Celtic yatsindiwe mu rugo na Bayern Munich ibitego 2-1 mu mukino wa mbere wa UEFA Champions League knockout play-off, uba umukino wa mbere batsindiwe mu rugo kuva mu Ukuboza 2023.
Ikipe yo muri Scotland yari ikinnye umukino
wa mbere wo gukuranamo muri Champions League mu myaka 12 ishize, yihutira
kwerekana inyota yo gukomeza ubwo Nicolas Kuhn
yateraga ishoti rikomeye akinjiza igitego nyuma y'amasegonda 25 gusa umukino
utangiye, ashyira mu kababaro Manuel Neuer
wari mu izamu rya Bayern.
Icyakora
ibyishimo by’abafana ba Celtic byahindutse agahinda mu kanya gato kuko
umusifuzi yatesheje agaciro icyo gitego bitewe n'uko Adam
Idah yari ahagaze mu murongo w’izamu bikabangamira Manuel
Neuer kubona umupira neza.
Vincent
Kompany utoza Bayern Munich
yahise yongera icyizere ku bakinnyi be, maze batangira gusatira bikomeye. Kasper Schmeichel, umunyezamu wa Celtic, yaruhijwe no
guhagarika imipira ikomeye ya Michael Olise
na Harry Kane, ariko yitwara neza ku
nshuro ya mbere.
Ubwugarizi bwa
Celtic bwakomeje kurwana ku izamu ryayo kugeza ubwo ku munota wa nyuma w’igice
cya mbere, Michael Olise yihagazeho atera
ishoti rikomeye ry’ukuguru kw'ibumoso, umupira uca hirya gato ya Schmeichel
ujya mu rushundura, yinjiza igitego cya mbere cya Bayern Munich.
Ntibyatinze,
kuko mu minota 4 y’igice cya kabiri, Harry Kane
yongeye kubabaza abafana ba Celtic atsinda igitego cya kabiri nyuma yo
gusigarana umupira wenyine imbere y’izamu, awutera neza mu izamu rya
Schmeichel, aba agejeje ibitego 29 mu marushanwa yose uyu mwaka.
Nubwo Celtic
yagerageje gusatira ishaka kwishyura, yabuze amahirwe yo kubona penaliti nyuma
y'uko Dayot Upamecano akiniye nabi Arne Engels mu rubuga rw'amahina, ariko umusifuzi Jesús Gil Manzano akemeza ko nta cyabaye.
Gusa abafana ba
Celtic barongeye bahaguruka ubwo Daizen Maeda
yatsindaga igitego ku munota wa 80, akoresheje umutwe nyuma yo kwinjirana neza
koruneri ya Engels. Iki gitego cyagaruye icyizere mu minota ya nyuma y’umukino.
Celtic yakomeje
gusatira ishaka kwishyura ariko Bayern Munich ikomeza kwihagararaho, maze
umukino urangira ari ibitego 2-1. Bayern Munich yegukanye intsinzi ya
gatanu yikurikiranya mu marushanwa yose, mu gihe Celtic
yahagarikiwe umuvuduko w’imikino itatu yari imaze itsinda.
Aya makipe
azongera guhatana mu mukino wo kwishyura uzabera mu Budage mu cyumweru gitaha,
aho Celtic izaba ikeneye gutsinda ku
buryo buhebuje kugira ngo ikomeze mu cyiciro gikurikiraho.
Harry Kane yafashije Bayern Munich kuva muri Scotland
Ku rundi ruhande Feyenoord
yitwaye neza itsinda AC Milan
igitego 1-0, biyihesha amahirwe yo gukomeza mu cyiciro gikurikira. Iyi ntsinzi
yabaye iya mbere kuri iyi kipe yo mu Buholandi mu mikino yo gukuranamo muri
Champions League kuva mu mwaka wa 1984/85.
Ikipe ya AC Milan yari yizeye ko Santiago Giménez, uwari umusatirizi wabo wavuye muri Feyenoord mu kwezi kwa Mutarama, azababera igisubizo, ariko byarangiye atagize icyo abamarira muri uyu mukino wabereye kuri De Kuip Stadium.
Mu by’ukuri, ni na we watanze icyuho ubwo Igor Paixão
yinjizaga igitego hakiri kare ku munota wa kane w’umukino. Paixão yinjiranye
umupira awukatira imbere, atera ishoti rikomeye Mike
Maignan ntiyabasha kuwugarura, umupira winjira mu rushundura.
Nyuma y’iki
gitego, AC Milan yatangiye gusatira ishaka
kwishyura ariko umunyezamu wa Feyenoord, Timon Wellenreuther,
yitwara neza akuramo imipira ikomeye ya Tijjani Reijnders
na João Félix. Icyakora, Feyenoord
yakomeje kwihagararaho, irinda izamu ryayo neza ndetse inakomeza kugerageza
uburyo bwo gushaka igitego cya kabiri.
Umukino warinze urangira Feyenoord yegukanye intsinzi 1-0, yuzuza imikino irindwi itsinze mu mikino 12 yakiriye amakipe yo mu Butaliyani. Iyi ntsinzi kandi yasize AC Milan itsinzwe umukino wa gatanu yikurikiranya n’amakipe yo mu Buholandi.
Aya makipe
azongera guhatana mu mukino wo kwishyura i San Siro
mu cyumweru gitaha, aho uzatsinda azahura na Arsenal
cyangwa Inter Milan mu kiciro gikurikira.
Feynood yihanangirije AC Milan
Pixaco yishyimira igitego yatsinze AC Milan
TANGA IGITECYEREZO