Mu Buhinde, umugabo yafashe umwanzuro ukomeye ndetse watangaje abantu benshi, aho yahisemo gutegurira ubukwe umugore we n’undi migabo nyuma yo kumenya umubano dasanzwe bafitanye.
Inkuru
dukesha ikinyamakuru India Today, ivuga kouyu mugabo ukomoka mu ntara ya Sant
Kabir Nagar ya Uttar Pradesh mu Buhinde, akaba yavuze ko azita ku bana yabyaranye
n’umugore we bombi, ibi byemewe n’umugore we.
Uyu mugabo witwa Babloo yashakanye n’umugore we Radhika muri 2017, bakaba baragize umugisha wo kubyara abana babiri ubu bafite imyaka 7 na 9.
Babloo yakundaga
kuva mu rugo akajya gushakisha amaramuko kure kugira ngo abone uko atunga
umuryango we.
Icyakora mu
gihe umugabo we yabaga yagiye, Radhika yatangiye kugirana umubano wihariye
ndetse akajya anaryamana n’umusore bari baturanye, kandi umubano wabo urakomera
aho wari umaze igihe kirekire.
Nyuma y’igihe
kirekire, umuryango wa Babloo waje kumenya ibyerekeye Radhika n'umuturanyi we bamaze
igihe bakururukana ndetse bivugwa ko bafitanye umubano udasanzwe, maze
babimenyesha Babloo kugira ngo abigenzure.
Babloo yagerageje
kubiganiraho n’umugore we, ndetse ashaka ko biyunga bakongera kubana nk’ibisanzwe.
Nyamara umugore we yazanye amananiza, kandi yari yaramaramaje mu rukundo rwe n’uwo
musore wundi. Amaze kubona koi bi atazabishobora kandi atabyihanganira
yafashe umwanzuro udasanzwe watunguye abantu bose.
Mu mashusho
yakomeje gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza uyu mugore ari kurira mu
gihe yari ari gusezerana n’umusore bari bamaze igihe bakundana mu ibanga,
ndetse n’uwahoze ari umugabo we akaba yari ahari.
Icyifuzo
cya Babloo gusa ni uko agumana abana be bombi, ibi Radhika akaba yabyemeye
kugira ngo yigumanire n’umukunzi we.
Babloo (uri ku ruhande) yashingiye umugore we Radihka umusore bari bamaze igihe bakundana mu ibanga
TANGA IGITECYEREZO