RURA
Kigali

Kwa Donald Trump na Zelensky byahinduye isura

Yanditswe na: Niyigena Geovanie
Taliki:4/03/2025 9:38
0


Leta Zunze Ubumwe za Amerika zasubitse inkunga y’ibikorwa bya gisirikare zageneraga Ukraine kugeza yemeye kujya mu biganiro na Putin bigamije kugarura amahoro .



Ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 03 Werurwe 2025, Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko zabaye zihagaritse inkunga y’ibya gisirikare zageneraga Ukraine kugeza iki gihugu cyemeye kujya mu biganiro na n'u Burusiya bigarura amahoro.

Ibi bije nyuma y’uko mu mpera z’icyumweru gishize Perezida Zelensky agiranye ibiganiro bitagenze neza na Perezida Donald Trump wamusabaga kujya mu biganiro n'u Burusiya ariko we akamwereka ko ibiganiro atari byo by’ibanze kuri iki kibazo.

Perezida Zelensky avuga ko u Burusiya aribwo bwateye Ukraine bityo bagakwiye kubutegaka gusubiza ibice bwafashe ndetse bugahagarika intambara bwashoje.

Avuga ko ibiganiro ntacyo byaba bigiye kumara cyane ko Ukraine itateye u Burusiya cyangwa se ngo ishoze intambara.

Iki kiganiro ntabwo cyarangiye neza kuko hajemo kutumvikana ndetse Zelensky ahita yirukanwa muri Oval (White House) nyuma y’aho ahita ajya kureba Umwami na Minisitiri w’u Bwongereza.

Ubwo yari mu Bwongereza, Zelensky yavuze ko ahangayikishijwe n’ibitero u Burusiya bukomeje kugaba kuri Ukraine bakica abaturage ndetse bagasenya ibikorwa remezo.

Mu itangazo ryaturutse muri White House, Amerika yatangaje ko mu rwego rwo gushyigikira Dipolomasi ndetse no gushaka umuti urambye wo kurandura burundu umutekano mucye uri muri Ukraine, Amerika yayifatiye  ibihano  byo guhagarika inkunga mu bya gisirikare kugeza yemeye kujya mu nzira y’ibiganiro.

Iryo tangazo rigira riti “Perezida ashishikajwe n’amahoro! Turifuza ko n’abafatanyabikorwa bacu bajya muri uwo mujyo. Twahagaritse inkunga kugira ngo tugire uruhare mu gushaka umuti urambye.”

Kuva u Burusiya bwatera Ukraine muri Gashyantare 2022, Amerika yageneye inkunga mu bya gisirikare Ukraine haba mu bikoresho ndetse n’ibindi bikorwa bya gisirikare cyane ko Donald Trump yemera ko iyo hataba Amerika intambara ya Ukraine n'u Burusiya yari kurangira mu byumweru bibiri gusa.



Nyuma y'iminsi mike bakozanyijeho, Donald Trump yahise afatira ibihano Ukraine byo gusubika inkunga ya gisirikare bayigeneraga






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND