Mu mateka y’isi, hari abantu bazwi cyane bagiye bashaka abagore benshi bitewe n’imico, imigenzo, cyangwa imyemerere yabo.
Nubwo usanga bashaka abagore benshi bitewe n’imyemerere, ubutegetsi, cyangwa umuco, aya mateka agaragaza uburyo abakurambere bari bafite imyumvire n’imigenzo itandukanye ku bijyanye n’urushako.
Umwami Salomo nubwo
yubakiye Imana urusengero ndetse akayisaba ubwenge Imana ikabumuha, ntibyatumye
adashaka abagore 1001.
Muri Bibiliya, mu 1Abami 11:3 haranditse ngo: “Salomo yari
afite abagore b’imfura700 n’abinshoreke 300, …n’umukobwa w’umwami wa Farawo..
Nuko abagore be bamuyobya umutima akajya asenga ibigirwamana ...Imana
iramuhana."
Muri iyi nkuru, turagaruka ku byamamare bizwiho kugira abagore benshi mu mateka y'Isi.
1.
Umwami Salomo (Israheli)
Umwami Salomo, umwe mu
batware ba Isiraheli, ni we wabaye indashyikirwa mu kugira abagore benshi mu
mateka y’Isi. Nk’uko byanditse muri Bibiliya, Umwami Salomo yari afite 700
abagore ndetse n’inshoreke 300. Abagore be benshi yagiye abashaka mu
rwego rw’ubutwererane n’ibihugu bitandukanye, aho yagiraga imigenderanire myiza
n’ibihugu by’abaturanyi.
2.
Fatafehi Paulah (Tonga)
Fatafehi Paulah, umwami
wo muri Tonga mu kinyejana cya 18, yashatse abagore 685. Ibi byerekana
ubushabasha yari afite mu bwami bwe, kandi yari afite ubushobozi bwo kugera ku
ntego ze. Umuryango wagize uruhare runini mu gukomeza ingoma ye no kurushaho
kwagura iki gihugu.
3.
Moulay Ismail (Morocco)
Moulay Ismail, umwami wa Morocco
wagiye ku butegetsi kuva mu mwaka wa 1672 kugeza mu 1727, yashatse abagore
500. Ibikorwa bye byashimangiye umuco w’ubwami bwa Morocco, kandi byari
bigamije kwagura ingoma ye. Abo bagore bose, babyaranye abana barenga 1000.
4.
Muhammad Bello (Nigeria)
Muhammad Bello, umuyobozi
w’umuryango wa Sokoto Caliphate mu gihugu cya Nigeria, yashatse abagore 300.
5.
Akuku Danger (Kenya)
Akuku
Danger, umuyobozi w’umuryango w’Abaluo wo muri Kenya, yashatse bagore 130 mu
buzima bwe. Akuku yari umuntu w’umuhanga kandi akagira ububasha mu guhuza
imiryango itandukanye, afite abana barenga 200. Kuba yaragize umuryango munini
byatumye amenyekana cyane mu mateka ya Kenya.
6.
Warren Jeffs (USA)
Warren Jeffs, umuyobozi
w’idini rya FLDS (Fundamentalist Church of Jesus Christ of Latter-day Saints),
yashatse abagore barenga 70.
7.
Brigham Young (USA)
Brigham Young, ni umunyapolitiki
akaba yarabaye n’umuyobozi wa kabiri w’idini rya ‘ Church of Jesus Christ of
Latter-day Saints,’ yashatse abagore 55.
8.
Joseph Smith (USA)
Joseph Smith, washinze
idini rya Latter-day Saints (Mormonism) muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika,
yashatse abagore 30. Uyu mupasiteri yashatse abagore benshi kugira ngo
ashyire mu bikorwa ibyari bikubiye mu nyigisho z’idini rye.
9.
Umwami Mswati III (Eswatini)
Umwami Mswati III uyoboye
igihugu cya Eswatini (cyahoze ari Swaziland), ni umwe mu bashatse abagore
benshi mu mateka. Kugeza ubu, afite abagore 16 yashatse mu buryo bweruye,
ndetse bashobora no kwiyongera.
10. Umwami Henry VIII (Ubufaransa)
Henry VIII, umwami w’Ubufaransa,
ni umwe mu bamenyekanye cyane kubera gushaka abagore benshi. Uyu mwami yashatse
abagore 6, ariko yagiye agarukwaho cyane kubera guhora mu bibazo bya
gatanya n’abagore be. Ibi byagize ingaruka ku mateka y’idini rya Kiliziya
Gatolika.
TANGA IGITECYEREZO