RFL
Kigali

Dj Mupenzi na Dj Danches biyemeje guhuriza hamwe imbaraga bagashimisha abantu

Yanditswe na: Seleman Nizeyimana
Taliki:18/12/2014 20:56
2


Nyuma y’igihe gito akoze ubukwe, Dj Mupenzi aratangaza ko yagarukanye imbaraga mu kazi ke ka buri munsi ko kuvangavanga imiziki agamije kubyinisha no gususurutsa abantu, kuri ubu akaba agiye gukorana cyane na Dj Danches basanzwe bahuriye mu itsinda rya Platinum Deejayz.



Nk’uko Dj Mupenzi yabidutangarije, kuri ubu nta munsi wo kuruhuka dore ko yiyemeje gukora iminsi yose afatanije na mugenzi we Dj Danches, aho bari kubarizwa ahitwa City lounge mu mujyi wa Kigali rwa gati.

dj Mupenzi

Ni nyuma y'igihe gito cyane akoze ubukwe

Aba bagabo bavuga ko biyemeje gususurutsa abakunzi b’injyana zitandukanye zibyinitse, ariko by’umwihariko kuwa Kane bazajya baba bafite Old skul naho muri weekend bikazajya bashyushya ikirori bifashishije ubuhanga n’ubunararibonye bamaze kugira muri uyu mwuga wabo.

dj Mupenzi

Dj Mupenzi na Dj Danches

Ikindi bavuga ni uko banafite gahunda yo kuzajya bagaragaza amashusho mashya y’indirimbo z’abahanzi nyarwanda, aho muri iki cyumweru bavuga ko bazagaragaza bwa mbere amashusho y’indirimbo nshya ya Active.

Nizeyimana Selemani






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • 9 years ago
    NONE ABOBAHANZI BARIRIMBA INDIRIMBO ZISI
  • 9 years ago
    NIBAKOMEREZE AHO.





Inyarwanda BACKGROUND