RURA
Kigali

N'ubu ndahumiriza simubone! Yampano avuga kuri Melodie atazi

Yanditswe na: Niyigena Geovanie
Taliki:28/03/2025 12:38
0


Yampano yatangaje ko n’ubwo yavuze ko atazi Bruce Melodie, n’ubu ahumiriza ntamubone kuko n’ubundi atamuzi batari bahura amaso ku maso.



Mu minsi yashize, ni bwo Yampano yavugiye kuri Televiziyo y’Igihugu ko atazi umuhanzi Bruce Melodie abantu bamutera imijugujugu bavuga ko ari ugusuzugura umuhanzi nka Bruce Melodie.

Nyuma y’aho, Yampano yagiye asobanura mu buryo butandukanye icyo yashakaga kumvikanisha mu mvugo ye y’uko atazi Bruce Melodie avuga ko batari bahura amaso ku maso.

Mu kiganiro aheruka kugirana na InyaRwanda TV, Yampano yatangaje ko no kugeza magingo aya, ahumiriza ariko ntabone Bruce Melodie.

Yagize ati “Jyewe numvikanishaga ko tutari twahura ngo menye Melodie ku buryo nahumiriza nkamubona. Ubu ndi guhumiriza ariko simubone… iyo shusho ntayo mfite mu mboni y’amaso yange.”

Yampano yakomeje avuga kandi ko nta gihango afitanye na Bruce Melodie ku buryo yaba amuzi asobanura ko n’iyo umuntu asuhuje undi mu ntoki, baba bahanye igihango.

Ati “Nta n’igihango dufitanye. Buriya iyo umuntu asuhuje undi, bagakorana mu ntoki, ni igihango baba bagiranye. Icyo gihango nta gihari niho nahereye mvuga ko ntamuzi.”

Avuga ku bamushinja gusuzugura Bruce Melodie, Yampano yavuze ko nta mpamvu n’imwe afite yo gusuzugura Bruce Melodie kuko ari umuhanzi mukuru kandi ufite ibyo azi kuruta uko ibyo we azi.

Ati “Melodie mugomba icyubahiro uko byagenda kose n’iyo we ubwe yaba yansuzuguye. Nk’umuntu umaze imyaka 15 mu mwuga, afite ubunararibonye ntazi, afite ibintu byinshi ntazi.”

Bruce Melodie nawe aherutse kumvikana avuga ko Yampano bakwiye kumureka kuko ibyo yavuze byose atabifata nk’agasuzuguro nk’uko benshi mu bafana be babitwereraga imvugo y’agasuzuguro.


Yampano yatangaje ko n'ubu ari guhumiriza ntabone Bruce Melodie


Bruce Melodie asanga kuba Yampano yaravuze ko atamuzi, nta kibazo gikomeye kirimo

Reba ikiganiro Yampano yagiranye na Inyarwanda TV

 ">







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Brand2 days ago
    Ese nkuwo ngo ni Yampano aturuka he? Je ndi ibujumbura ntamuziki numwe wiwe nzi. Rero areke gusakuza



KOPA

Inyarwanda BACKGROUND