Kigali

Wabona uyirwaye ubyita ubwana bwiza! Byinshi kuri ‘Genophobia’ indwara yo gutinya imibonano mpuzabitsina

Yanditswe na: Ndayishimiye Fabrice
Taliki:11/02/2025 11:24
0


Genophobia ni imwe mu ndwara zo mu mutwe ishobora guterwa n’ibintu bitandukanye, aho uyirwaye atinya cyane ndetse akagendera kure ibijyanye no gukora imibonano mpuzabitsina.



Gukora imibonano mpuzabitsina ni kimwe mu bikorwa by’ibanze ku bashakanye, dore ko gikomeza urukundo hagati yabo ndetse kikanafasha mu kwagura umuryango nk’imwe mu ntego nyamukuru zo gushinga urugo.

Aha birumvikana ko byaba ari ikibazo gikomeye ku muntu waba urwaye indwara imubuza gukora imibonano mpuzabitsina, kuko byanagorana ko hari uwakwemera ko bamarana ubuzima bwabo nk’umugore n’umugabo mu gihe yaba afite icyo kibazo.

Urubuga Healthline.com rukunze kuvuga ku buzima, ruvuga ko ‘Genophobia’ ari indwara itera uyirwaye gutinya cyane imibinano mpuzabitsina, ku buryo unagerageje kumuganisha muri iyo nzira ahangayika bikomeye, akadagadwa nk’utunzwe imbunda ya MG42.

Mu mpamvu zishobora gutera iyi ndwara harimo kuba umuntu yaba yarigeze guhohoterwa nko gufatwa ku ngufu, gutinya uko yakwitwara mu gikorwa(kuba nta cyizere yifitiye), gusa hari n’igihe uyirwara nta na kimwe muri ibi cyakubayeho, bikagorana kumenya icyayiteye.

Niba utinya imibonano mpuzabitsina ku rwego rudasanzwe ugirwa inama yo kugana abaganga bakagufasha, kuko bishobora kuba bibi cyane ku buryo byanakwicira ubuzima.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND