Kigali

Byansabye gutegereza ijwi ry’Imana- Prosper Nkomezi akomoza ku ndirimbo yakubiye kuri Album ya kane

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:24/10/2024 10:39
0


Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Prosper Nkomezi yatangaje ko amaze igihe ari gukora kuri Album ye ya kane izaba iriho indirimbo nka ‘Warandamiye’ yashyize hanze mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Ukwakira 2024.



Atangaje ikorwa rya Album ye ya Kane nyuma y’uko muri Gicurasi 2024 yakoreye igitaramo gikomeye muri Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali, cyari kigamije kumurika Album ze ebyiri ‘Nzakingura’ ndetse na ‘Nyigisha’.

Mu kiganiro na InyaRwanda, Prosper Nkomezi yavuze ko iyi ndirimbo ‘Warandamiye’ yasohotse mu gihe amaze igihe ari gukora kuri Album ye ya kane. Ati “Album yo maze igihe ndi kuyitegura, kandi hari n’izindi zizagenda zisohoka mbere y’uko ijya hanze mu buryo bwose.”

Uyu muhanzi wamamaye mu ndirimbo nka 'Nzayivuga', 'Singitinya' n'izindi yavuze ko ateganya gushyira indirimbo umunani kuri iyi Album ye ya kane. Ati “Ntabwo zizarenga indirimbo umunani.”

Yavuze ko kubera ubufatanye afitanye n’abandi bahanzi, kuri Album hariho indirimbo yakoranye n’undi muhanzi. Ati “Hari izo tukiri gufatira amajwi, ntabwo ndibumuvuge ariko arahari, muzabona indirimbo yasohotse, ariko ubundi bidahindutse indirimbo izakurikiraho izaba ari iye. Ndaba imiziki myinshi cyane.”

Prosper Nkomezi yavuze ko Album eshatu amaze gushyira hanze zamuhaye umusaruro mu ivugabutumwa bituma ahora ashyize imbere gukora ibihangano byiza.

Ati “Utabonye ubuhamya bw’abo bantu ntabwo wakomeza, n’ubu turacyabona byinshi. Hari abantu bakizwa indwara, hari abantu baduha ubuhamya butuma tugira imbaraga nyinshi.”

“Ni ikintu gikomeye. Kubera ko indirimbo igera ahantu utazi ko wageze byahindutse ubuzima bwa benshi, birimo n’abanyamahanga batumvaga ikinyarwanda, ugasanga baratwandikira badusaba ibisobanuro by’indirimbo.”

Prosper Nkomezi yavuze ko mu ndirimbo ‘Warandamiye’ ‘navugaga ku rukundo n’imbabazi by’Imana’. Yavuze ko Imana yakuye abantu kure kuko ‘hari ahantu ugera ukumva ubuzima bw’umwuka burimo burapfa, ufite ubwoba bw’ubugingo ariko imbabazi z’Imana zikagusanganira, tukakubwira ngo mwana wanjye Baho’.

Ati “Icyo nashakaga kuvuga ni nko kurokoka. Yarandamiye mbona ubugingo bushya. Nta yindi Mana nziringira atari yo yahinduye amateka, y’amateka mabi, ndi muri rwa rwobo, irandamira impa ubugingo bushya.”

Uyu muhanzi yasobanuye ko mu ikorwa ry’ibihangano bye ntabwo ashyiraho igitutu ahubwo ‘ntegereza icyo Imana imbwira, icyo nkwiye guha abantu noneho nkabyitondera, nabona bigiye ku murongo nkabona kubiha abantu.’


Prosper Nkomezi yatangaje ko ari gukora kuri Album ye ya Kane, ni nyuma y’uko asohoye indirimbo ‘Warandamiye’


Nkomezi yavuze ko kuri Album hariho indirimbo yakoranyeho n’abandi bahanzi


 Nkomezi yasobanuye ko abanza kumva icyo Imana imubwira mbere y’uko akora ibihangano bye

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIIRMBO ‘WARANDAMIYE’ YA PROSPER NKOMEZI

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND