Kigali

Riderman yatangaje umunsi ntakuka w’ubukwe bwe na Miss Agasaro, Asinah ahabwa ubutumire

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:13/07/2015 8:23
31


Nyuma y’ibyumweru bitagera kuri bibiri umuraperi Riderman na Miss Agasaro Nadia batangaje ko bari mu rukundo, kugeza ubu bamaze gutangaza umunsi nyawo w’ubukwe bwabo. Asinah Mukasine watandukanye na Riderman nyuma y’imyaka 8 bari mu rukundo, ni umwe mu bahawe ubutumire aratungurwa cyane ariko atangaza ko azabwitabira ndetse akabatera inkunga.



Mu kiganiro yagiranye na Sunday Night kuri uyu wa 12 Nyakanga 2015, Gatsinzi Emery uzwi nka Riderman yatangaje umunsi nyawo w’ubukwe bwe na Miss Agasaro Nadia ndetse atumira uwahoze ari umukunzi we Asinah Mukasine kuri ubu ufite ishavu n’agahinda kuba yaratandukanye na Riderman kandi ntabanze guteguzwa. Ubukwe bwa Riderman na Miss Agasaro bukaba buteganijwe kuwa 16/08/2015 ariwo munsi bazambikana impeta.

Miss Agasaro Nadia

Umukunzi mushya wa Riderman, Miss Agasaro Nadia Farid

Riderman abajijwe icyo avuga ku bijyanye no kuba Asinah aherutse kwandika ibaruwa ifunguye akavuga byinshi bimushenguye umutima nyuma yo kumenya ko Riderman bari barambanye agiye gukorana ubukwe n’undi mukobwa kandi Riderman akaba ataratangarije Asinah ko atakimukunda, Riderman yavuze ko abantu bashobora kwicara bakagucira urubanza bakagufata nk’aho ari wowe mugizi wa nabi kandi mu by’ukuri urengana.

Riderman na Asinah basangiye akabisi n'agahiye mu gihe cy'urukundo rwabo mu myaka 8

Ibi Riderman yabitangaje nyuma y’aho Asinah aherutse kuvuga ko Riderman yamuhemukiye akamutungura ntamuteguze ko bagiye gutandukana ahubwo akisanga agejejweho ubutumire bw’ubukwe bwe na Miss Agasaro Nadia mu gihe Asinah ahamya ko byamutunguye kuko atari azi ko Riderman akundana na Miss Agasaro. Riderman avuga kuri ubu buhemu ashinjwa, yagize ati:

Nk’uko mwabibonye muri message(ubutumwa) yanditse(Asinah) yaravuze ati Riderman twasangiye amabanga menshi so ayo ni amabanga ye ahubwo mutumiye mu bukwe bwanjye.  Ubukwe bwanjye burahari ni 16/08/2015(gusezerana no kwambikana impeta),gusaba no gukwa bizaba kuwa 24/07/2015.

Umuraperi Riderman watwaye igikombe gikomeye mu muziki nyarwanda cya PGGSS ku nshuro ya 3

Umukunzi mushya wa Riderman, Miss Agasaro Nadia Farid ufite ikamba rya Miss Mount Kenya 2015, aherutse gutangariza inyarwanda.com ko atigeze ahemukira Asinah ngo amuce inyuma ahubwo ko yakundanye na Riderman akamwemerera urukundo rw'iteka nyuma yo kumenya neza ko Riderman na Asinah bamaze gutandukana burundu.  Ku ruhande rwa Asinah, yifurije Miss Agasaro kuzabyara hungu na kobwa kandi amusaba kuzakunda Rukundo(Riderman), bombi abasaba kuzubakira ku Mana kuko aribwo urugo rwabo rwazakomera.

Riderman na Miss Agasaro Nadia

Umuraperi Riderman n'umukunzi we Miss Agasaro Nadia Farid bagiye kwambikana impeta

N’ubwo Riderman yamaze gutandukana burundu na Asinah, Asinah aherutse gutangaza ko agikunda cyane Riderman bitewe no kuba barasangiye amabanga menshi, bagasangira akabisi n’agahiye bityo abibwira ko bagiye kuba abanzi ngo baribeshya. Yakomeje avuga ko nubwo bitoroshye kubyikuramo ariko ko agahinda afite kazagera aho kagashira kuko n’abapfakaye bakomeza ubuzima. Asinah yagize ati:

Abatekereza ko Gatsinzi abaye umwanzi wanjye baribeshya kuko siko biri ni inshuti namenye cyane twagiranye amabanga menshi twasangiye akabisi nagahiye. Donc twarabanye turaziranye, ariko inzira zitandukanye zintunguye sinabyiteguraga n’ubu ndacyamukunda kuko urwukuri ntirusaza. Ariko yahisemo kandi umuntu ukunda umwifuriza ibyiza niyo mpamvu mugihe anezerewe nanjye ndabimwubahiye umunezero we niwo wanjye nubwo bigoye iyo utunguwe, utanabwiwe ugashiduka ubona invitation wari uherukana n'umuntu akigukunze nawe ntanicyo washidikanyaga.

Nyuma yo gutungurwa cyane, Asinah yatangaje ko ubu bukwe bw'uwahoze ari umukunzi we Riderman, azabwitabira ndetse ngo azitanga mu bushobozi afite abahe intwererano ariko ngo ntashobora kuzanga Riderman kuko urukundo rw'ukuri rudasaza. 

Miss Asinah

 Dore Ibaruwa ifunguye Asinah aherutse kwandika ikubiyemo ibimushengura umutima nyuma yo gutandukana na Riderman


Asinah yatangaje ko atazibagirwa ibihe byiza yagiranye na Riderman






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • 9 years ago
    wawouuuu mbega byiza ishimael congs!!!!
  • Lily9 years ago
    Wawwww ndabikunze cyane rwose. narintegereje icyo Riderman abivugaho. nimwitegure neza ubukwe kdi muraberanye rwose
  • Gaelle jolly9 years ago
    Asinah chr , humura rider azakomeza agukunde birashengura ukifuza no gupfa ukabibura ariko humura azakugarukira ndabizi amazi arashyuha ariko ntiyibagirwa iwabo wa mbeho ihorere humura agasaro yabaye Derilla agutwarira umukunzi kandi azi neza ko ari uwawe humura Imana izamugukubitira inkoni kandi urukundo rwanyu na riderman ni amateka uretse kuba mutarwibagirwa mwebwe ubwanyu natwe abakunzi Banyu ntiduteze kuzarwibgirwa bibaho.Mana fasha Asnah uzamugarurire umukunzi. AMEN
  • ngewe9 years ago
    mbega agahararo weeeee umva Rider niba arukurongora abo wateye amada nange urandongora tu ... nakomeje kumva inkuru zanyu ndaceceka ariko birandenze!! asinah we simwitaho kuko nabanje guceceka ngo ndebe koko niba mwaratandukanye kuko ndamwubaha cyane nubwo namuciye inyuma! ibukaka neza emery inda yawe twite ifite amezi6!! mbuvugiye hano kuko nziko byanga bikunda ubisoma! gatsi ncaka ibiganiro byawe hagati yajye nawe bitaribyo tuzandika amateka akomeye cyanee.. sincaka kwiha rubanda yewe sincakako harinumuntu umenya uwondiwe!bitecyerezeho number yange urayifite ubundi umpamagare turangizanye ndacyeka byoroshye!
  • ddd9 years ago
    Riderman arishongoye ngo "ni amabanga ye" pour dire ko ntaho amuzi, shahu ko umwalimu mwiza ari igihe wakciye make ukitonda, ubu uri kumva wamuhamije!!!!!!!!! Mana we, gusa Asnah hari umunsi azabyibagirwa ndetse aboneko byari ngombwa ko ugenda ugaha chance undi musore utari wowe kandi uzaduha ubuhamya. I know it by experience.
  • 9 years ago
    Emery ego imanza bazaguma bazica humula komera
  • mami9 years ago
    asnah reka kwigira mwiza mumaso yabantu..hagati yanyu muzi icyo mwapfuye..kd waranamutatse bihagije bivuzeko uzi icyo mwapfuye ko 8 years nimyinci, ayomabanga niwowe nawe muyazi.ahubwo ibyiza byinci kurugo rushya baraberanye kandi baranumvana nkurikije, byobyonyine ikibazo twese twarituzi nuko mudahuje idini icyocyonyine kirahagije mubyatuma mutumvikana so rekeraho gusebya Riderman nawe wubake iyawe future siho ubuzima burangirira kugumya wigira mwiza mumaso yabantu sibo bazaguhoza ahubwo baragushuka irebe wowe ubwawe wihe umwanzuro nahubundi urata igihe
  • korode9 years ago
    rubanda muraharara kandi mukibagirwa vuba ejo bundi Asinah yatukanye ibitutsi bikabije muramuvuma none ubu muri kumuririra ngo Riderimani yamutaye hhhh yaramaze. nimureke riderimani yishingire urugo ibindi ni amatiku
  • prosper 9 years ago
    Nimureke amagambo mushyigikire umusaza ashyire mu mago uwo yahisemo naho ibyahise mubiveho. mureke kwivanga murukundo. Bo ubwabo bazi ibyo bapfuye kandi bibaho mubuzima
  • Emmanuel9 years ago
    Riderman ntabwo ukoze kigabo kandi ndakugaye. Umuntu mumaranye imya 8 ntaba asanzwe. None wabonye ishi itamba uta urwo wariwambaye?? urahubutse kandi uzicuza vuba bitagishobotse ko ugaruka kwa Asinah. Ndi umugabo w'ubatse ariko iyo habayeho ibibazo n'umukunzi, murabicoca. Asinah komera kandi wikwiha abashinyaguzi va muri media ihorere imana izagushumbusha uwawe ufite ikerekezo.
  • umwali chantal9 years ago
    Sha ubukwe bwiza pe. @Asinah ihanga imyaka 8 si ubuzima uzabona uwawe uyu ntabwo yari uwawe. Buri muntu wese abona ikimukwiye. Nakugira inama yo kudataha ubu bukwe kuko ni ukwibabaza cyane nokwiteza abashinyaguzi.
  • jjj9 years ago
    Ntakundi
  • vestine9 years ago
    Njewe ndabona igisumizi gihubutse cg nubundi yamucaga inyuma yikundira uyu wundi naho niba bakundanye vuba akabagiye kumushaka ntibizoroha riderman yakwicuza naho uwo bari bamaranye imyaka 8 ni myinshi erega ntimugakundane ngo mutinde mwi ikorosi mugeraho mugahagana Asna ihangane uzabona ugukwiriye kdi ntimuzatandukane ngo umwe ahigire undi muri abavandimwe mushiki na musaza . Sibyo
  • Nzigo9 years ago
    Ndi umwe mubantu bahaze izinkuru
  • 9 years ago
    Asnah ihorere antouka ndatunguw umuntu mumarana 8ans akguheba abvugira uw mu raperi wabo c pa bn. Ms amis brbbaj ic nzi azmugrukira fin de fin. Imana ikuz kuv mubuto bww. Ma chr Asnah k Dieu te proteg ma blle
  • o9 years ago
    ngw'amabanga ye?! Ye!:(( ISI NTISAKAYE Papa..?! Pole polecyane.. usize icyo usanze .. Dc byose nibimwe. wishaka kwandagaza umwana w'abandi di .Ubonye ibyo umukangisha.
  • kay9 years ago
    ese yabaye umuslam ko ndeba aribo yibandamo gusa bikagira inzira
  • nadine9 years ago
    oya esubwo umuntu yakubakira kurugo mutongera gutyo asina ihangane uzabona uwawe nadia na emmy nukuri muzagire urugo ruhire muzabyare hungu na kobwa amagambo ntago ariyo azakomeza urukundo rwanyu muzashyire hamwe musenge imana knd ntago izabatererana nadia uge usengera umugabo wawe uko agiye usengere urugo rwanyu buri munsi ntimuzite kumagambo knd imana irikumwe namwe nukuri muzagire ubukwe bwiza nurugo ruhire
  • shyaka credo9 years ago
    alaaa birababaje pe gusa asinah stay strong nukuri ngiye gufata tache yo kujya ngusengera *rider nawe sinkwanga ariko ndababaye,pee
  • Shema9 years ago
    Asnah, nsatekereza umaze ukwezi kose usenga, party yigisubizo urayibonye nukuri nuko abantu tureba le present gusa ariko ndazi neza yuko Imana ifite ibyo igukijije muri future. humura Imana izagushumbusha undi ibonako mukwiranye. kdi rekeraho kwiteza media ntacyo igufasha kukababaro kawe. Emery Imana izabubakire kdi muzabyare hungu na Kobwa. THC



KOPA

Inyarwanda BACKGROUND