Kigali

Iravurwa kandi igakira! Menya byinshi ku ndwara yo 'gupfa uhagaze'

Yanditswe na: Ndayishimiye Fabrice
Taliki:6/02/2025 14:24
0


Benshi bakunze kubivuga nk'igitutsi akenshi ku muntu batakarije ikizere cy'ubuzima, gusa indwara ya Cotard Syndrome ibaho ndetse ishobora kuvurwa igakira.



Hashobora kuba hari umuntu wigeze kubikubwira cyangwa kumva uvuga ati:”Uriya we yapfuye ahagaze!”

Kenshi umuntu bavuga ko yapfuye ahagaze kuko baba babona asa n’uwangiritse bikomeye akenshi bavuga mu mutwe, ku buryo usanga ntacyo amariye sosiyete cyangwa nawe ubwe ntacyo yimariye.

Gusa ani bake bazi ko hari indwara umuntu ashobora kurwara ku buryo yumva ko yapfuye, akabyizera koko, nubwo aba atapfuye bya nyabyo.

Iyi ndwara yitwa ‘Cotard Syndrome’ mu rurimi rw’Icyongereza, niyo twagerageje gushakira izina ry’ikinyarwanda tuyita indwara yo 'gupfa uhagaze'.

Nk'uko tubikesha Washington Post mu nkuru ya Meeri Kim, Cotard Syndrome ni indwara yo mu mutwe aho uyirwaye aba yumva yarapfuye, atariho cyangwa se akumva hari igice cy’umubiri yatakaje. Rimwe na rimwe hari n’abajya kure bakumva ko n’Isi ubwayo itariho.

Aha igikurikira ni uko uwarwaye iyi ndwara cyangwa se wapfuye ahagaze, atangira kutarya kuko nta mpamvu yo kurya warapfuye. Ibi bishobora gutuma inzara ubwayo imwiyicira.

Ntabwo agarukira aha kandi kuko ahagarika ibikorwa byose, agatangira kwiberaho nyine nk’uwapfuye. Aha bikururira umuntu ibirimo kwigunga no kuba yagerageza kwiyahura, dore ko bamwe baba bumva bataribupfe kuko n’ubundi bapfuye.

Ese iyi ndwara iterwa n’iki!?

Iyi ndwara ishobora guterwa n’ibintu bitandukanye gusa byose bishingira ku bibazo byo mu mutwe. Aha harimo agahinda gakabije(depression), indwara ya Dementia aho umuntu atakaza ubushobozi mu gutekereza no kwibuka ndetse n’ibindi.

Abahanga bagaragaza ko inzobere mu kuvura indwara zo mu mutwe, urwaye iyi ndwara bashobora kumukoraho rikaka, akaba yagaruka i buntu, icyo we afata nko kuzuka.

Bwa mbere humvikana iyi ndwara ku Isi, hari mu 1988 ubwo umuganga w’umufaransa Jules Cotard yayivugagaho bwa mbere.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND