Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye ibikubiye muri politiki y’imisoro ivuguruye, nyuma y'uko ifashe icyemezo cyo kuvugurura ibijyanye no kwishyura imisoro itangwa mu gihugu, bizakorwa mu byiciro bitatu birimo kongera imisoro yari isanzwe, gushyiraho umusoro mushya no gushyiraho umusoro ku nyongeragaciro ku bicuruzwa bitari bisanzwe biwutanga.
Ibi
ni bimwe mu byemejwe n’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Mbere tariki
10 Gashyantare 2025, iyobowe na Perezida Kagame.
Icyiciro
cya mbere kigizwe no kongera umusoro. Ibi bivuze ko ibi bicuruzwa birebwa n’iri
zamuka, ari ibyari bisanzwe bitanga umusoro, ariko ukaba ugiye kwiyongera. Ibyo
birimo inzoga n’itabi.
Ikindi
cyiciro ni icy’ibicuruzwa bitari bisanzwe byishyura umusoro ku nyongeragaciro,
bitewe n’uko Leta yifuzaga ko byiyongera, bikarushaho gukoreshwa n’abaturage
benshi. Ibyo birimo nka telefoni ndetse n’ibindi bikoresho by’ikoranabuhanga.
Leta
y’u Rwanda kandi yashyizeho umusoro mushya utari usanzweho, wahawe izina rya
‘Digital Services Tax.’ Uyu ni umusoro uzajya ukatwa kuri serivisi
z’ikoranabuhanga, zikomoka hanze y’igihugu. Urugero ni nk’abishyura Netflix,
Amazon n’izindi serivisi ziri muri icyo cyiciro
Mu
kiganiro n'abanyamakuru kuri uyu wa Kabiri tariki
11 Gashyantare 2025, cyitabiriwe na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi,
uw’Ubucuruzi n’Inganda ndetse na Komiseri w’Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro, RRA
ndetse n’abahagarariye Urwego rw’Abikorera, PSF, hasobanuwe impamvu y’izi
mpinduka.
Minisitiri
w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa, yavuze ko kuvugurura politiki y’imisoro
bigamije gufasha Igihugu mu rugendo rw’iterambere.
Ati:
“Kugira ngo Igihugu gitere imbere hari imisoro iba igomba gukusanywa. Ubundi
ibihugu ku Isi biba mu byiciro bine, hari ibifite ubushobozi buri hasi biba
bigomba kubona imisoro nibura 16% by’ubukungu.”
Minisitiri
Murangwa avuga ko hari n’ibihugu usanga bifite ubushobozi bwisumbuyeho ariko
budahanitse, biba bigomba gukusanya nibura 19% by’imisoro mu gihe ibifite
ubukungu buciriritse ari 23% naho ibyateye imbere bigakusanya 38%.
Ati:
“Kugira ngo u Rwanda tuzamuke tugere ku gihugu gifite ubukungu buciriritse
bigomba kujyana n’imisoro dushobora gukusanya kugira ngo habeho ishoramari
ariko tunatange na serivisi zijyanye n’urwo rwego rw’iterambere twifuza.”
Minisitiri
Murangwa asobanura impamvu zo kuvugurura politiki y’imisoro, yagize ati:
“Impamvu twafashe iyi gahunda yo kongeza imisoro, ni isanzwe ijyanye no
gukusanya ubushobozi bwo gushyira mu bikorwa gahunda dufite ya NST2. Tumaze
amezi hafi umunani tubitegura kubera ko iyo tumaze kumenya ibyo dushaka
kugeraho biba ari ngombwa ko tunateganya gushaka uburyo bwo kubishyira mu
bikorwa.”
Yavuze
ko bakoze isuzuma basanga kugira ngo ibiteganyijwe kugerwaho bikorwe hari
ahashobora kongerwa imisoro cyangwa ibintu bishya bishobora gusoreshwa kugira
ngo ubwo bushobozi buboneke.
Ati: “Twararebye turasuzuma neza ubushobozi dufite tureba aho twanoza kurushaho
kugira ngo imisoro tubona yiyongere kandi nta musoro twongeje. Ikindi ni
ukureba imisoro twazana cyangwa twashyiraho mu gihe cya vuba n’indi misoro
tuzagenda dushyiraho mu myaka ikurikira.”
Minisitiri
Murangwa yavuze ko ibigiye gutangira gusoreshwa vuba, harimo amavuta cyangwa
ibindi byongera ubwiza. Ati: “Ntabwo yasoreshwaga ariko ubu turashyiraho 15%,
by’agaciro k’ayo mavuta ariko tuvuga ko amavuta ajyanye n’imiti, yandikwa na
muganga ntabwo azajya asoreshwa.”
Minisitiri
Murangwa yanavuze ko undi musoro abantu bazajya bishyura ari uko abafite
imodoka bazajya bazisorera buri mwaka.
Ati: “Buri mwaka, buri muntu wese ufite ikinyabiziga hari amafaranga azajya atanga,
aringaniye. Urugero ufite imodoka isanzwe azajya yishyura ibihumbi 50 Frw ku
mwaka, hanyuma abafite imodoka zisumbuyeho, hari azagenda yiyongeraho ariko
ntabwo ari menshi. Ayo mafaranga azadufasha gusana no kubaka imihanda.”
Yakomeje
avuga ko imodoka zikoresha amashanyarazi zitajyaga zisoreshwa ariko muri
politiki y’imisoro ivuguruye, mu 2029 zizatangira gusora.
Ati: “Imodoka zikoresha umuriro zirasonewe kugeza mu 2029. Turibaza ko
ikoranabuhanga rijyanye n’izi modoka rizaba ryarakuze, ibiciro byaramanutse.
Icyo gihe tuzashyiraho umusoro wa TVA kuri izo modoka.”
Yasobanuye
ko ku bijyanye n’inzoga, imisoro ireba inzoga zose zaba izizwi nka ‘Bierre’
cyangwa ‘Liquors’. Ati “Imisoro irareba inzoga kubera ko mu myaka ishize
twashyizeho umusoro tuwuvanye kuri 60% tugeza kuri 65% ariko izindi nka vin
ziri kuri 70%.”
Umusoro
ku itabi wavanwe ku 130 Frw ugera kuri 230 Frw ku ipaki y'itabi mu gihe itabi
rigurishwa ukwaryo riziyongeraho 36%.
Minisitiri
Murangwa abigarukaho yagize ati: “Itabi uko twarisoreshaga, twarisoreshaga mu
buryo bubiri, buri paki y’itabi twayishyuzaga amafaranga 130Frw, ubu tuzamuyeho
amafaranga 100Frw hanyuma tukongeraho undi musoro ujyanye n’agaciro k’itabi.”
Minisitiri
w’Ubucuruzi n’Inganda, Prudence Sebahizi, yavuze ko kuvugurura imisoro
bitazagira ingaruka mbi ku biciro ku masoko.
Ati: “Ubundi iyo umusoro wagiyeho ntabwo ari ngombwa ko uhita ugira ingaruka ku
biciro. Umusoro wonyine uzagira ingaruka ku biciro ni TVA kuko umusoro ku
nyongeragaciro ubundi wishyurwa n’umuguzi wa nyuma, ni ukuvuga ngo bishobora
kuba ngombwa ko rwiyemezamirimo ashobora guhita awongera ku giciro, bibaye
bitari biriho.”
Minisitiri
Sebahizi yavuze ko hari nk’ibicuruzwa bisanzwe bigurwa n’abafite amikoro ku
buryo kubizamurira umusoro usanga bitagira ingaruka ku bafite amikoro make.
Ati: “Hari n’imisoro yashyizwe ku bicuruzwa bigurwa na wa muntu wishoboye. Tuvuge
nk’ibyongera ubwiza, amavuta yanditswe na muganga ntabwo arebwa n’iyi misoro
ariko ushaka kugura amavuta yo kongera ubwiza azishyura imisoro. Icyo gihe
ibiciro bizazamuka ariko ntabwo bizabangamira imibereho y’Abanyarwanda muri
rusange.”
Minisitiri
Sebahizi yavuze ko gushyiraho imisoro mishya cyangwa kuzamura iyari isanzweho
biba bigamije kwishakamo ubushobozi nk’igihugu. Ati: “Uko twagira kose ntabwo
twagira Igihugu giteze amaboko kugira ngo kibone imfashanyo. Tugomba kugira
igihugu cyitunze, kuko ya mafaranga ajya mu isanduku ya Leta, arongera
akagaruka agafasha wa muturage.”
Minisitiri
Murangwa yaburiye abacuruzi bashobora kuzamura ibiciro bitwaje politiki
y’imisoro ivuguruye, ati: “Twese turi mu Gihugu. Icyo twasaba abacuruzi ni uko
bashyira mu gaciro, aho bitari ngombwa ntibazamure ibiciro. Hari aho tugenzura,
ntabwo tuzabirekera abacuruzi gukora ibyo bashatse, tuzafatanya na bo.”
Umuyobozi
Mukuru w’Urwego rw’Abikorera, PSF, Stephen Ruzibiza, yavuze ko mu gushyiraho
politiki y’imisoro ivuguruye, abikorera baganiriye na Leta, hakarebwa ku kuba
niba imisoro itazagira ingaruka ku bucuruzi cyangwa ibyo bakora.
Ati: “Ikindi nk’uko mwabibonye, imisoro myinshi ntabwo ihita ishyirwaho muri iki
gihe. Bagiye bayiha imyaka runaka izagenda ijyaho cyane cyane ku bikoresho
bikoreshwa mu nganda.”
Hatangajwe
ko kandi mu gihe iyi misoro yaba yubahirijwe, mu myaka itanu iri imbere, ku
misoro u Rwanda rukusanya hazaba hiyongereyeho miliyari 250 Frw.
Minisitiri w'Imari n'Igenamigambi, Yusuf Murangwa yatangaje ko kuvugurura politiki y'imisoro bigamije gufasha igihugu mu rugendo rw'iterambere
TANGA IGITECYEREZO