RURA
Kigali

Jannik Sinner yahagaritswe amezi atatu nyuma yo kwemera ko yifashishije imiti itemewe mu mikino

Yanditswe na: ISHIMWE Walter
Taliki:15/02/2025 12:16
0


Jannik Sinner ufatwa nk'umukinnyi wa mbere ku isi muri Tennis, nyuma yo kwegukana Australian Open, yahagaritswe amezi atatu nyuma yo kwemera ko yifashishije imiti itemewe mu mikino.



Uyu mukinnyi w’Umutaliyani w’imyaka 23 yemeye iki gihano nyuma yo kumvikana na World Anti-Doping Agency (WADA), nyuma y’uko ibipimo bibiri byagaragaje ko yakoresheje iyi miti umwaka ushize.

Uyu mukinnyi usanzwe ari umwe mu batwaye Grand Slam eshatu yahise asubika ibikorwa bye byo gukina kuva kuwa 9 Gashyantare kugeza kuwa 4 Gicurasi, ariko azaba yemerewe kwitabira irushanwa rikomeye rya French Open rizatangira kuwa 19 Gicurasi uyu mwaka.

WADA yatangaje ko yemeye ibisobanuro bya Sinner aho yavuze ko yandujwe bitamuturutseho n’umuganga we wamuhaye umuti urimo Clostebol, mu gihe bari mu myitozo yo kumufasha gukira imvune.

Nubwo byabaye atabizi, amategeko ya siporo avuga ko umukinnyi agomba kumenya ibyo akoresha, kabone n’iyo byaba byatewe n’abamufasha. 

Kubera iyo mpamvu, Sinner yahanishijwe guhagarikwa amezi atatu nk'uko biteganywa n’amategeko ya Court of Arbitration for Sport (CAS).

Nubwo ahagaritswe amezi atatu, Sinner azaba yemerewe gusubira mu kibuga muri French Open izatangira kuwa 19 Gicurasi. Ibi bivuze ko afite amahirwe yo guhatana mu marushanwa akomeye bizamufasha kudatakaza imyanya myiza mu ATP Rankings.

Iki gihano kije nyuma y’aho Sinner yegukanye Australian Open umwaka ushize, ari nako yakomezaga kwitwara neza mu marushanwa akomeye. 

Nubwo ibyo yagezeho bitatewe na doping, iki kibazo kiraza gukoma mu nkokora urwego rwe rw’imikinire

Yanicck Sinner yahagaritswe amezi atatu kubera gukoresha imiti itemewe mu mikino






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND