RURA
Kigali

U Rwanda mu bihugu bya mbere ku Isi byarwanyije ruswa ku kigero gishimishije

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:11/02/2025 12:13
0


Raporo ngarukamwaka igaragaza aho ibihugu bitandukanye ku Isi bihagaze mu kurwanya ruswa, yashyize u Rwanda mu bihugu bya mbere ku Isi mu guhangana n'iki kibazo gikomeje kumunga ubukungu.



U Rwanda rwaje ku mwanya wa 43 ku Isi mu bihugu 180 byarwanyije ruswa ku gipimo gishimishije mu Cyegeranyo cy'Ubushakashatsi Ngarukamwaka ku miterere ya Ruswa ku rwego rw'Isi, CPI 2024.

Ni ubwa mbere mu mateka, u Rwanda rugize uyu mwanya aho rufite amanota 57%. U Rwanda rwashyizwe ku mwanya wa gatatu ku Mugabane wa Afurika nyuma ya Seychelles na Cabo Verde, mu gihe ruri ku mwanya wa mbere muri Afurika y'Iburasirazuba. 

Mu 2023, u Rwanda rwari ku mwanya wa 49 n'amanota 53% mu gihe muri Afurika rwari urwa kane.

Ku Mugabane wa Afurika, u Rwanda ruri ku mwanya wa gatatu aho runganya amanota na Botswana.

Mu Burasirazuba bwa Afurika, Tanzania iri ku mwanya wa kabiri mu Karere n'iya 82 ku Isi mu gihe Kenya ari iya gatatu muri EAC ikaba iya 121 ku rwego rw'Isi.


U Rwanda rwaje ku mwanya wa 43 ku Isi mu kurwanya ruswa





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND