RFL
Kigali

Ni iki cyihishe inyuma yo kwamamara, bikarangira basubiye ku ntebe bahozeho?

Yanditswe na: Abdou Bronze
Taliki:16/06/2016 9:33
2


Uko iminsi yicuma niko usanga benshi mu bahanzi nyarwanda bari bashoboye ndetse batanga ikizere cyo kwamamara ku rwego rw’isi ariko bikarangira umuhanzi runaka yikuye mu kibuga ibi bigatera benshi urujijo.



Ugereranyije muzika nyarwanda yo hambere na muzika y'iki gihe, bigaragara ko habayeho impinduka haba mu buryo ikorwamo,imyumvire y’abakunzi bayo ndetse ikaba itunze n’abakora uyu mwuga.

N’ubwo umwuga w’ubuhanzi mu Rwanda umaze gutera intambwe, igikomeza kwibazwaho n’uburyo abawukora bagera ku rwego rushimishije harimo kwegukana ibihembo bikomeye no kwitabira amaserukiramuco akomeye ku isi  ariko bikarangira bamwe muri bo basubiye kuri ya ntebe bahereyeho.

hhh

Irushanwa rya PGGSS rifasha benshi kwamamara ariko abahanzi ntibabyiteho

Ni mu gihe benshi mu bahanzi barimo Abdoul Makanyaga, bemeza ko  mu myaka yashize uyu mwuga wakorwaga neza,  abahanzi baririmba ku bwo gukunda uyu mwuga nta gihembo runaka bategereje kandi bakaba bakigaragaza.

Iyi nkuru Inyarwanda.com twakoze twifashishije abakunzi ba muzika n’abahanzi,ikigarukwaho ndetse kigatera agahinda ni uburyo uyu mwuga usigaye utanga inyungu itubutse n’uburyo bwo kwamamara ku isi ariko bikarangira aya mahirwe atabyajwe umusaruro uko bikwiye.

Mu kugaragaza agahinda k’abakunzi ba muzika kandi twifashishije zimwe mu ngero zifatika nk’irushanwa rya PGGSS,irushanwa rya Tusker project Fame n’ibindi bitaramo bikomeye ku isi bamwe mu bahanzi nyarwanda bitabira ndetse byakagombye kubafasha kumenyekanisha u Rwanda ku rwego rw’isi ariko bikarangira nta muhanzi mushya urenze u Rwanda. Abantu batandukanye bagaheraho bemeza ko bamwe bayoboka uyu mwuga baba bagamije kwishakira amaramuko hakabaho  n’ubunyamwuga buke.

Alex Muyoboke wabaye umujyanama w'abahanzi nyarwanda batandukanye,yemeje ko kutigaragaza ku isi kwa bamwe mu  bahanzi nyarwanda kandi babifitiye ubushobozi abibona mu nzira eshatu. Amateka igihugu cyanyuzemo,bamwe bakayoboka uyu mwuga bagamije amaramuko ntacyerekezo bafite no kutagira ubunyamwuga.Ati:

”Ni koko igihugu kivuye kure habi nibyo kandi turi kwiyubaka ariko se tuzasoza kwiyubaka ryari? Birantangaza abenshi mu bahanzi bahabwa amahirwe n’ubushobozi  byo kwigaragaza ariko bikarangira basubiye kuri ya ntebe bahozeho.”

Ku ruhande rw’abahanzi abenshi ntibemeranya n’ababashinja kwishakira amaronko n’ubunyamwuga buke kuko ngo n’intambwe igaragara bagezeho ni ubwitange bakora buhoraho. Umuraperi Bull Dog yagize ati:”Njye ndagaruka cyane ku njyana ya Hip Hop badasiba gutunga intoki ngo yasubiye inyuma, turi ibirara n’ibindi. Sinemeranya nabyo kandi sinemeranya n’abadushinja ubunebwe kuko dukora ibishoboka haba mu gutegura ibitaramo,kujya studio n’indi. Ikindi itera mbere rya muzika ntirishingiye ku bahanzi gusa ahubwo birasaba abanyarwanda muri rusange gushyigikira muzika maze yinjirize igihugu nk’uko indi mirimo bihagaze”

Abakunzi ba muzika bo bemeza ko benshi mu bahanzi nyarwanda ari abanebwe no gukora uyu mwuga batawukunze. Munezero Jayz ni umukunzi wa muzika, Inyarwanda.com yasanze ahitwa Tarinyota mu mujyi wa Kigali, ibi yabihamyaga atanga urugero rw’umuhanzi Diamond wo muri Tanzania umaze igihe gito muri uyu mwuga none ubu akaba atumirwa muri Amerika n'ahandi akorera ibitaramo bikomeye.

uuu

Irushanwa rya Tusker project Fame naryo rifasha benshi mu bahanzi nyarwanda  kwamamara ariko bikarangira ntacyo bibagejejeho

Twirengagije ibyavuzwe haruguru,ese harabura iki ngo abahanzi nyarwanda bamamare ndetse batumirwe mu bitaramo ku rwego rw’isi. Ese bipfira he ni ururimi rw'ikinyarwanda abahanzi bacu baririmbamo,ni abatunganya uyu mwuga se badashoboye cyangwa se ni itangazamakuru ridakora imirimo yaryo?






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • ddd7 years ago
    icyo nabivugaho nuko hafi ya bose batajya batekereza ngo barenze metero 5,abenshi bigira mu ndaya no kunywa inzoga ibindi ntubabaze,shwi. ukoze agashya agura imodoka ejo ikamunanira kubera depense zayo. ibyo gitekereza ejo habo ntubabaze kuko na sida nijya kubatwara izahera ku murongo birangire bazimye burundu.niba mbeshya munyomoze.
  • 7 years ago
    ikibazo gikomeye nuko abenshi bigana injyana zahandi. bakareka ibyiwabo kandi ibyahandi biragora. nyamara usubije amaso inyuma usanga abahanzi ba kera baribandaga kubyiwacu i RWANDA ntibiganaga rap CG RN&B NIBINDI. niyo mpamvu nindirimbo zakera nubu zigikunzwe kubera umwimerere wazo. urugero rufatika: TETA Diane kuba atumirwa ndetse bakanabisaba Nyakubahwa Perezida wacu Paul KAGAME muri RWANDA DAY ni inganzo nziza aririmba ikubiyemo byinshi by'iwacu. nabandi nibarebereho bibande iwacu kandi bazagera kure ariko bareke copy paste zibyamamare by'ibwotamasimbi. murakoze





Inyarwanda BACKGROUND