RFL
Kigali

Miss Mutesi Jolly yasuye abana batishoboye abemerera kujya abaha amata mu gihe cyose yambaye ikamba (Amafoto)

Yanditswe na: Manirakiza Théogène
Taliki:19/04/2016 18:15
27


Kuri uyu wa Kabiri tariki 19 Mata 2016, Nyampinga w’u Rwanda muri uyu mwaka wa 2016; Miss Mutesi Jolly, yasuye abana bo mu kigo cya “Kura Neza Center” basangira amata ndetse nyuma y’uko bimukoze ku mutima afata icyemezo cyo kujya abagenera amata ya buri kwezi mu gihe kingana n’umwaka wose.



Iki giko cya “Kura Neza Center”  giherereye mu mudugudu wubatse mu murenge wa Kinyinya mu karere ka Gasabo ko mu mujyi wa Kigali, kikaba cyarashinzwe na Musabyimana Albert mu mwaka wa 2012 aho yari agamije gufasha abana bakomoka mu miryango y’abana b’impfubyi birera bitewe n’ingaruka za Jenoside yakorewe abatutsi, gusa ibi yaje kubirenga asanga akwiye guha ikaze abana bose bakomoka mu miryango itishoboye, agamije kubafasha gukora neza bakunda ishuri kugirango bakurane icyizere cyo kuzagira ahazaza heza.

miss rwanda

miss rwanda

miss rwanda

Miss Mutesi Jolly yasangiye n'aba bana amata, ibyishimo bibabana byinshi

Miss Mutesi Jolly yasangiye n'aba bana amata, ibyishimo bibabana byinshi

Abana bakirwa muri “Kura Neza Center” ni abari hagati y’imyaka 3 n’imyaka 6, ubu ikigo kikaba kibarizwamo abana 115 kandi bakaba batishyura ariko umubyeyi ubishoboye akaba ashobora gutanga amafaranga 3000, ariko utayabonye ntibibuze umwana kwakirwa. Aba bana bahabwa amasomo nk’abana b’incuke, hanyuma bakajya banagenerwa amafunguro cyane cyane amata, ibi bikaba ari nabyo byakoze ku mutima Miss Mutesi Jolly yiyemeza kujya kubasura abashyiriye amata, akaba yahavuye yemeye ko buri kwezi azajya abaha amata kugeza igihe cyose azaba yambaye ikamba rya Miss Rwanda 2016.

Uyu mugabo uhagararanye na Miss Mutesi Jolly niwe washinzwe iki kigo

Uyu mugabo uhagararanye na Miss Mutesi Jolly niwe washinze iki kigo

Musabyimana Albert washinze iki kigo, yatangarije Inyarwanda.com ko yanyuzwe cyane no kubona uyu mukobwa ajya kubasura, amusabira umugisha kandi aboneraho gushimangira ko iki kigo yagishinze nyuma yo kubona ko nawe kuba yarize akabasha kugira icyo yigezaho, nta kindi yakwitura igihugu kitari ukugira uruhare mu burere bw’abana hagamijwe gutegura neza ejo habo hazaza.

miss rwanda

miss rwanda

jolly

jolly

jolly

miss rwanda

jolly

 

Nyuma y’igihe gito yambitswe ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda w’umwaka wa 2016, Miss Mutesi Jolly akomeje gukora ibikorwa bishimwa n’abatari bacye ndetse bifite uruhare runini mu iterambere rusange ry’igihugu. Muri ibyo bikorwa harimo n’ubwusungane mu kwivuza yageneye abaturage bo mu ntara y’Uburengerazuba bagera ku 1000, hakabamo ibikorwa byo gusura abamugariye ku rugamba n’abandi bantu batandukanye, hakaba hiyongereyeho n’iki gikorwa cyiza cyo gusura aba bana akanabemerera ko azabagenera amata mu gihe cy’umwaka wose.

Aba bana bazamara umwaka wose bahabwa amata buri kwezi na Miss Jolly

jolly

 

Aba bana bazamara umwaka wose bahabwa amata buri kwezi na Miss Jolly






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Gaga8 years ago
    Uri byampinga ubereye u Rwanda, Imana isubize aho ukuye pe kandi uzahorane umutima mwiza ugira na nyuma yo gutanga iryo kamba. Uri umukobwa mwiza.
  • Allyk8 years ago
    wakoze neza cyane Imana isubize aho wakuye pe!kwita ku bana bato ni umugisha ukomeye cyane bityo nyagasani akongererere!
  • Olive8 years ago
    Courage mukobwa mwira! Kd urashoboye pe!
  • Tuyishimire Samuel8 years ago
    Mbega Byizaaaaaaa! Uri nyampinga ubereye u Rwanda nabarutuye pee! Amahirwe masa JollY
  • Knowless8 years ago
    Yoooooo Mutesi mukobwa mwiza Imana iguhe umugisha ibikorwa byawe bizaguherekeze aho ujya hose uzakamirwe nuzakwakira wese kandi uzabyare uheke nicyo nkwifuriza
  • Ishimwe Deborah 8 years ago
    Imana igumye kugufasha mubikorwa byiza urigukira niwowe nyampinga abandi biberaga mutembere gusa komerezaho tukurinyuma
  • ak a8 years ago
    We are so proud to have miss jolly this year. Bless you!!!
  • Wow8 years ago
    Incwiiii ba Pucuyi ndabona bishimye cyane disi!!! Uyu mwana ngo ni Jolly ndabona kabisa ari gutanga urugero rwiza bidasubirwaho! Abandi bakobwa bazajya batorwa batangire bamwigireho naho ubundi...bareke kujya batorwa ngo bahite batangira kwihisha itangazamakuru n'abanyarwanda...Congz Jolly n'ibitari ibi uzabikora!!!
  • Am8 years ago
    Uwita kubatishoboye aba agurije iyabaremye. Imana ikongerere kandi isubize aho ukuye n'uwomutima uzawuhorane. Bless you sweetheart!
  • coco 8 years ago
    Uyu mwali ndamukunda ibikorwa bye nibyiza pe. Kdi nawe ni mwiza. courage maama. Imana iguhe umugisha. Utandukanye cyane nabatowe mbere yawe.
  • 8 years ago
    yewe uho mukobwa imana imwongerere umuntu agiye ajyira urukundo nku rwuho mwarikazi urwanda rwabamo udendezo
  • 8 years ago
    Awww great work
  • grace8 years ago
    Jolly uri miss koko,njye birandenga ibyo ukora ,nizereko abantu bajyaga bavuga ngo aba miss ntacyo bakora ukoze amateka mu Rwanda ugaragaje itandukaniro kdi ukoreye imigisha muburyo bwose Imana yo mwijuru izakwitura pe ,komerezaho mukobwa mwiza ,uri mwiza imbere ninyuma.proud of u miss Rwanda 2016.
  • anitha8 years ago
    yoooooo mbega byiza gusa Imana ijye ikonjyerera ubushobozi nibyiza cyane komerezaho.
  • nova 8 years ago
    uyo mwigeme imana ikomeze kumuha imigisha,koko ubwiza bwiwe bufisico bumariyabatishoboye
  • Christella8 years ago
    Uyu mukobwa njye namwikundiye akiri mu marushanwa;ni umukobwa utuje kdi ugira urugwiro ibi akora ntibintangaje kuko azi ubwenge.uyu ninawe Nyampinga uhiga abandi yaba mu bwenge no mu bikorwa.Keep it up Jolly.Rwanda is proud to have you as Our Miss Rwanda 2016
  • kajeje medard8 years ago
    ooooooooooooh urukundo ufitiye ibikorwa byaweee imana ijye ukujya mbere
  • elias8 years ago
    azagere ibyaro arebe nabababaye byanyabyo.
  • Marie8 years ago
    uyu mwana w'umukobwa ankoze ku mutima, Imana izamuhe umugisha w'ibibondo: abakobwa n'abahungu n'inka zo kubakamirwa.
  • anna8 years ago
    yoo byiza cyane pe Jolly Imana izagukubire aho uvana pee.





Inyarwanda BACKGROUND