RFL
Kigali

Bella Kombo ukunzwe mu ndirimbo ‘Mungu Ni Mmoja’ agiye kongera gutaramira mu Rwanda

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:15/10/2024 12:25
0


Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Bella Kombo agiye gutaramira i Kigali ku nshuro ye ya mbere, binyuze mu gitaramo yatumiwemo n’umuramyi Eddy Muramyi azafatiramo amashusho y’indirimbo ze nshya.



Ni igikorwa yateguye kigamije gushyira akadomo ku ndirimbo zigize Album ye ya mbere yise ‘Rukundo’ kizabera mu Crown Conference Hall i Nyarutarama mu Mujyi wa Kigali.

Ni ubwa mbere uyu musore agiye gukora igitaramo nk’iki agamije gufatira amashusho indirimbo ze zinyuranye amaze igihe ari gutegura, mu gihe cy’imyaka ibiri ishize ari mu muziki.

Edyy Muramyi yabwiye InyaRwanda ko yatumiye Bella Kombo kubera ko ari umuramyi ugezweho muri Tanzania, kandi n'indirimbo zigaruriye cyane abatuye ibihugu byo mu Karere k'Afurika y'Iburasirazuba muri iki gihe kuva mu myaka ishize.

Ati "Ni umuntu nkunda, kandi nkakunda n'ibikorwa bye. Rero naramwegereye aranyemerera biba byiza rero ko yemeye ko tuzakorana mu gitaramo, aho tuzaririmbana indirimbo ye ndetse n'iyanjye, bikazamfasha kugira ngo umuziki wanjye urenge imbibi z'u Rwanda, ahubwo ube mpuzamahanga. Navuga ko ari umuntu ukomeye rero."

Bella Kombo agiye gutaramira i Kigali mu gihe aherutse gukorera ibitaramo mu bihugu bitandukanye birimo n'ibyo yakoreye iwabo yahuriyemo n'abarimo Jado Sinza & Esther Umulisa bo mu Rwanda ndetse n'abo muri Afurika y'Epfo.

Eddy Muramyi ati "Ni umuntu mbona ko hari byinshi nzigiraho. Bizaba ari ikintu gikomeye cyane." Yavuze ko uretse Bella Kombo yatumiye, hari n'undi muhanzi wo muri Afurika y'Epfo yatumiye bazataramana muri iki gitaramo yise "Rukundo Live Recording."

Eddy Muramyi avuga kandi ko uretse gutaramana na Bella Kombo hari n’indirimbo bazakorana ye, ndetse n’iyo bazasubiramo. Ati “Hari n’indirimbo tuzakorana yanjye bwite, ariko tuzafatanya no gusubiramo indirimbo ye ‘Ameniona’ ndetse anafashe gusubiramo indirimbo yanjye bita ‘Musaraba’.

Yavuze ko iki gikorwa cye kizaba guhera Saa kumi z’umugoroba, ku wa 13 Ukuboza 2024.

Bella Kombo yaherukaga mu Rwanda hagati ya 14-18 Kanama 2024 mu giterane cyiswe "Thanksgiving Conference" kizaba cyateguwe na Revival Palace Community Church Bugesera iyoborwa na Pastor Dr. Ian Tumusime. Ni ubwa mbere agiye gutaramira mu Mujyi wa Kigali.

Bella Kombo ni umuhanzikazi wavukiye muri Tanzania, akaba ari na ho atuye akanahakorera umurimo w'Imana. Yabonye izuba tariki 20 Gicurasi 1992. 

Yagerageje gukora umuziki usanzwe anitabira irushanwa ryo kugaragaza impano, nyuma yo kubona atabaye uwa mbere, abigiriwemo inama na nyina, yanzura gukora umuziki wa Gospel.

Ni umwana wo mu muryango w'ibyamamare kuko nyina, Jacqueline Wolper ari umwe mu banyamideli bakomeye mu gihugu cya Tanzania wanamamaye muri Sinema.

Ni umwuzukuru w'umunyapolitike ufite amateka akomeye muri Tanzania, Kombo Suleiman Kombo wabaye Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Tanzania.

"Alpha Omega" ni yo ndirimbo ye ya mbere bigaragara ko yageze kuri Youtube mu myaka 7 ishize. Ariko amakuru avuga ko indirimbo yise "Ninogeshe" ari yo yamwinjije mu muziki. 

Mu 2022 ni bwo yakoze indirimbo yise "Nifinyange" yakunzwe cyane, kuva ubwo atangira kumenyekana.

Amateka avuguruye yayandikiwe n'indirimbo ye "Ameniona" yakoranye Zoravo wataramiye mu Rwanda mu ntangiriro z'uyu mwaka mu gitaramo cya Jado Sinza uheruka kurushinga na Esther Umulisa.

Tariki 14 Mata 2024 ni bwo Bella Kombo yafunguriwe amarembo mu muryango w'ubwamamare mu muziki wa Afrika ubwo yashyiraga hanze indirimbo yise "Mungu Ni Mmoja" yaciye impaka mu muziki we.

"Mungu Ni Mmoja" ni indirimbo Bella Kombo yakoranye na Evelyn Wanjiru na Neema Gospel Choir. Mu mezi 6 gusa imaze kuri Youtube, imaze kurebwa n'abarenga Miliyoni 12, ibintu bigaragaza ko ishobora kuba indirimbo y'umwaka wa 2024 muri East Africa.

Eddy Muramyi yatangaje ko yakoranye indirimbo na Bella Kombo bazafatira amashusho mu gitaramo cye 

Eddy Muramyi yavuze ko yateguye iki gitaramo mu rwego rwo gufatira amashusho indirimbo zigize Album ye nshya

Bella Kombo agiye gutaramira mu Rwanda ku nshuro ye ya Kabiri nyuma ya Kanama 2024 aho yari yitabiriye igiterane cyabereye mu Bugesera

Bella Kombo yamamaye mu ndirimbo zamuhaye ikuzo muri iki gihe zirimo nka "Ameniona" na "Mungu Ni Mmoja" 


Igikorwa cyo gufata amashusho y'indirimbo zigize Album 'Rukundo' ya Eddy Muramyi kizaba ku wa 13 Ukuboza 2024

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘MUNGU NI MMOJA’


">KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘AMENIONA’






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND