RFL
Kigali

TOP5: Imijyi abanyarwandakazi bazi kurya ubuzima baharaye gutembereramo

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:14/01/2019 15:36
1


Abazi iby'ubuzima baravuga ngo ni bugufi, ab'ubu nabo bakavuga ngo uwiyimye apfa nk'uwiyahuye! ibi bisa nk'ibyumvwa cyane na bamwe mu banyarwandakazi bakunze gutembera mu bihugu bitandukanye mu mijyi ikomeye, bagasangiza ibihe byiza bahagirira ababakurikirana kuri interineti. Tugiye kugaruka ku mijyi benshi baharaye gutembereramo.



Burya ngo akanyoni katagurutse ntikamenya iyo bweze, kugenda mu bihugu bitandukanye ni bimwe mu bizwiho gufungura imitekerereze ya muntu. Hari ukujya mu bihugu bitandukanye mu bucuruzi, gutembera n'ibindi, abanyarwandakazi b'abanyamugi kandi bakunze gutembera bakunze gusangiza abandi banyarwanda iby'izi ngendo zabo binyuze ku mbuga nkoranyambaga, ari naho twahereye twegeranya imwe mu mijyi benshi muri bo bakunze gutemberamo bakanasangiza interineti ubuzima buryoshye baba barimo muri iyo mijyi.

1. Mombasa - Kenya

Mombasa

Umucanga uri ku nkombe z'inyanja y'abahinde iri mu gace ka Mombasa, umwe mu mijyi iri mu gihugu cya Kenya. ni kimwe mu bikunze gutuma benshi mu banyarwandakazi muri iyi myaka ya vuba baharaye kuhasohokera ndetse  no kuhatemberera. ibimoto byo mu mazi, amafoto ateye amabengeza n'ibindi bitandukanye biri mu rwibutso bamwe mu banyarwandakazi bakura i Mombasa.

2. Lagos -Nigeria

Lagos

Nigeria igihugu kinini, gikize kandi gifite imijyi myinshi, umwe mu yamamaye cyane hano mu Rwanda ni Lagos. Uyu ni wo mujyi wa mbere munini uba mu gihugu cya Nigeria,ukanabamo ubucuruzi bwinshi. Uzwiho kugira ubuzima buryoshye cyane ko unarangwa n'imyidagaduro cyane, abamiliyoneri n'ibindi byiza bitandukanye. Ibi ni bimwe mu bikurura cyane ba mukerarugendo barimo n'abanyarwandakazi.

3. Dubai -United Arab Emirates

Dubai

Uyu ni umujyi ukunzwe cyane n'abanyarwandakazi benshi bakunda gutembera no kurya ubuzima, hari na benshi barota kuhajya n'ubwo usanga abatarahagera mu bitwa abanyamujyi ari mbarwa. Benshi bahakundira ubwiza bw'umujyi n'iterambere rihanitse ufite, dore ko ibizu by'imiturirwa biharangwa, inkombe z'inyanja ziryoheye ijisho, ubutayu bukundwa na ba mukerarugendo byose bikurura benshi ku isi.

4. Paris - France

Paris

Paris, umurwa mukuru w'abafaransa, ni umwe mu yo benshi mu banyarwandakazi b'abanyamujyi bari gusura cyane. Uyu mujyi sibo bawukudna gusa, dore ko uyu mujyi ufatwa na benshi ku isi nk'iwabo w'abasirimu kubera amateka iki gihugu gifite mu kwenga za wino zihenze, imitekere yo ku rwego rwo hejuru n'ibindi bitandukanye. Umunara wa "Eiffel Tower"  uri mu bizakubwira ko umunyarwandakazi yageze i Paris kuko ari bacye cyane bavayo batawifotorejeho.

5. Rio de Janeiro -Brazil

Rio

Rio de Janeiro ni umwe mu mijyi ituwe cyane mu gihugu cya Brazil ndetse no muri Amerika y'Amajyepfo, ikanaba umurwa mukuru w'iki gihugu. Uyu mujyi uzwiho cyane inkombe z'inyanja z'ubwiza bwihariye n'umucanga ukurura abatari bake. Cyakora bitewe n'uburyo kujyayo bidahendutse na mba, si benshi bigondera ubushobozi bwo kuwutembereramo, gusa hari abanyamujyikazi bo mu Rwanda bamaze kuhatemberera. 

N'ubwo nta wakwihandagaza ngo avuge ko abanyarwandakazi ari bo batembera gusa cyangwa bajya mu bikorwa bitandukanye hanze y'u Rwanda, nibo ahanini bagaragaza kuri interineti ibihe byiza baba bagiriye muri ubwo butembere, bagasangiza abataragerayo uko byari byifashe.







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Gasongo5 years ago
    Umva nshuti yange munyamakuru, Lagos na Brazil hakuremo kuko abakobwa bacu ntibaha affording. Hariya bajya za Dubai na za Mombasa nabagabo baba babtegeye amatike yindege ngo babasangeyo bakore imibonano. Nhubundi ntakuryubuzima birimo.





Inyarwanda BACKGROUND