RFL
Kigali

Padiri Uwimana Jean Francois uririmba hip hop yasusurukije urubyiruko rw’ Iwawa

Yanditswe na: UDAHOGORA Vanessa Peace
Taliki:31/01/2019 12:54
31


Padiri Uwimana Jean Francois, umusaseridoti muri kiliziya gatolika benshi bamenye nk’umuhanzi mu njyana ya hip hop yataramiye urubyiruko rwo mu kigo ngororamuco cya Iwawa. Iki gitaramo kandi yakoze cyabaye nyuma y’uko yari yajyanye n’abandi bapadiri bagiye gutanga amasakaramentu ku bari Iwawa.



Ku munsi w’ejo hashize tariki 30/01/2019 nibwo Padiri Uwimana Jean Francois umaze igihe gito avuye muri Canada yerekeje Iwawa mu kigo ngororamuco ahakorera igitaramo cyo gusingiza Imana no gukangurira abariyo kwiyegereza Imana. Yaririmbye zimwe mu ndirimbo ze nka ‘Nyirigira’ aho yabashishikarizaga gufata icyemezo cyo kwisubiraho.

Padiri

Mbere yo gutarama habanje misa yanatanzwemo amasakaramentu

Izindi ndirimbo yaririmbye harimo ‘Uhoraho’, iyi yayiririmbye ashishikariza abari Iwawa kwizera Imana aho kwiyica mu bwonko n’ibiyobyabwenge. Yaririmbye ‘Gusenga’ na Twigendere ziri mu njyana ya rap ababwira ko Imana ibakunda kandi ibazi kandi ko nibumva ko bakunzwe bizabafasha kutiheba no gukunda abandi bakanakorera igihugu.

padiri

Padiri Uwimana yataramiye ab'Iwawa

Padiri Uwimana yabwiye Inyarwanda ko mu gihe yari yajyanye n’abandi bapadiri mu muhango wo gutanga amasakaramentu, mu gihe ababyifuza bajyaga guhabwa penetensiya we yafashe umwanya wo gutaramira abandi mu ndirimbo zikubiyemo ubutumwa bwo gukunda Imana no kuyisingiza. Uyu mupadiri asanzwe afite indirimbo zitandukanye zitamenyerewe cyane muri kiliziya gatolika harimo n’iza hip hop.

Reba zimwe mu ndirimbo za padiri Uwimana Jean Francois:

">

">

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Dawu5 years ago
    Ibi bintu ni uburyohe kabisa.
  • Dawu5 years ago
    Kandi abapadiri nk aba nibo dukeneye. Nari nkibagiwe am sorry!
  • Baba5 years ago
    Congzzz to padri. Naravivuye kabsa
  • Kkk5 years ago
    Padiri ndakwemera ikibazo ni kimwe nuko utazajyana ngo unshyire mu mago
  • Jj5 years ago
    Padiri oyeeee
  • Mutoni5 years ago
    Uno musore arasimbuka neza arakndgra
  • Jj5 years ago
    Ndakwemera kabisa musaza komeza ubahe
  • Www5 years ago
    Gooooooooool bahe sha syeee
  • Gaju5 years ago
    Bahe musaza. Njye ndakwemera.
  • N mza5 years ago
    Uyu mupadiri ndamukunda uwamuntiza nk udusaha tune
  • Kl5 years ago
    Imana nisingizwe no munsi abayikorera bahorane amahoro.
  • Ma5 years ago
    Shimwa mana kubera uyu mwana wawe undyohereza umuhe amavuta pe
  • R5 years ago
    Aba nibo bapadiri dukeneye muri vision
  • Ddd5 years ago
    Mambo vipi
  • Jery5 years ago
    Amina
  • Nema 5 years ago
    Ndagukunda nkabura icyo nkora
  • Toto5 years ago
    Wow ndakwemera komereza aho ntugacogore.
  • Welasoni5 years ago
    Uyu ni umusaza kweli. Icyo gikobwa ngo arakakigira gute?
  • Abisi 5 years ago
    Uyu mupadiri ni wawa kabisa.
  • Bebeto5 years ago
    Ndakwemera kabisa imana ikongereho amavuta ukomeze ukore ubutumwa na mayibobo zikeneye kumenya imana. Imana ishimwe kuba hariho abantu nk aba bayikorera.





Inyarwanda BACKGROUND