RFL
Kigali

Police FC ivugwamo impinduka mu batoza ikomeje imyitozo yitegura Espoir FC

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:24/10/2018 14:07
0


Nyuma yo gutsindwa na AS Muhanga ibitego 2-1 mu mukino w’umunsi wa mbere wa shampiyona 2018-2019, kuri ubu ntabwo umwuka umeze neza mu ikipe ya Police FC kimwe mu byakurikiye ugutakaza amanota atatu y’umunsi wa mbere wa shampiyona.



Albert Mphande mutoza mukuru wa Police FC avuga ko nyuma yo gutsindwa na AS Muhanga adafite icyo yavuga ku bivugwa ko atameranye neza na Nshimiyimana Maurice bita Maso umutoza usanzwe amwungirije muri iyi ikorera imyitozo ku kibuga cya Kicukiro.

Abajijwe niba abanye neza na Nshimiyimana Maurice bita Maso cyangwa se niba hashobora kuba impinduka ku mwanya w’umutoza wungirije muri Police FC, yavuze ko nta kintu yabivugaho kinini ariko ko kandi impinduka zishobora kuba cyangwa ntizibe bitewe n’impamvu runaka abayobozi b’ikipe bifuza we atazi.

“Nta kintu nabivugaho kuko njyewe nzi ko umwuka umeze neza. Ubu nta kintu nabuvugaho aka kanya wenda ubutaha nagira icyo mvuga. Ubu nibereye mu gutegura umukino utaha. Amakosa yabaye dutsindwa na AS Muhanga sinshaka kuyagarukaho cyane kuko ndigutegura umukino”. Mphande

Police FC basohoka mu kibuga

Albert Mphande umutoza mukuru wa Police FC aganira n'abanyamakuru nyuma y'imyitozo y'uyu wa Gatatu

Amakuru ahari avuga ko ubwo Police FC yari imaze gutsindwa na AS Muhanga, Albert Mphande na Nshimiyimana Maurice batabyumvikanyeho neza kuko Mphande yavugaga ko yajijishijwe na Nshimiyimana Maurice mu bijyanye no gusimbuza.

Nshimiyimana Maurice Maso ntabwo ameranye neza na Albert Mphande

Nshimiyimana Maurice Maso ntabwo ameranye neza na Albert Mphande 

Agaruka ku buryo azakina, Albert Mphande avuga ko akenshi iyo ikipe yatsinzwe bibha ngombwa ko habaho impinduka mu bakinnyi baba bagomba kubanza no gusimbura mu mukino.

Police FC yatsinzwe na AS Muhanga ibitego 2-1 i Muhanga, igomba kuba yakira Espoir FC kuri uyu wa Gatanu tariki 26 Ukwakira 2018 kuri sitade ya Kigali.

Ndayishimiye Celestin

Ndayishimiye Celestin (3) mu myitozo y'uyu wa Gatatu

Ndayishimiye Celestin (3) mu myitozo y'uyu wa Gatatu

Bwanakweli Emmanuel umunyezamu wa kabiri muri Police FC

Bwanakweli Emmanuel umunyezamu wa kabiri muri Police FC

Maniraguha Claude umutoza w'abanyezamu ba Police FC atera imipira iteretse igana mu izamu

Maniraguha Claude umutoza w'abanyezamu ba Police FC atera imipira iteretse igana mu izamu

Police FC basohoka mu kibuga

Nzarora Marcel  umunyezamu wa Police Fc  acenga bagenzi

Nzarora Marcel  umunyezamu wa Police Fc  acenga bagenzi 

Nduwayo Danny Bariteze umunyezamu wa Police FC wanakiniye Gicumbi FC

Nduwayo Danny Bariteze umunyezamu wa Police FC wanakiniye Gicumbi FC

Bahame Alafat (Ibumoso/6) na Ishimwe Issa Zappy (Iburyo/26)

Bahame Alafat (Ibumoso/6) na Ishimwe Issa Zappy (Iburyo/26)

Muhinda Bryan

Muhinda Bryan umwe mu bagize umutima w'ubwugarzii bwa Police FC mu mukino

Muhinda Bryan umwe mu bagize umutima w'ubwugarizi bwa Police FC 

Muvandimwe Jean Marie Vianney bita Kurzawa anobagiza umupira nyuma yo gukira ikibazo byari afite mu itako

Muvandimwe Jean Marie Vianney bita Kurzawa anobagiza umupira nyuma yo gukira ikibazo byari afite mu itako

Nyuma y'imyitozo habaye inama yahuje ikipe y'abayobozi muri gahunda yo kugarura umwuka mwiza

Nyuma y'imyitozo habaye inama yahuje ikipe y'abayobozi muri gahunda yo kugarura umwuka mwiza

PHOTOS: Saddam MIHIGO (Inyarwanda.com)

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND