RURA
Kigali

Nyuma yo gufatirwa ibihano u Bubiligi buri kwitwara gute ku Rwanda?

Yanditswe na: Niyigena Geovanie
Taliki:24/03/2025 9:34
0


Mu mwanzuro Guverinoma y’u Rwanda yafashe ku wa Mbere tariki 17 Werurwe, yamenyesheje iy’u Bubiligi ko yahagaritse umubano wayo nabwo mu bya dipolomasi, inategeka Abadipolomate b’iki gihugu kuba bavuye ku butaka bwarwo mu gihe kitarenze amasaha 48.



Ni ibihano Guverinoma y’u Rwanda yafashe nyuma y’iminsi mike itangaje ko yaciye umubano wayo na Guverinoma y’u Bubiligi ahanini bitewe n’imyitwarire yabwo  ku kibazo cyo mu burasirazuba bwa DR-Congo.

Mu kiganiro na RTV, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb Nduhungirehe Olivier yatangaje ko na nyuma y’uko u Rwanda rufatiye ibihano u Bubiligi, bwakomeje kurangwa n’imyitwarire itari myiza igamije kurukomanyiriza mu mahanga yose.

Yagize ati “Niyo myitwarire (Gushaka gukomanyiriza u Rwanda) bukomeje kugaragaza kuko na nyuma y’icyo cyemezo Ministiri w’Ububanyi n’Amahanga, aho yavuze anibasira Nyakubahwa Perezida wa Repuburika. Hari ikibazo cy’uko umuminisitiri ajya kwibasira Perezida w’igihugu cy’amahanga.”

Akomeza agira ati “Ariko yarabivuze avuga ko biriya tuvuga by’amateka, by’ubukoloni, ari urwitwazo avuga ko u Bubiligi bwakomanyirizaga u Rwanda kubera ko rutubahiriza amategeko mpuzamahanga ajyanye no kubahiriza ubusugire bw’ibindi bihugu.”

Nyamara nubwo bitwaza ko u Rwanda ruri kwangiza ubusugire bw’ibindi bihugu, Amb Nduhungirehe avuga ko ari inshuro nyinshi ubusugire bw’u Rwanda bwagiye buhungabwanywa kenshi cyane ariko akaba ari nta na rimwe ubwo Bubiligi bwigeze buvuga ko  bwahungabanyijwe.

Yagize ati “Ni kangahe ubusugire bw’u Rwanda bwagiye buhungabanywa na FDRL n’ingabo za Congo ndetse n’indi mitwe yitwaje intwaro iri mu burasirazuba bwa Congo? U Bubiligi bwari he kugira ngo bubyamagane? Uribuka FLN ya Paul Rusesabagina, yateye u Rwanda muri 2018, 2019, hari abantu barenga 10 cyangwa 13 bapfuye harimo umwana witwa Ornella w’imyaka 13 n’umuhungu Isaac w’imyaka 17.”

Akomeza ati “Ababiligi bakoze iki? Bigeze bashyigikira abo bagizweho ingaruka ngo babasabire ubutabera? Oya! Bagiye gushyigikira uwo Paul Rusesabagina kuko ari Umubiligi nkabo.”
U Rwanda ruherutse gutangaza ko rwafunze burundu amabasade yarwo  i Bruxelles mu Bubiligi, rutangaza ko serivisi za dipolomasi zizajya zitangirwa muri Ambasade yarwo iri i La Haye mu Buholandi.   


U Rwanda ruherutse gutangaza ko rwafunze burundu Ambasade yarwo i Bruxelle mu Bubiligi, ko serivisi zayo zizatangirwa mu Buholandi



Ku wa 17 Werurwe 2025, nibwo u Rwanda rwatangaje ko rwaciye umubano warwo n'u Bubiligi ndetse abadipolomate babwo bahabwa amasaha 48 yo kuba bavuye mu Rwanda





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND