RFL
Kigali

CYCLING: Uwizeyimana yatwaye Northern Challenge, Nzayisenga, Manizabayo na Muhirwa nabo bahiga abandi-AMAFOTO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:6/07/2019 22:49
0


Uwizeyimana Bonaventure ukinira Benediction Excel Emergy Continental Team y’i Rubavu yahize abandi atwara isiganwa rya Northern Challenge 2019, isiganwa rigize Rwanda Cycling Cup 2019 ryakinwaga kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 6 Nyakanga 2019 mu karere ka Musanze na Gakenke.



Uwizeyimana Bonaventure yatsinze mu cyiciro cy’abakinnyi bakuru n’abatarengeje imyaka 23 ubwo bakoraga urugendo rufite intera ya kilometero 150.5 (150.5 Km) akarusoza akoresheje 3h32’55”.





Uwizeyimana Bonaventure asoza isiganwa 

Muri uru rugendo, abasiganwa muri iki cyiciro babanje kuva ku isoko rya Musanze bafata umuhanda wa Musanze-Gakenke bagarukira ku musozi wa Buranga ahateganye na Wolfram babona gusubira mu karere ka Musanze aho bazengurutse uyu mujyi inshuro 15.




Mu nzira ya Musanze-Gakenke-Musanze 

Kuva ku isoko ry’akarere ka Musanze kugera kuri Wolfram mu Gakenke ukagaruka mu karere ka Musanze hari intera ya kilometero 50 (50 Km). Kugera mu karere ka Musanze ukazenguruka uyu mujyi inshuro 15 ukora agace ka kilometero 6.7 (6.7 km) bingana na kilometero ijana na metero 50 (100.5 Km).

Urugendo rwa Musanze-Gakenke-Musanze rwarangiye Manizabayo Eric na Nsengimana Jean Bosco bose bakina muri BEX bari kumwe basize cyane igikundi cyari kibakurikiye kirimo; Uwizeyimana Bonaventure, Ruberwa Jean Damascene, Mugisha Moise, Nzafashwanayo Jean Claude.

Mu gutangira uru rugendo abakinnyi bose baje kwisanga bayobowe na Mugisha Moise wa Fly Cycling Club utaje gutinda kuri ubu buyobozi kuko hahise haza Ruberwa Jean Damascene (Nyabihu Cycling Club) ashorewe n’abakinnyi barimo Manizabayo Eric na Jean Bosco Nsengimana bose ba BEX.


Mugisha Moise, Manizabayo Eric na Byiza Renus bakurikirana bajya i Gakenke 




Rugamba Janvier imbere ayoboye abandi 


Rugamba Jabvier areba ko akurikiwe 

Aba bakinnyi uko ari batatu bakomeje kubana (Break Away) kugeza ubwo baje gusa n’abavira inda imwe kuri Ruberwa Jean Damascene birangira akuyeho ubwo baburaga nka kilometero icumi (10 Km) ngo bagere kuri Wolfram aho bagombaga gukatira basubira mu karere ka Musanze.



Magnell Sterling (Imbere) umutoza w'ikipe y'igihugu nawe akunze kujya mu isiganwa agasiganwa 

Nyuma yo kuba Ruberwa Jean Damascene yari asigaye, byabaye ngombwa ko isiganwa risigara riyobowe na Benediction Excel Energy Continental Team nk’ikipe irusha izindi imbaraga mu Rwanda no muri Afurika.

Baje kugera mu karere ka Musanze batangira kuzenguruka inzira iva ku Isoko-National Police Academy-WASAC-Saint Vincent-Stade Ubworoherane-Sonrise High School-Ku Ibereshi babone kugruka ku isoko. Aba bakinnyi bahakoze inshuro 15 zihwanye na kilometero 100 (100 Km).

Uduce dutandatu (6 Laps) twa mbere n’ubundi Manizabayo Eric na Jean Bosco Nsengimana bari imbere mbere y’uko Uwizeyimana Bonaventure bakinana abakuraho agakora udusigaye icyenda ari imbere akanatsinda mu ka nyuma ari imbere kuko muri rusange yakoresheje 3h32’55’’.



Manizabayo Eric wari wayoboye isiganwa afatanya na Jean Bosco Nsengimana yaje ku mwanya wa kabiri akoresheje 3h34’12”.Uwiduhaye Mike (Nyabigu Cycling Team) yaje ku mwanya wa gatatu akoresheje 3h34’15”.





Manizabayo Eric bita Karadio umukinnyi utanga icyizere mu mukino wo gusiganwa ku magare 


Nsengimana Jean Bosco umukinnyi watwaye Tour du Rwanda 2015

Uhiriwe Byiza Renus (BEX) yaje ku mwanya wa kane akoresheje 3h35’ mu gihe Munyaneza Didier (BEX) yaje ari uwa gatanu banganya ibihe.


Uwihirwe Byiza Renus asoma amazi 

Munyaneza yagize ikibazo mu rugendo rwa Musanze-Gakenke atobokesha ipine mbere y’uko agwa mu kuzenguruka muri Musanze.

Nsengimana Jean Bosco watangiye akora cyane kugira ngo aharure inzira ya Benediction nk’ikipe ye, byaje kurangira ahariye bagenzi be aza ku mwanya wa karindwi (7) akorsheje 3h35’03”.

Muri iki cyiciro, Manizabayo Eric yafashe umwanya wa kabiri ariko aba uwa mbere mu bakinnyi batarengeje imyaka 23 anatwara igihembo cy’umunsi muri iki cyiciro (U23).

Icyiciro cy’abakinnyi bakuru n’abatarengeje imyaka 23, batangiye ari abakinnyi 51 hasoza  15 kuko abandi 36 bananiwe gusoza iri siganwa ritari ryoroshye muri rusange.

Ikipe y’igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DR Congo) iri mu Rwanda yitegura Tour du Congo 2019, mu bakinnyi 25 bari bafite mu isiganwa hasoje umwe gusa waje ku mwanya wa 13 akoresheje 3h43’42”.


DR Congo Team i Musanze 

Mu cyiciro cy’abahungu bakiri bato (Men Junior), Nzeyimana Muhirwa wa Benediction Excel Continental Team yake ku mwanya wa mbere akoresheje 2h27’45” mu ntera ya kilometero 100.5 aho bazengurukaga inshuro 15 inzira iva ku isoko- National Police Academy-WASAC-Saint Vincent-Stade Ubworoherane-Sonrise High School-Ku Ibereshi babone kugruka ku isoko.



Nzeyimana Muhirwa asoza mu bana b'abahungu ari uwa mbere 

Muri iy nzira, Muhoza Eric wa Les Amis Sportifs yaje ku mwanya wa kabiri akoresheje ibihe bimwe n’ibya Muhirwa mu gihe Hakizimana Felicien wa SKOL Fly Cycling Team yaje ari uwa gatatu kuri ibyo bihe akurikiwe na Nsabimana Jean Baptiste bakinana wakoresheje 2h27’47”.


Nsabimana Jean Baptiste imbere 

Muri iki cyiciro hatangiye abakinnyi 35 hasoza 27 mu gihe umunani (8) batabashije gusoza isiganwa.

Mu cyiciro cy’abakobwa bakoraga intera ya kilometero 80.4 kuko bazengurukaga inshuro 12 inzira iva ku isoko- National Police Academy-WASAC-Saint Vincent-Stade Ubworoherane-Sonrise High School-Ku Ibereshi babone kugruka ku isoko.

Nzayisenga Valentine (BEX) yahize abandi akoresha 1h59’30’’ akurikirwa na Claudette Nyirarukundo bakina kuko yaje ku mwanya wa kabiri akoresheje 1h59’33’’ mu gihe Mukashema Josiane yaje ari uwa gatatu akoresheje 2h03’32”.


Nzayisenga Valentine (Iburyo) na Claudette Nyirarukundo (Iburyo) bakurikiranye 



Nzayisenga Valentine ahembwa 

Izerimana Olive (BEX) yaje ari uwa kane akoresha 2h04’49’’ mu gihe Ishimwe Diane (BEX) yaje ku mwanya wa gatanu akoresheje 2h04’51”.

Muri iki cyiciro batangiye ari abakinnyi icyenda (9) hasoza barindwi gusa (7) kuko Mukeshimana Aliance na Mukundente Genevieve ba BEX batabashije kwihanganira gusoza.


Nzafashwanayo Jean Claude imbere ya Byukusenge Patrick bakinana muri BEX   

      

Igikundi cyari gikurikiye Manizabayo, Nsengimana na Ruberwa bari imbere  


Uwizeyimana Bonaventure mu mwenda aheruka gutwara wa shampiyona 2019 


Habimana Jean Eric (SKOL) yakinnye mu bakuru n'abaterengeje imyaka 23


Ruberwa Jean Damascene yagerageje biranga

Abafana b'igare i Musanze 

Nsengimana Jean Bosco mu nzira ajya i Gakenke ava i Musanze  


Manizabayo Eric (Ibumoso) na Nsengimana Jean Bosco (Iburyo) bayoboye isiganwa igihe kirerkire



Ruberwa Jean Damascene yagerageje kubahiga birangira ananiwe arabareka 


MC Bosco (Ibumoso) na MC Bryan (Iburyo)


Manizabayo Eric (Ibumoso) na Bonaventure Uwizeyimana (Iburyo)


Mbere y'uko isiganwa ritangira 


Gasore Hategeka abitse Rwanda Cycling Cup ebyiri (2016, 2018)


Ruberwa Jean Damascene mbere yo gutangira 


Hakizimana Cyprien wa SKOL FLY Cycling Team 


Habimana Jean Eric  wa SKOL Fly Cycling team 



Gahemba Bernabe wa Les Amis 


Mugisha Moise nawe akina muri Fly Cycling Team 





Abakinyi bakuru bakata bava i Gakenke basubira i Musanze 


MC Bryan aba ageza ku bantu uko isiganwa rimeze 


IKipe ya DR Congo yaboneye isomo ry'igare i Musanze 

PHOTOS: Saddam MIHIGO






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND