Kigali

Imaze imyaka 43 igaragaye ku Isi! Umunsi Mpuzamahanga wo kurwanya SIDA wasanze ubwandu bushya bwiganje mu rubyiruko

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:1/12/2024 16:25
0


Minisitiri w'Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana ari mu bitabiriye umuhango wo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga wo kurwanya SIDA wizihirijwe ku rwego rw'Igihugu mu Karere ka Rubavu kuri Kivu Intare Arena, ukaba ari umunsi usanze u Rwanda rwishimira ko ubwandu bushya bwa Virusi itera SIDA bwagabanyutse ku buryo bugaragara.



Ni umunsi abayobozi mu nzego za Leta n’abafatanyabikorwa bayo, imiryango itari iya leta, abikorera, abaharanira uburenganzira bwa muntu n’abandi bahurira hamwe bakareba umusaruro ukomeje gutangwa n'ingamba zashyizweho mu kurwanya icyorezo cya SIDA.

Buri mwaka, tariki 1 Ukuboza, Isi yose yizihiza Umunsi Mpuzamahanga wo kurwanya SIDA. U Rwanda ruwizihije ku nshuro ya 36, ariko hashize imyaka 43 umurwayi wa mbere wa SIDA abonetse mu Isi. 

Kuri uyu munsi wo kurwanya SIDA, Abanyarwanda basabwa kugira uruhare mu kwipimisha kugira ngo bamenye aho bahagaze, kwitabira no kumenyekanisha uburyo bwizewe bwo kwirinda SIDA burimo kwifata no gukoresha agakingirizo.

Buri wese kandi asabwa kurwanya akato n’ihezwa bikorerwa abafite Virusi itera SIDA no kugira uruhare mu kuvuganira abantu bose bakeneye kugerwaho na serivisi zo kurwanya SIDA.

Ni umunsi usanze u Rwanda ruhagaze neza mu kurwanya Icyorezo cya SIDA, aho imibare igaragaza ko nibura abantu bagera ku bihumbi 230 bafite Virusi itera SIDA. Muri abo, ababizi ko bafite iyo virusi ni 95%. Ku rundi ruhande ariko, ababizi ko bafite iyo virusi ntabwo ari ko bose bafata imiti igabanya ubukana kuko bageze ku kigero cya 98%.

Mu butumwa yatanze, Minisitiri Dr.Sabin Nsanzimana yavuze ko urugamba rwo kurwanya icyorezo cya SIDA ari urwa bose kandi rukomeye kuko kiri mu bitwara ubuzima bw'Abanyarwanda.

Yavuze ko mu bantu 100 bapfa ku munsi, nibura 7 baba bazize SIDA. Ni mu gihe abantu bandura SIDA ku munsi ari 9 kandi abenshi ari urubyiruko.

Ati: "Abantu 7% bazira SIDA mu bapfa ku munsi, bisobanuye ko SIDA ikiri ikibazo. Turacyahangana n'ikibazo gikomeye nubwo iyo ndebye mu myaka 10 ishize, byari bikubye Gatatu. Icyo gihe bari abantu 20%. Ariko iracyari imibare iri hejuru."

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima, RBC, igaragaza ko abagera kuri 3200 bandura Virusi itera SIDA buri mwaka. Abandura bashya biganje mu rubyiruko kuko nibura 35% by’abandura ni abafite munsi y’imyaka 25. 


U Rwanda rwizihije Umunsi Mpuzamahanga wo kurwanya SIDA ku nshuro ya 36


Minisitiri w'Ubuzima, Dr Sabin Nsazimana yavuze ko urugamba rwo kurwanya SIDA ari urwa bose






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND