Abakozi ba Tecno bibutse ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi, basobanurirwa uburyo interahamwe zishe urw'agashinyaguro Abatutsi bari bahungiye kuri Eto' Kicurikiro bakabicira ahantu hajugungwaga imyanda.
Kuwa Gatatu,
abakozi ba Tecno bari kumwe na Cadette ndetse na Dj Sonia bombi basanzwe ari
abambasaderi ba Tecno, bibutse ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ni igikorwa cyabereye ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Nyanza ya Kicukiro. Cyabimburiye "Our Past" yateguwe ku bufatanye n'abafatanyabikorwa barimo Tecno.
Abakozi ba Tecno bagize umwanya wo gusobanurirwa amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse
n’uko Abatutsi bahungiye kuri Eto-Kicukiro bazanywe i Nyanza ya Kicukiro.
Aba bakozi bagize
umwanya uhagije wo gusobanurirwa amateka ndetse bashyira indabo ahashyinguye
Abatutsi barenga 105,600 bashyinguye mu mva enye zigize urwibutso rwa Nyanza ya
Kicukiro.
Umukozi wari ushinzwe
kubasobanurira amateka y’abashyinguye kuri uru rwibutso, yavuze ko harokokeye
Abatutsi bagera ku 100 gusa barokowe n’Inkotanyi nyuma y’uko abandi bari kumwe
bari bamaze kwicwa umunsi wose abicanyi bagataha bazi ko bagaruka bukeye kureba
ko nta wasigaye agihumeka ngo bamuhuhure.
Ku wa 11 Mata 1994,
ingabo zari mu Butumwa bwa Loni bwo kugarura amahoro mu Rwanda (MINUAR)
zatereranye Abatusti barenga 3,000 bari bahungiye muri ETO Kicukiro (RP Kicukiro
College y’ubu) burira indege basubira iwabo babasigira Interahamwe n’ingabo za
Leta zirabica.
Abatutsi bari
basigaye, abo bicanyi barabashoreye ngo bajye kubicira ahazwi nka Sonatubes
ariko bahabagejeje uwari Meya w’Umujyi wa Kigali, Col. Renzaho Tharcisse atanga
amabwiriza yo kujya kubicira i Nyanza ya Kicukiro kugira ngo abanyamahanga bari
bari guhunga basubire iwabo badasanga bari kwicirwa Sonatubes kuko hari inzira
ijya ku Kibuga cy’Indege.
Muri urwo rugendo
ruva Sonatubes bamwe mu Batutsi bagiye bicwa umugenda bakiri mu nzira kugeza
bageze i Nyanza ya Kicukiro bamishwamo amasasu ugerageje gutoroka interahamwe
zikamwicisha intwaro gakondo.
Ku wa 12 Mata ni
bwo Inkotanyi zahanyuze zigiye ku Irebero zumva imiborogo y’abari bagihumeka
zihita zibatabara zirokora abagera ku 100 mbere y’uko abicanyi bagaruka
kubahuhura na bo kuko bari bararanye uwo mugambi mubisha.
Nyuma yo
gusobanurirwa aya mateka, abakozi ba Tecno bahise berekeza mu gikorwa cya ‘Our
Past’ cyarimo urubyiruko rurenga 8,500 hanyuma bakomeza gusobanurirwa amateka
yaranze u Rwanda by'umwihariko aya Jenoside yakorewe Abatutsi n’uburyo Inkotanyi
zatabaye abari mu kaga.
Abakozi ba Tecno bari kumwe na Cadette ndetse na Dj Sonia bibutse ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi
Aba-Ambasaderi ba Tecno nabo bahise berekeza mu gikorwa cya 'Our Past'
Tecno yafashije abaje muri 'Our Past' kubona buji z'urumuri rw'icyizere
Abaje muri Our Past bacanye urumuri rw'icyizere batahana umukoro wo kuvuga uko amateka y'u Rwanda ameze no guharanira ko Jenoside itazongera kubaho ukundi
TANGA IGITECYEREZO