Kigali

Umunyamakuru Christian ushinjwa gutangaza ko yapfuye agamije kumenyekana ari kuvumirwa ku gahera

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:11/11/2016 21:26
9


Ku mugoroba w’uyu wa gatanu tariki 11 Ugushyingo 2016 ni bwo ku mbuga nkoranyambaga cyane cyane Facebook hatangajwe amakuru yababaje benshi avuga ko umunyamakuru Christian ukorera Radio Authentic ya Zion Temple yitabye Imana azize impanuka.



Nyuma y’aya makuru avuga urupfu rwa Christian Niyitegeka, benshi mu nshuti ze bagiye mu gahinda ndetse bivugwa ko hari n’abatangiye gushaka uko bakusanya inkunga yo gushyigikira umuryango asize ndetse abandi batangira kubaririza ibitaro umurambo we uherereyemo kugira ngo babashe kuhagera bifatanye n’umuryango n’inshuti ze mu kababaro.

 

Christian

Ubutumwa bwahamyaga ko Christian yitabye Imana azize impanuka

Inyarwanda.com twahise duhamagara terefone ngendanwa y’uyu munyamakuru Christian Niyitegeka, dusanga iri kumurongo ndetse ari na we ubwe urimo kuyikoresha. Twamubajije iby’ayo makuru avuga ko bimutunguye cyane ndetse ko ababajwe n’umuntu watinyutse kumwifuriza ibintu bibi nk’ibyo.

Ni nyuma y’aho Inyarwanda yari imaze kumenya amakuru avuga ko iyo konti ya Facebook ari Christian wayifunguriye ubwe ari kuri Media High Council (MHC) ndetse akaba ari nawe uyikoresha nk’uko umuntu w'inshuti ye ya hafi na we w'umunyamakuru yabitangarije Inyarwanda.com.

Niyitegeka Christian abajijwe na Inyarwanda.com niba azi uwitwa Umwali Kethia watangaje urupfu rwe akoresheje Facebook, yavuze ko baziranye ndetse ko bajya bandikirana. Iby’uko Christian yaba ari we ukoresha iyo Facebook nk’uko amakuru agera ku Inyarwanda.com abivuga, ndetse akaba ari we waba watangaje ko yapfuye agamije kumenyekana nk’uko bivugwa na bamwe mu nshuti ze za hafi, Christian yabyamaganiye kure, avuga ko adashobora gukora ikosa nk’iryo. Ati

Njye ibyo ntabwo nabikora, gusa (Umwali Kethia) turaziranye nzaza nkwereke message zose twaganiriye uzamenya ukuri. (..) Birashoboka ko urwango cyangwa se ububi bw'abantu bugera kure, uyu munsi Kethia yifuje ko naba ntakiriho but I'm alive ndi Christian, sinzi ibiri mu mutima we ariko icyo mbona ni agahimano.

Christian afite abamushinja ko ari we wafunguye konti yatangaje ko yapfuye

Umunyamakuru Munyakayanza Vainqueur wa Contact Fm yahamirije Inyarwanda.com Christian ari we wihishe inyuma y'urupfu rwe rwatangajwe.  Ati: ‘Njye ntabwo nari nitaye kuri account ndibuka ko mu cyumweru gishije turi MHC (Christian) yayinyeretse ari kumbaza ngo ni gute namukuriraho number ye (ya terefone) ni yo yari kuri iyo account, uriya mwana arambabaje kabisa arashaka hit atakoreye’. Bamwe mu basanzwe bakoresha imbuga nkoranyambaga by'umwihariko Facebook, bavuga ko konte y'uwabitse urupfu rwa Christian ari nshya cyane ndetse ikaba ikemangwa bashingiye ku mafoto ariho n'ibindi. 

Abandi twaganiriye bo muri Gospel bijujutiye bikomeye uyu munyamakuru Christian bamuvumira ku gahera bakimara kumenya amakuru y'uko ari we wibitse agamije kumenyekana nubwo we abihakana ariko bikemezwa n'inshuti ze za hafi. Umwe mu bo twaganiriye utifuje ko amazina ye atangazwa, yagize ati "Christian akeneye deliverance kuko ibintu yakoze byo kwibikira ko yapfuye byerekanye ko akeneye kubaturwa rwose."

Image result for Munyakayanza Vainqueur

Munyakayanza Vainqueur yivugira ko yiboneye Christian akoresha iyi Facebook yabitse urupfu rwe

Niyitegeka Christian ni umunyeshuri muri Kaminuza y’u Rwanda mu ishami rya Kigali mu itangazamakuru akaba ari umunyamakuru kuri Radio Authentic y'itorero Zion Temple ndetse akaba yaranakoreye Radio Flash n'urubuga rwa Gikristo rwitwa Ibyishimo.com aho yavuye adacana uwaka n'abayobozi barwo. Bamwe mu nshuti ze bavuga ko yaharaniye kumenyekana kuva cyera kandi ahanini mu bintu bibi.

Mu gihe gishize Christian yigeze gushyirwa ku rutonde rw’abanyamakuru 10 bo mu Rwanda barya ruswa, aba ari we wo muri Gospel gusa urugaragaraho, ibyo na byo bikaba bivugwa ko yari yabivuganyeho n'abakoze iyi nkuru agamije kumenyekana. Aherutse kandi kwandika inkuru ziswe iziharabika abahanzi babiri bakomeye hano mu Rwanda muri Gospel harimo na Patient Bizimana aho naho bivugwa ko yashakaga kubamenyekaniraho nkuko amakuru agera ku Inyarwada.com abivuga.

Christian Niyitegeka abaye ari we wabeshye abantu ko yapfuye ntabwo yaba ari we munyamakuru wa mbere wo muri Gospel waba utangaje ko yapfuye kandi ari muzima kuko mu mwaka wa 2014 umunyamakuru witwa Umuhoza Honore uzwi ku izina rya Mc V wakoreraga Sana Radio na yo ya Gikristo yatangaje ko yitabye Imana azize impanuka yakoreye i Rubavu. Icyo gihe yaje gutabwa muri yombi na Polisi y'u Rwanda nyuma yo gusanga ibyatangajwe ari ibihuha kandi bigatangazwa n’uwo byavugwaga ko yapfuye ari we Mc V.

Christian

Christian hamwe na Israel Mbonyi

Christian

Hano yari kumwe na Ronnie wo muri Power of Praise (POP)

Christian

Christian hamwe n'icyamamare Bosebabireba

Miss Kundwa

Hano Christian yari kumwe na Miss Kundwa Doriane

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • umuhoza thithi8 years ago
    umuhozatg@mail
  • Manzi8 years ago
    Byaba bibabaje cyane abaye ari we pe,ariko mubanze muperereze neza mumenye ukuri koko
  • kamana8 years ago
    Uyu muturage se ubundi yabaye umunyamakuru binyuze mu zihe nzira? Ndabona ari umuturage wujuje ibyangombwa. Ubundi se kumenyekana byamumarira iki? Sura mbaya kabisa. Polisi ikore akazi kayo. Icyaha yakoze kirakomeye.
  • 8 years ago
    Usaba icyo azabona agira at I icyampa nkapfa,nahumure ruramutegereje
  • kz8 years ago
    uyumwana se Ayaaaaaa
  • Marie Merci8 years ago
    Uwiteka ahe umugisha iki cyifuzo cye maze rwose bibe uko abishaka 1000%
  • vava8 years ago
    ndebye uru ruhungu numva ndacumuye.urucucu gusa.urasebyq radio yaba christ gusa.wararezwe cg?
  • Jeremie8 years ago
    Ubundic simbona ari umustar kuri ayamafoto yibyamamare yifotozanyije nabyo
  • qween sangwa8 years ago
    ndumiwe koko ubwo koko uzabwira abantu inzira nzizabkandi urimo kurya hit yamadayimoni gusa cyokora tuve mumwuka mumubiri nubundi urasa nurupfu va mubantu ahubwo



KOPA

Inyarwanda BACKGROUND