RURA
Kigali

Yakatiwe gufungwa azira kwambara ubusa mu ruhame no kubuza amahwemo abagore abasaba ko baryamana

Yanditswe na: ISHIMWE Walter
Taliki:18/02/2025 8:03
0


Umugabo witwa Rio Bunce w’imyaka 22, utuye mu gace ka Thames Street muri Oxford, yakatiwe igifungo cy’amezi 21 nyuma yo kwemera ko yakoze ibitero by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina ku bagore batandukanye mu ijoro rimwe.



Ibyo bitero byabereye mu bice bitandukanye byegereye Oxpens Road muri Oxford mu masaha yo ku mugoroba wa tariki 21 Werurwe 2024, bikaba byarateye ubwoba n’impungenge abaturage baho.

Mu rubanza rwabereye mu Rukiko rwa Oxford Crown Court, Bunce yemeye ibyaha bitatu byo guhohotera abagore n’icyaha cyo kwiyambika ubusa mu ruhame.

Nyuma yo kwemera ibyo byaha, Rio Bunce yakatiwe igifungo cy’amezi 21 ariko gisubitswe ku gihe cy’imyaka 2. 

Ibi bivuze ko atazafungwa niba atongeye gukora icyaha mu gihe cy’imyaka ibiri iri imbere. 

Nyuma y’uko ibi bitero bibaye, abaturage bo muri Oxford, by’umwihariko abatuye mu gace ka Oxpens Road, bari bahangayikishijwe n’umutekano wabo, ariko inzego z’umutekano zatangaje ko zigiye gukomeza gushyira imbaraga mu gukumira ibyaha nk’ibi.

Umuvugizi wa polisi ya Thames Valley Police yagize ati:
“Ibyabaye byateye ubwoba, ariko turashimira abagize uruhare mu gutuma ukuri kujya ahagaragara. Tuzakomeza gukorana n’abaturage mu rwego rwo kubungabunga umutekano.”







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND