RFL
Kigali

Taylor Swift yanditse amateka mashya

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:6/10/2024 17:37
0


Taylor Swift yamaze kuba umuhanzikazi wa mbere ku Isi utunze agatubutse kurusha abandi, nyuma y'uko umutungo we utumbagiye nk'uko bishimangirwa na Forbes.



Taylor Swift yamaze kuba umuhanzikazi wa Mbere ku Isi utunze agatubutse kurusha abandi.

Ni umwanya agiyeho akuyeho Rihanna wari umaze igihe ayoboye nk'uko urubuga Forbes rubitangaza.

Kuri ubu Taylor Swift arabarirwa ko atunze asaga Miliyari $1.6, mu gihe Rihanna atunze arenga Miliyari $1.4.

Muri Mata uyu mwaka, nibwo Forbes Magazine izwiho gukora intonde ziganjemo izigaragaza umutungo ibyamamare bitunze, yatangaje Umuhanzikazi Taylor Alison Swift wamamaye nka Taylor Swift, ku rutonde rw’abaherwe batunze miliyari y’amadorali.

Uyu mukobwa yinjiye kuri uru rutonde nyuma yo gutangazwa mu ntangiro z’iki Cyumweru. Uyu mukobwa w’imyaka 34 yinjiye mu bagwizatunga nyuma y’imyaka 17, amaze atangiye umuziki.

Taylor Swift yinjiye kuri uru rutonde nyuma yaho mu 2023 yari afite umutungo wa miliyoni 600 z’amadolari. Umutungo we watumbagiye abikesha ibitaramo bizenguruka Isi bya ’Eras Tour’ aherutsemo hamwe na filime yabikozeho yitwa ’The Eras Tour Movie’ ndetse n’umuturirwa yagurishije yari afite mu Mujyi wa New York.

Forbes Magazine igaragaza ko umwihariko uyu muhanzikazi afite ari uko aya mafaranga yayakuye mu gucuruza umuziki we n’ibitaramo, bitandukanye na bagenzi be bari mu bahanzi 10 bakize ku isi.


Taylor Swift yicaye ku ntebe y'umuhanzikazi ukize kurusha abandi ku Isi 


Yamaze gutambuka kuri Rihanna wari umaze igihe kuri uyu mwanya





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND