RFL
Kigali

Maranatha Family Choir yakoresheje Miliyoni 10 Frw mu ndirimbo ishingiye ku muririmbyi wafunzwe-VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:11/10/2024 13:35
0


Itsinda ry'abaririmbyi Maranatha Family Choir rizwi cyane mu Itorero ry'Abadivantiste b'Umunsi wa Karindwi bashyize ahagaragara amashusho y'indirimbo bise "Komera" bashoyemo asaga Miliyoni 10 Frw.



Yagiye hanze ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki 10 Ukwakira 2024, ni nyuma y'iminsi yari ishize bayiteguje abakunzi babo. Iyi ndirimbo yabanje gushyirwa kuri Youtube ariko mu gihe gito ikurwaho ahanini bitewe n'uko bagize ikibazo mu bijyanye n'amajwi biba ngombwa ko bongera kuyisubiramo.

Kuyisubiramo muri studio byatumye hari ibihindukamo ariko bitari byinshi cyane mu bijyanye n'imicurangire, ariko kandi no mu buryo bw'amashusho (Video) hari ibyo Director Gad yahinduyemo.

Selemani Munyazikwiye uhagarariye Maranatha Family Choir yabwiye InyaRwanda ko bahisemo gusohora iyi ndirimbo ahanini bitewe n'ibihe abantu banyuramo.

Ati "Muri iyi si ntabwo ibintu bihora ari byiza. Bimwe bihora hasi, ibindi hejuru. Bumwe mu butumwa dufite ni ukugira ngo dukomeze abantu, kuko hari igihe wumva ngo umuntu yiyahuye, ukumva umuntu ngo yarari ku nzu aramanuka yikubita hasi..."

Yavuze ko iyi ndirimbo bagize igitekerezo cyo kuyandika bishibutse ku muririmbyi baririmbana muri Maranatha Family Choir watawe muri yombi mu minsi ishize ubwo yari mu kazi 'mu buryo bw'akarengane'.

Selemani ati "Ariko kubera ko dufite ubutabera, yaraburanye kandi urabizi ko iyo bagikora aba afunze, rero iperereza ryarakozwe arangije arafungurwa'.

Yavuze ko imibereho y'umuririmbyi wabo muri biriya bihe yanyuzemo, ari na byo byatumye batekereza gukora amashusho y'iyi ndirimbo bakayihuza no kwerekana ibihe byo gufungirwa muri Gereza, no kujya kwivuriza mu bitaro bitandukanye.    

Selemani ahamya ko iyi ndirimbo ishingiye kuri mugenzi wabo uherutse gufungurwa. Ati "Biri mu byatumye tugira igitekerezo cyo gushyira igice nka kiriya kigaragaza gereza. Harimo igice cy'umuntu urwaye, harimo igice kigaragaza umukobwa wabyariye iwabo, hanyuma bakamutererana, harimo igice cy'umuntu ukuze utereranwa n'umuryango, ingo zifitanye ibibazo n'ibindi."

Muri rusange, Selemani avuga ko bakora iyi ndirimbo bashakaga kubwira buri wese ko Imana ikora kandi ko nta munsi n'umwe yigeze itererana umwana w'umuntu. Basaba kandi buri wese guharanira kubana neza n'abandi, no kurangwa n'urukundo mu migirire yabo ya buri munsi.

Yavuze ko bitoroshye kumenya neza amafaranga batanze kuri iyi ndirimbo, ariko imibare ya hafi igaragaza ko bayitanzeho asaga Miliyoni 10 Frw. Ariko kandi asobanura ko ariya mafaranga yagezeho biturutse mu kuba barubatse gereza, hubakwa ibitaro, ndetse bashaka n'imyambaro iranga imfungwa.

Ati "Kubaka gereza twagira ngo nyine dutange ubutumwa bugaragara. Kuko uwo muvandimwe wacu yari afunze. Buriya iyo uvuga ibintu bigaragara, abantu barabyumva neza."

Akomeza ati "Twaravuze tuti reka twubake ibyo bitaro, ibyo bice bigaragaza urugo ruri gushwana, abantu bari mu rugo bafite umwana, urumva umwana aba ari guhura n'ibibazo kubera ababyeyi be bafitanye umwana."

Yavuze ko byafashe iminsi ibiri kugirango hubakwe gereza. Ni mu gihe ahubatswe ibitaro ari ahantu n'ubundi bafatiye amashusho mu rugo rw'umuntu wabatije. 

Selemani asobanura ko imyambaro iranga ifungwa yo byasabye ko bajya kuyidodesha mu Mujyi wa Kigali, kandi byafashe igihe gito cyane kugirango ibe irangiye.


Maranatha Family Choir yashyize hanze amashusho y’indirimbo ‘Komera’ ishingiye ku muririmbyi wabo uherutse gufungurwa


Maranatha Family Choir yatangaje ko yakoresheje arenga Miliyoni 10 Frw mu ikorwa ry’amashusho y’indirimbo ‘Komera’ ndetse bahaye akazi abantu barenga 50


Maranatha Family Choir yagaragaje ko bashyize imbere gukora indirimbo zihamagarira ubumuntu mu bantu

 

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘KOMERA’ YA MARANATHA FAMILY CHOIR

 ">

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE NA SELEMANI UYOBORA MARANATHA FAMILY CHOIR







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND