Kigali

Hakizimana Muhadjir yishongoye kuri Muhire Kevin -VIDEO

Yanditswe na: ISHIMWE Walter
Taliki:1/02/2025 12:02
0


Hakizimana Muhadjir yongeye gushimangira ko ari umukinnyi mwiza kurusha abandi banyarwanda bose harimo na Muhire Kevin, gusa avuga ko ibyo akina habuzemo umuvuduko kugira ngo abe umukinnyi ukomeye ku Isi.



Nk’uko asanzwe abishimangira ko nta mukinnyi umurusha gukina umupira w’amaguru hano mu Rwanda, Hakizimana Muhadjir yongeye kubigarukaho mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda gusa avuga ko umupira azi haburamo akantu gato cyane kari gutuma aba umukinnyi ukomeye wari kwisanga no mu makipe akomeye mu Bwongereza.

 Ubwo yaganiraga na InyaRwanda, Hakizimana Muhadjir yagarutse ku ngingo akunda gushimangira ko ariwe mukinnyi mwiza mu Rwanda.

InyaRwanda yamubajije niba yakwigereranya ku bwiza bwa Muhire Kevin, Kapiteni wa Rayon Sports, maze asubiza avuga ko ari  mwiza ariko mu Rwanda ntawe umurusha ubwiza n’ubuhanga bwo mu kibuga.

Ubwo yagarukaga kuri Muhire Kevin, Hakizimana Muhadjir yagize Ati” Muhire Kevin hari ibintu turushanwa. Kevin ni umukinnyi mwiza ariko simbara ko akina nimero 10 kuko iyo ugiye mu bihe byashize yari nimero 8. Ni umukinnyi mwiza bigoye kumwambura umupira kandi ni umuyobozi''.

InyaRwanda yabajije Muhadjir kuba yakwigereranya na Muhire Kevin, maze akomeza ati “ Njyewe umupira nkina ntabwo usanzwe kandi sinkubesha ndetse sindi kwirata. Iyo nicaye njya nibaza ngo Imana iyo iza kunyongerera ku muvuduko mfite ubundi ikandekera ubumenyi bw’umupira mfite nari kwisanga muri za Manchester.

Ntabwo Imana yaguha ibintu byose ariko ibyo yampaye ndicara nkareba nkabona nta mukinnyi undusha umupira , ntawe nzi''.

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND