RFL
Kigali

Bralirwa yamuritse ku mugaragaro Heineken yengewe mu Rwanda

Yanditswe na: Yvonne Murekatete
Taliki:22/12/2018 19:09
0


Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 21/12/2018, uruganda rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye (Bralirwa Ltd) rwamuritse ku mugaragaro inzoga nshya Heineken yengewe mu Rwanda ku nshuro ya mbere.



IBYISHIMOUbuyobozi bw'uruganda rwa Bralirwa busobanura ko bwatangiye kwengera iyi nzoga mu Rwanda mu rwego rwo guteza imbere politiki ya leta yiswe Made in Rwanda igamije guteza imbere ibikorerwa imbere mu gihugu no kugabanya ibitumizwa mu mahanga. Iyi nzoga icupa rimwe rihagaze amafaranga 800 Rwf ku mucuruzi usanzwe, mu gihe ubusanzwe ryaguraga 1.000 Rwf.

sebera

Sebera Michel /MINICOM

Umunyamabanga wa leta uhoraho muri Minisiteri y'ubucuruzi n'inganda  MINICOM, SEBERA Michel yashimye Bralirwa ku nkunga yateye gahunda y'ibikorerwa mu  Rwanda.

Gusa bitandukanye n'uko byari bisanzwe ku bucuruzi bwa Heineken  iri cupa ry’iyi nzoga  nshya rizajya risubizwa umucuruzi, mu gihe ubusazwe ryakoreshwaga rimwe gusa. Ubusanzwe inzoga ya Heineken yoherezwaga mu Rwanda iturutse mu Buholandi.

IYI

Ni umuhango witabiriwe n'abatari bacye

Bralirwa ibaye uruganda rwa 9 ku isi yose rwengera Heineken hanze y’igihugu cy’u Buhorandi, ahari icyicaro gikuru cy’uruganda rwa Heineken Group.

benshi

Byari ibyishimo kuri benshi

Kuri ubu imibare yerekana ko Bralirwa yungutse miliyari 2.1 z’amafaranga y’u Rwanda mu gihembwe cya mbere cy’uyu mwaka wa 2018, mu gihe muri rusange yari yinjije amafaranga abarirwa kuri miliyari 45.4 z’amanyarwanda.

imiti

Abayisogongeye buzuye akanyamuneza

AMAFOTO: Iradukunda Dieudonne  (Inyarwanda.com)






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND