Irushanwa rya Cricket ry’Abagore rizwi nka "Kwibuka Women’s T20 Tournament", ritegurwa buri mwaka mu rwego rwo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, hari amahirwe ko rizitabirwa n’ibihugu byinshi kurenza ibyari bisanzwe byitabira.
Nk’uko byemejwe
na Emmanuel Byiringiro, Umuyobozi Mukuru wa Rwanda Cricket Association (RCA),
ubu hamaze koherezwa ubutumire ku bihugu 11, birimo n’ibizaba byitabiriye bwa
mbere.
Ubwo yaganiraga
na Time Sports, Byiringiro yagize ati "Uyu mwaka turifuza ko iri rushanwa
rizaba rinini, rifite ireme kandi rihuza ibihugu byinshi. Twamaze gutumira
ibihugu 11 kandi hari amahirwe ko hari ibishya biziyongeraho.
Ibihugu
byatumiwe ni: Uganda ifite igikombe giheruka, Kenya, Tanzania, Zimbabwe, Nigeria,
Malawi, Botswana, Nepal, Brazil, Malaysia na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE).
Iri rushanwa
rifite intego irenze amarushanwa y’imikino, ni umwanya wo guha icyubahiro
abazize Jenoside yakorewe Abatutsi, no gukoresha imbaraga za siporo mu kubaka
amahoro, ubumwe n'ubudaherarwa..
U Rwanda rumaze kuryakira inshuro nyinshi, ndetse rwegukanye igikombe inshuro imwe, mu gihe Kenya ari yo ifite amateka akomeye muri iri rushanwa n’ibikombe bine. Mu 2024, Uganda ni yo yegukanye igikombe, naho Zimbabwe iza ku mwanya wa kabiri.
TANGA IGITECYEREZO