Kigali

Perezida wa Kenya yahishuye akayabo bishyuye ngo bakire Grammy Awards

Yanditswe na: Niyigena Geovanie
Taliki:10/12/2024 13:00
0


Perezida wa Kenya, William Ruto yatangaje ko igihugu cyamaze kwishyura Recording Academy Miliyoni 500kshs ubwo ni ikuvuga Miliyari 5 z'Amafaranga y'u Rwanda kugira ngo bazakire itangwa ry'ibihembo bya Grammy.



Ejo ku wa Mbere tariki 09 Ukuboza 2024, Perezida wa Kenya, William Ruto yatangarije mu nama yabereye Kenyatta International Convention Center (KICC) ko igihugu cye cyamaze kwishyura Miliyoni 500 z'Amashilingi kugira ngo bazemererwe kwakira ibirori bya Grammy Awards.

Mu ijambo rye, Perezida William Ruto yagize ati “Twamaze kwishyura ntabwo tuzishyura. Twishyuye Miliyoni 500 Kshs kandi ndizera ko bariya bagabo bo muri Grammy bazatwemerera.”

Ni kenshi umuyobozi wa Recording Academy yagiye aza mu Rwanda mu biganiro byari bigamije gushaka uko u Rwanda rwakwakira ibi bihembo bifatwa nk’ibya mbere bikomeye ku Isi ndetse n’ibitangazamakuru bikomeye ku Isi bikandika ko u Rwanda ari kimwe mu bihugu bihabwa amahirwe yo kubyakira .

Nyamara nubwo ari ishema ry'abaturage bo muri Kenya muri rusange, bamwe mu baturage barakaye cyane bavuga ko yananiwe kubaka Stade zo kwakiriraho irushanwa rya CHAN none akaba yarishyuye ako kayabo kose kugira ngo bakire ibihembo bya Grammy.

U Rwanda nirwo ruhabwa amahirwe yo kuzasimbura Kenya bakakira imikino y’irushanwa rya  CHAN hamwe na Tanzania na Uganda kuko Kenya ntabikorwa remezo bihagije ifite kugeza ubu kandi n'igihe ntarengwa yahawe  kikaba gishobora kurangira  bitarubakwa ku rwego rukenewe.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND