RFL
Kigali

Hon.Bamporiki Edouard yasabiye umugeni Mike Karangwa-AMAFOTO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:17/02/2019 19:27
1


Hon Bamporiki Edouard, Umuyobozi w’Itorero ry’Igihugu, ni we wasabiye umugeni (Isimbi Roselyne [Mimi]) umunyamakuru Mike Karangwa.



Umuhango wo gusaba no gukwa wabaye kuri uyu wa 17 Gashyantare 2019, ubera Holy Guest Inn KK 515 St ku Kicukiro ugana kuri Bralirwa. Mu bari bambariye Mike Karangwa harimo abanyamakuru Luckman Nzeyimana, Bunane Happy,  Friday James  na Claude Kabengera wakoreye ibitangazamakuru bitandukanye. Jules Sentore ari mu bahanzi baririmbiye abageni. Kuya 14 Gashyantare 2019 ni bwo Mike Karangwa yasezeranye mu mategeko n’umukunzi we mu muhango wabereye ku Murenge wa Niboye ku Kicukiro.

Hon Bamporiki ni we wasabiye umugeni Mike Karangwa

Mike Karangwa yamenyekanye cyane mu biganiro by’imyidagaduro hano mu Rwanda. Yakuriye muri Kiliziya Gatolika abatizwa bwa kabiri muri Eglise Vivante muri 2008. Aherutse kubwira INYARWANDA ko umukunzi we bagiye kurushinga bamaranye igihe kinini baziranyi. Yagize ati “Ni umuntu nzi kuva ari muto cyane, unzi ntaraba Mike mwebwe muzi, tuziranye kuva cyera cyane....".

Mike Karangwa yitegereza umugeni we Mimi

Ubukwe bw’aba bombi buteganyijwe kuba tariki 23 Gashyantare 2019. Mike na Isimbi bazasezeranira mu rusengero rwa Eglise Vivante ruherereye ku Kimihurura mu Mujyi wa Kigali, umuhango uzaba saa cyenda z’amanywa. Kwiyakira bizaba saa kumi n’imwe z’umugoroba, bibere muri Kigali Conference and Exhibition Village (KCEV) ahazwi nka Camp Kigali.

Baraberewe.............

Hon Bamporiki ni we wasabiye umugeni Mike Karangwa


Claude Kabengera na Lucky Nzeyimana bari bambariye Mike Karangwa. Ubu bukwe bwayobowe na Mc Philos


Jules Sentore yaririmbiye abageni


AMAFOTO: Cyiza Emmanuel-INYARWANDA.COM 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Ngoga bienvenue5 years ago
    Muraberanye Imana ibahe umugishaaa





Inyarwanda BACKGROUND