RFL
Kigali

Bahereye mu muziki usanzwe nyuma baza kwitaba umuhamagaro! Ibyihariye ku itsinda rishya ‘Zoe Family’

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:1/10/2024 10:23
0


Jean Luc Ishimwe wamenyekanye mu muziki usanzwe mu myaka isaga irindwi ishize, ndetse wigeze no kuba umwe mu bafashwa na King James; nyuma yo kurushinga yatangije itsinda ry’umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana ahuriyemo n’umugore we Manishimwe Delphine.



Uyu mugabo w’imyaka 28 yabwiye InyaRwanda ko we n’umugore we itsinda bahuriyemo ryitwa Zoe Family, bivuga ‘Ubuzima’ mu Kinyarwanda, kuko ‘Imana yaduhaye ubuzima natwe twabuha abandi mu buryo butandukanye harimo no kuririmba indirimbo ziramya zigahimbaza Imana.’

Akomoza ku ntangiriro y’umuziki wabo nk’umugabo n’umugore, Jean Luc yagize ati: “Ntabwo twatangiye tuvuga ko tugiye kuba abahanzi ahubwo byaturutse ku muhigo twahigiye Imana ko niduha umwana tuzakora Album y'indirimbo. Rero ubu tugeze ku ndirimbo ya kabiri muri urwo rugendo rwo guhigura uwo muhigo.”

Yatangaje ko indirimbo bari gukoraho ziri kubatwara imbaraga nyinshi kuko baba bifuza gukora ibintu byiza, ariko kandi avuga ko nubwo bibahenda bitabaremerera kuko ari ikintu biyemeje mu rwego rwo guhigura umuhigo bahize.

Aherutse kuvuga ko we n’umugore we bose babanje kuririmba indirimbo zisanzwe ariko nyuma bakaza kugira umuhamagaro kuririmbira Imana.

Ati: “Njye n’umugore twese twabanje kuririmba indirimbo zisanzwe, na we aririmba muri Band. Yitabiriye amarushanwa ya East Africa’s Got Talent mu 2019, ariko buri umwe afite isezerano ry’Imana ko azayikorera , igihe kigeze Imana idukuruza urukundo rwayo, twinjira mu muhamagaro wayo.’’

Yavuze ko nyuma yo kuva mu kuririmba indirimbo zisanzwe Imana yaje kubaha izina rya Zoe, kandi rikaba atari iryo gukoresha mu muziki ahubwo ari iry’umuryango kuko Imana yabahaye ubuzima ndetse n’abazabakomokaho bose bifuza ko bazitaba umuhamagaro w’Imana kare batabanje guhuzagurika nk’uko bo byababayeho.

Kuri ubu, aba bombi bafite indirimbo nshya bise ‘Ukurikirana’ ikubiyemo ubutumwa bwumvikanisha ubudahangarwa n’imbaraga z'umugambi w’Imana ku buzima bwa muntu.

Jean Luc yongeyeho ko abantu bakimara kubakira nk’itsinda rishya mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, bahise babasaba gushyira imbaraga nyinshi mu kumenyekanisha ibihangano byabo kuko babikunze.

Mu rwego rwo kwagura ubwami bw'Imana, uyu mugabo yavuze ko bafite gahunda nyinshi harimo kuvuga ubutumwa bwiza ndetse no kuba bashyiraho umunsi bashobora guhura n’abantu bakaramya Imana, ‘imitima ikabohoka ariko tutaretse no gukomeza gusohora n’izindi ndirimbo Imana yadushyize ku mutima.’

Mu 2016 nibwo Jean Luc Ishimwe yatangiye kumenyekana mu muziki w’u Rwanda, aho yazamukiye mu irushanwa ryo kuririmba ryateguwe na King James binyuze mu mushinga “ID” ryabaye mu 2015. Icyo gihe yibandaga ku njyana zirimo RnB, Pop na Zouk.

Yamamaye mu ndirimbo zirimo “True Love’’ yahuriyemo na Bulldogg, “Uze Njye Nkomora’’ n’izindi zitandukanye. Mu 2019 nibwo yatangiye guca amarenga yo kuva mu muziki usanzwe, icyo gihe yakoze indirimbo yise “Ndihannye’’. Uretse kuririmba, akiri mu ndirimbo zisanzwe yaranabyinaga.

Zoe Family ihuriyemo Jean Luc n’umugore we ije yiyongera ku yandi ma ‘Couple’ aririmba umuziki wo kuramya Imana arimo iya Fabrice na Maya, Ben na Chance, Zabron na Deborah, James na Daniella, Amanda Fung na Kavutse Olivier babarizwa muri Beauty for Ashes na Prayer House, Manzi na Eunice na Papi Clever na Dorcas.


Itsinda rya Zoe Family rigizwe n'umugabo n'umugore biyemeje gutanga umusanzu wabo mu kwagura ubwami bw'Imana


Aba bombi babanje gukora umuziki usanzwe nyuma baza kwiyegurira uwo kuramya no guhimbaza Imana

Binjiye muri uyu muziki mu rwego rwo guhigura umuhigo bahigiye Imana  

Kanda hano urebe indirimbo nshya Zoe Family bise "Ukurikirana"

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND