexis Redamptus


U Rwanda rwasoje imyitozo kuri uyu wa Gatatu kuri sitade ya Kigali 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND