Ibihugu icumi byo muri Afurika birangajwe imbere na Afurika y’Epfo byashyizwe ku rutonde rw’ibihugu bikataje mu guhuza ikoranabuhanga n’imibereho y'abaturage kurusha ibindi ku Isi.
Imibereho igendanye n'ikoranabuhanga muri Afurika ipimwa hashingiwe kuri interineti ihari n’umutekano
wayo, ibikorwaremezo bijyanye n’igihe, n’uko abatuye uyu mugabane babasha
kugera kuri tekinoloji. Ibi, bigira uruhare runini mu kongera amahirwe menshi ashingiye
ku bukungu, imiyoborere myiza n’imibereho myiza y’abaturage muri rusange.
Nubwo bimeze bitya ariko,
usanga abatuye mu bice by’icyaro batabona uko bakoresha interineti ku kigero
cyiza, ndetse batanafite ubumenyi buhagije ku ikoranabuhanga. Ibi bigabanya
amahirwe yo kwiga, gukora ubucuruzi, no mu birebana no kwagura ubukungu
n’imibereho.
Uyu munsi Abanyafurika
benshi baracyafite ikibazo cya interineti igendera ku muvuduko uri hasi cyane
kandi nayo bakayibona ku giciro gihanitse, ibikomeje kubabuza amahirwe yo
kugera kuri serivisi z'ingenzi zikorerwa ku ikoranabuhanga nk'izirebana na
banki, ubucuruzi, ubuvuzi n'ibindi.
Ubushakashatsi bwiswe ‘The
2024 Surfshark Digital Quality of Life Index (DQL)’ bwakorewe mu bihugu 121
hashingiwe ku nkingi eshanu z’ingenzi zirimo uko abantu bashobora kubona
interineti, ubuziranenge bwa interineti, ibikorwaremezo bishingiye ku
ikoranabuhanga, umutekano w’ikoranabuhanga, n’uko ikoranabuhanga rihagaze muri
Guverinoma.
Nk’uko iyi raporo
ibigaragaza, ibihugu by’Uburayi nibyo byiganje mu myanya 10 ya mbere, mu gihe
18 mu bihugu 50 bya mbere byashyizwe kuri uru rutonde ari ibiherereye hanze y’uyu
mugabane.
Igihugu cyo muri Afurika
cyaje hafi kuri uru rutonde ni Afurika y’Epfo yaje ku mwanya wa 66, aho iri ku
mwanya wa mbere ku Isi mu bihugu bikataje mu ikoranabuhanga. Yakurikiwe na
Maroc iri ku mwanya wa 69 ndetse na Mauritius iri ku mwanya wa 77 ku Isi.
Umwaka ushize mu bijyanye
n’umutekano w’ikoranabuhanga, Raporo izwi nka Global Cybersecurity Index (GCI)
2024 yagaragaje ko u Rwanda rwaje mu bihugu by’intangarugero (Tier 1) mu kugira
amanota ari hejuru ya 95%.
Yerekanye ko u Rwanda rufite
amategeko arengera amakuru bwite y’abaturage (data protection) no gukumira
ibitero ku makuru yihariye, intambwe ikomeye mu gutuma abaturage n’ibigo
bakomeza kwizera umutekano wabo mu gihe bari gukoresha ikoranabuhanga.
Hashingiwe ku byavuye mu
bushakashatsi bwa DQL, ibi ni byo bihugu 10 byaje mu myanya ya hafi ku Isi mu
kugira imibereho yisanisha cyane n’ikoranabuhanga:
Rank |
Country |
DQL global rank |
1 |
South Africa |
66 |
2 |
Morocco |
69 |
3 |
Mauritius |
77 |
4 |
Egypt |
79 |
5 |
Tunisia |
82 |
6 |
Ghana |
88 |
7 |
Kenya |
89 |
8 |
Angola |
91 |
9 |
Senegal |
93 |
10 |
Ivory Coast |
94 |
TANGA IGITECYEREZO