RURA
Kigali

Akaliza w’imyaka 10 agiye kumurika impano ye muri Gen-z Comedy

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:17/02/2025 19:00
0


Umwe mu baramyi bato kandi b’abanyempano u Rwanda rwibitseho, Shimwa Akaliza Gaella w’imyaka 10 usanzwe ari n'umuririmbyi muri korali Injili Bora, yatumiwe ku nshuro ye ya mbere mu gitaramo cy'urwenya kizwi nka “Gen-z Comedy” aho azaganiriza urubyiruko iby'urugendo rwe n’indoto afite mu mwuga akora.



Shimwa Akaliza Gaella umwana muto ukora umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana azataramana n'abazitabira igitaramo cy'urwenya cya Gen-z Comedy kuri uyu Kane tariki ya 20 Gashyantare 2025 guhera Saa Kumi n'ebyiri z'umugoroba.

Ubwo yaganiraga na InyaRwanda, Umuyobozi wa Holy Room Group ifasha uyu mwana, Christian Abayisenga yasabye abantu bose kuzitabira kuko "bazagira ibihe byiza byo kubona impano itangaje Imana yahaye uyu mwana muto kandi ko na we afite urwenya azabasetsa cyane".

Akaliza agiye gutarama muri Gen-Z Comedy mu gihe aherutse gushyira hanze indirimbo nshya yitwa ‘Akira amashimwe’ yakunzwe na benshi aho ku rubuga rwa YouTube imaze kurebwa n'abarenga ibihumbi 109 mu byumweru bine gusa.

Ni indirimbo yasohokanye n'amashusho yayo, yagiye ahagaragara ku wa Gatandatu tariki ya 18 Mutarama 2025. Inyikirizo yayo iri mu ndimi eshatu; Ikinyarwanda, Igiswahili n'Icyongereza, ariko aho aririmba mu Kinyarwanda aragira ati: "Uwiteka yadukoreye ibikomeje natwe turishimye."

Muri iyi ndirimbo, Akaliza azamura amashimwe y'abo Imana yahaye agakiza, abo yahaye urubyaro, abo yakijije indwara, abo yahaye kwiga bagatsinda, abo yarinze bakabasha gusoza umwaka wa 2024, n'abo Imana yarinze guseba mu maso y'ababahigaga.

Uyu mwana ukiri muto mu myaka akagira impano idasanzwe, yamenyekanye asubiramo indirimbo z’abandi bahanzi mbere y’uko atangira gukora umuziki we.

Inyinshi mu ndirimbo yakoze ni iz'abandi yabaga yasubiyemo (Cover). Indirimbo zose yakoze ziri kuri shene ye ya Youtube yitwa Shimwa Akaliza Gäella, hakaba hariho n'ijambo ry'Imana abwiriza kuko asanzwe ari n'umuvugabutumwa bwiza bwa Yesu. Hejuru y'ibyo, Akaliza ni n'umuririmbyi muri korali yitwa Injili Bora ikorera umurimo muri EPR Gikondo/Karugira.

Shimwa Akaliza Gaella avuka mu muryango w'abana 3 akaba ari we mfura. Ni umukobwa, abandi bavandimwe be babiri ni abahungu. Yatangiye kuririmba afite imyaka 3 y'amavuko, atangira kuririmba muri Injili Bora ajyana na nyina. Yashyize hanze indirimbo ye ya mbere afite imyaka 6.

Ababyeyi ba Akaliza Gaella bamwifuriza "kuzaba umuririmbyi ukomeye wubaha Imana kandi uca bugufi". Arakataje mu muziki aho akomeje gushyira hanze indirimbo zikora ku mitima ya benshi.

Si Akaliza gusa, kuko n’abanyarwenya ‘Nzovu na Yaka’ bazasusurutsa abazitabira iki gitaramo. Ntawashidikanya ko umwaka ushize ndetse n’uyu mwaka wa 2025, aba banyarwenya bakaba n’abakinnyi ba Filime ari bo ba mbere batanze ibyishimo ku banyarwanda n’ubwo babayeho ubuzima budahwanye n’ibyishimo batanga.

Biteganijwe ko abanyarwenya barimo Pirate, Muhinde, Isacal, Lucky Baby, Salisa n'abandi bagiye guhurira mu gitaramo cy'Urwenya cya Gen-Z Comedy cya kabiri cya Gashyantare.

Aba banyarwenya bamaze igihe kinini bigaragaza muri ibi bitaramo, ndetse buri umwe atera urwenya ashingiye cyane ku ngingo zigezweho, ubundi akameza abakunzi be.

Ibihangano by’aba banyarwenya bitambuka ku rubuga rwa Youtube rwa Gen-Z Comedy, bituma buri wese abasha kwihera ijisho uko igitarano cyagenze.

Iki gitaramo kizabera muri Camp Kigali ku wa Kane tariki 20 Gashyantare 2025, kizayoborwa na Fally Merci watangiye ibi bitaramo bimaze kumenyerwa nk'Iseka Rusange.

Ibitaramo bya Gen-Z Comedy byaherukaga kuba mu ijoro ryo ku wa Kane tariki 6 Gashyantare 2025, aho cyari cyitabiriwe n'ibihumbi by'abiganjemo urubyiruko n'abandi bakunda kwidagadura binyuze mu rwenya.

Icyo gihe abanya-Kigali n'abakunzi b'urwenya basekejwe n'Umunyarwenya Dr. Hilary Okello wo muri Uganda wari watumiwe, n'abandi banyarwenya barimo 'Pirate, Isacal, Kadudu, Rumi, Umushumba, Lucky Baby, Dudu, Joseph, Eric w'i Rutsiro n'abandi.

Umuhanzikazi Barbara Teta ukoresha izina rya Babo, yari umwe mu batumiwe mu gace kazwi nka 'Meet Me Tonight.’

Muri Gen-Z Comedy, abanyarwenya bose berekana ko baba bateguye urwenya rwo gusetsa abakunzi babo n'ababa bitabiriye muri rusange, maze abafite imbavu bagaseka kakahava.


Ibitaramo bya Gen-z Comedy byaherukaga mu ntangiriro z'uku kwezi bigiye kongera kuba


Umwana muto wiyeguriye umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana, Akaliza Gaella agiye kumurika impano ye muri Gen-z Comedy

Ni igitaramo cyanatumiwemo Nzovu na Yaka

Abasanzwe bamufasha basabye abazitabira kwitegura kubona impano itangaje Imana yahaye uyu mwana

Yatangiye kuririmba afite imyaka itatu none ubu arakataje muri uru rugendo

Si umuririmbyi gusa ahubwo ni n'umuvugabutumwa ukomeye

Kanda hano urebe indirimbo Akaliza Shimwa Gaella aheruka gushyira hanze







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND