RFL
Kigali

RGB yasabye abafite insengero zujuje ibisabwa zitarakomorerwa gutegereza bihanganye

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:14/10/2024 13:18
0


Urwego rw'Igihugu rw'Imiyoborere, RGB, rwasabye abafite insengero zashoboye kuzuza ibisabwa mu igenzurwa ryakozwe zikaba zitarakomorerwa gutegereza bihanganye, mu gihe iki gikorwa kikirimbanije.



Hari benshi mu bafite insengero zafunzwe mu gihe cy'igenzura rimaze iminsi rikorwa ku nsengero n'imisigiti mu Rwanda bamaze kuzuza ibyo basabwaga gukosora bibaza impamvu badakomorerwa ngo bongere guterana nk'ibisanzwe.

Umwe mu bibaza iki kibazo, ni uwiyita Fr. Edmond Marie Rudahunga Cyiza ku rubuga rwa X, wagize ati: “Iyi ni Kiliziya ya Paruwasi Mutagatifu Stanislas Ruyenzi, iya 3 mu nziza muri Kiliziya zose zo mu Rwanda. Kugeza ubu ariko irafunze nubwo kuva ku wa 30/08/2024, ikibazo cyari cyatumye ifungwa (amapave) cyakemutse. Dutegerezanye igishyika gahunda yo gufungurira abujuje ibisabwa.”

Mu gusubiza iki kibazo, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere rwasubije ruti: “Nyuma y’igikorwa cy’igenzura hazakurikiraho n’igikorwa cyo kureba niba ibyasabwe kubahirizwa byarashyizwe mu bikorwa bityo insengero zujuje ibisabwa zikomorerwe. Mwihangane mu gihe iki gikorwa kitararangira kandi igihe kizabera bizamenyeshwa abo bireba.”

Uru rwego ruherutse gutangaza ko mu Ukuboza 2023 rwahuye n’abahagarariye imiryango itari iya Leta ishingiye ku myemerere kuva ku rwego rw’Akarere, rubibutsa ko itegeko ryatangaga uburenganzira ryabahaga igihe cyo gukora ku nzego zo gukora ku bari badafite impamyabumenyi zisabwa ryarangiye muri Nzeri 2023.

Iryo tegeko ryateganyaga ko bashobora kuzuza ibindi ariko byagera ku by’impamyabumenyi ritanga imyaka itanu kuko bari bakeneye umwanya wo kwiga n’ibindi kandi yarangiye muri Nzeri umwaka 2023.

Muri Gicurasi 2024 kandi ngo RGB yandikiye abayobozi b’amadini bose ibasaba impapuro zerekana aho amashami yayo ari, amakuru ku bayayobora n’urwego rw’amashuri bafite ariko bose ntibashobora kubitanga.

RGB yagaragaje ko gufunga insengero, imisigiti na kiliziya bitujuje ibisabwa bitagamije guhonyora uburenganzira ku myemerere y’abantu ariko ko ahantu hasengerwa naho hakwiye kugira amategeko hubahiriza mu gusigasira umutekano w’abahasengera.

Yagaragaje ko ibyo inzu zisengerwamo zisabwa kuba byujuje byagenwe harebwa ibikenewe by’ibanze mu kubungabunga ituze, umutekano n’ubuzima bwiza by’abazikoreramo kandi ari uburenganzira bw’Umunyarwanda aho ari hose mu gihugu.

RGB igaragaza ko ahasengerwa hakwiye kuba hubahirije imyubakire y’aho haherereye kandi hari inzira n’imbuga ituma babona ubutabazi n’aho imodoka z’ubutabazi zanyura igihe bibaye ngombwa.

Ubugenzuzi bwakozwe bwagaragaje ko hari ibibazo bitandukanye birimo; Inyubako zitujuje ibisabwa n’amategeko y’imyubakire y’aho ziherereye, isuku itanoze, kutagira uburyo bwo kurinda urusaku no kutagira impamyabumenyi muri tewolojiya ku bayisabwa.

Hari kandi gusengera ahandi hantu hatemewe nko mu buvumo, mu mashyamba, mu migezi, mu misozi n’ahandi, kutagira icyemezo cya RGB kibemerera gukora nk’itorero no kutagira icyemezo cy’imikorere n’akarere aho bikenewe.

Ibyavuye mu ibarura rusange rya 2022 byagaragaje ko nibura Abanyarwanda 390,000 batagira idini, Abakirisitu Gatolika barenga miliyoni 5, bingana na 40% by’Abaturarwanda bose, ADEPR ifite 21%, Protestant 15%, Abadiventisiti 12%, Abayisilamu 2%, na ho abakiri mu myemerere gakondo bari munsi ya 1%.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND