RFL
Kigali

Gukina muri filime ari umugore w'umugome uzwi nka Intare y'ingore, bikomeje kumuteranya n'abantu

Yanditswe na: Mutiganda wa Nkunda
Taliki:4/02/2015 15:40
11


Uwamahoro Antoinette, benshi bakunze kwita Mama Gentil kuri ubu amaze kumenyekana ku izina rya “Intare y’ingore” kubera ko ariko akina yitwa muri filime Intare y’ingore, akaba akina ari umugome.



Gukina ari umugome muri iyi filime, bimaze kwinjira mu mitwe y’abantu ku buryo umuntu wese umubonye cyangwa akanamwumva ikintu cya mbere kimuzamo ari uko ari umugome koko.

Aha nyirubwite nawe yivugira ko ahantu hose ageze usanga hari n’abantu bashaka kumuhohotera bamuhora ubugome agaragaza muri iyi filime imaze kugera ku gice cya 7, aho usanga batiyumvisha uburyo umuntu w’umugore ashobora kuba umugome mu buryo bamubonamo muri iyi filime.

Antoinette Uwamahoro umaze kumenyekana nka Intare y'ingore

Nk’uko yabyitangarije mu kiganiro n’inyarwanda.com, iyo igice gishya cyageze hanze muri iyo minsi yirinda kugera mu bantu kuko bashobora kumumerera nabi bitewe n’ibyo aba yakinnye muri iyi filime.

Aha yagize ati: “abantu byo ubu bamaze kumfata nk’umuntu w’umugome kubera filime Intare y’ingore, aho usanga ahantu hose ngeze bamwe baba bashaka kumpohotera kubera ibyo babona nkora muri iyi filime. Ubu nk’iyo igice gishya cyageze ku isoko muri iyo minsi nirinda kugera mu bantu kuko umujinya baba bamfitiye kubera ibyo mba nakoreye Rosine banyirenza.”

Aha yakinaga muri iyi filime aho yari yitabiriye ubukwe bwa Rosine

Abajijwe niba ibi bitamubangamire, yadusubije muri aya magambo: “Oya ntabwo bimbangamira. Kuba abantu banyanga kubera uburyo bambonye muri filime binyereka ko akazi mba nahawe mba nagakoze neza. Ko mba navuye muri nge maze nkinjira muri wa muntu ndi gukina.”

Aha twamubajije aho abona ahagaze mu bumuntu (kuba atari umugome) mu buzima busanzwe, maze agira ati: “rwose ubusanzwe ntabwo ndi umugome. Ndi umugore ndubatse mfite umugabo nkaba n’ umubyeyi w’abana 3,  mpa uburere bukwiye. Iyo ngiye gukina filime ndabanza nkababwira iyo ngiye gukina n’uko nzagaragaramo kugira ngo nabo ejo batazanyanga bitewe n’ibyo babonye muri filime biba bitandukanye n’uko basanzwe banzi mu rugo.”

Muri iyi foto aho yari kumwe na Rosine aba atoteza muri iyi filime bigaragaza ko mu buzima busanzwe babanye neza

Yakomeje agira ati: “Ikindi ubu nge ndakijijwe, ndasenga. Nungirije umuyobozi mu rwego rw’abagore mu itorero ryacu, ndetse ejo bundi nasengewe kuba umuvugabutumwa. Urumva ko rero uko ngaragara muri iyi filime bitandukanye n’uko meze mu buzima busanzwe.”

Tubibutse ko Uwamahoro Antoinette, ari umwe mu bakinnyi ba filime bahatanira igihembo cy’uwitwaye neza mu kiciro cy’igitsinagore. KANDA HANO ubashe guha amahirwe uwo ukunda ukoresheje telefoni. KANDA HANO uhe amahirwe uwo ukunda kuri interineti.

Mutiganda Janvier






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • MWEMA BERTHE9 years ago
    Njyembona yabyihorera kuko niba akina filme yintare arumubyeyi kndi akayikinana ubugome bwinshi.njyenumva yabireka kuko harigihe bizagira ingaruka kubana kndi nawe atisize gusa inama namugira azahindure role kuko nihobyababyiza naho aramutse atabikoze yazagirirwanabicyane bikamuviramo kwicwa.
  • Rwema9 years ago
    Uyu mugore azi gukina bya hatari!
  • gogo9 years ago
    ndunva yabireka kuko umuchristu wasengewe agomba kubera abandi urugero.abantu ntibazakureba nkumukinnyi ahubwo bazakureba nkumugome.bitume wica umurimo w Imana.iyo wasengewe ibyisi ubishyira hasi.shaka indi role.
  • Devine9 years ago
    Nanjye niko mbyumva Gogo. Umuntu uzagira aho ahurira no kubwiriza yareka guina friya role. None nujya kubwiriza ko bazahunga mbere y'uko uvuga? cg bakagira ngo urishushanya?
  • lily9 years ago
    Yewe,ntiwaba umusirikare wa kristo,ngo wivangre mu byububuzima,ngo ube ukinejeje uwaguhamagaye!nahindure role rwose
  • ndizeye brenard9 years ago
    nukwihangana kandi abantu nabo ntibakite kubyo akina ahubwo bajye bita kubutumwa bahavane inama nziza .
  • Tchaka9 years ago
    j ndumurundi akunda film zanyu,nashaka kubza aho igicye ca nyuma kizosohokera.muhezagigw
  • ANGE8 years ago
    NTAKABESHYE NI UMUGOME.
  • Kubwimana protojen8 years ago
    muri intangarugero mukutwigisha murakoze
  • Abou Captaine Leader8 years ago
    Ntare Niwe Mukinyi Aryosha Film Yurwanda Atarimw Umengo Si Flm Turko Turarab. Abvuga Ko Yoheb Natw Nt Ma Film Yurwand Tworab Kuk Niwe We Nyn Aryosha Ibntu Kand Cane. Nka Giramata Iyab Atarimw Ntanuworaba Muga Kubera Yaje Murirya Flm 2guma 2baza Ibice Bikurikira. Jw Nd I Burundi. Gusa Flm Yurwanda Hatarimwo Ntare Ntibiryoshe. Nobaha Nakarorero Hari "Inkomoko Y'ishano" Naho Fabiola Azi Gukina Hari Ho Abo Bakinany Film Uko Iba Iri Kwose Usanga Iryosh Kuko Hariho Film Iryoha Ubnye Amazina Gusa Atanakimw Urabna. Gusa Ntare Arashoboye Ibintu Akina "Respect". Sawa Murakoze
  • yuy8 years ago
    no mubi





Inyarwanda BACKGROUND